Filime za Bahavu zigiye kongera gutambuka kuri Televiziyo

Cinema - 03/06/2026 8:05 AM
Share:

Umwanditsi:

Filime za Bahavu zigiye kongera gutambuka kuri Televiziyo

Sosiyete ya Bahafrica Entertainment Ltd yashinzwe n'umuvugabutumwa akaba n'umukinnyi wa filime Usanase Bahavu Jannet afatanyije n'umugabo we Fleury Legend, yasinyanye amasezerano y'imikoranire na Zacu TV azatuma zimwe muri filime z'uruhererekane bakoze zitangira kujya zitambuka kuri iyi televiziyo mu gihe cy'imyaka itatu iri imbere.

Aya masezerano yashyizweho umukono ku wa Kabiri tariki 2 Kamena 2026, hagati ya Bahafrica Entertainment Ltd na Zacu Entertainment, ikigo gicunga ibikorwa bya Zacu TV.

Ku ruhande rwa Zacu Entertainment, amasezerano yashyizweho umukono na Nsengumuremyi Valens, mu gihe Fleury Legend ari we wayashyizeho umukono ahagarariye Bahafrica Entertainment Ltd.

Mu butumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, Zacu Entertainment yatangaje ko yishimiye gutangira ubu bufatanye n'iki kigo gisanzwe kizwi mu gutunganya filime zakunzwe n'abatari bake mu Rwanda.

Bagize bati: "Twishimiye gusinyana amasezerano y'imikoranire na Bahafrica Entertainment Ltd, aho zimwe muri ‘series’ ndetse na filime zikorwa n'iki kigo ubu zigiye kujya zitambuka kuri Zacu TV uyu mwaka."

Bakomeje bavuga ko kuri bo ubufatanye ari inkingi ikomeye mu guteza imbere uruganda rw'imyidagaduro, bagira bati: "Kuri twe, ubufatanye ni urufunguzo rw'iterambere."

Mu kiganiro na InyaRwanda, Fleury Legend yavuze ko aya masezerano azamara imyaka itatu, ariko agaragaza ko atareba filime nshya bari gukora muri iki gihe, ahubwo areba izo bakoze mbere kandi zikaba zaratambutse ku rubuga rwabo rwa YouTube.

Ati: "Amasezerano twagiranye ni ayo gutambutsa kuri Zacu TV filime twakoze kandi zatambutse kuri YouTube yacu. Ni filime enye z'uruhererekane twakoze. Ni amasezerano y'imyaka itatu."

Fleury Legend yasobanuye kandi ko filime nshya Bahafrica Entertainment iri gutunganya ubu zitari muri aya masezerano, kuko hagamijwe gutanga amahirwe mashya ku bikorwa byabo byamaze kugera ku bakunzi ba cinema banyuze kuri YouTube. Ati: "Amasezerano avuga filime twakoze mbere kandi zanatambutse iwacu."

Si ubwa mbere filime za Bahavu zitambutse kuri Televiziyo, kuko filime ye 'Impanga' yajyaga itambuka kuri Televiziyo Rwanda. Ndetse, muri 2025, kuri Zacu TV hatambukaga filime 'My Father in Law'.

Bahafrica Entertainment ni imwe mu sosiyete zimaze kugira uruhare rugaragara mu iterambere rya cinema nyarwanda. Yashinzwe na Bahavu Jannet afatanyije n'umugabo we Fleury Legend, nyuma yo guhuriza hamwe ubunararibonye bwabo mu gukina no gutunganya filime.

Iki kigo kimaze gukora filime z'uruhererekane zakunzwe zirimo Bad Choice, Impanga Series ndetse na Urukundo rw'Inzitane, zose zakurikiwe cyane ku mbuga zitandukanye zirimo na YouTube.

Uretse gutunganya filime, Bahavu yanashyizeho ishuri rya cinema rigamije gufasha urubyiruko n'abandi bafite inyota yo kwinjira mu mwuga wo gukina no gutunganya filime.

Binyuze muri iri shuri, bamwe mu banyeshuri barangije amasomo yabo bahawe amahirwe yo kugaragara muri filime zakozwe na Bahafrica Entertainment, ibintu byabafashije gutangira urugendo rwabo muri cinema nyarwanda.

Amasezerano mashya hagati ya Bahafrica Entertainment na Zacu TV agaragaza uburyo ibigo bikorera mu ruganda rwa cinema bikomeje gushyira imbaraga mu kugeza ibihangano nyarwanda ku mubare munini w'ababikurikira, binyuze mu miyoboro itandukanye y'itangazamakuru.

 

Filime Usanase Bahavu Jannet yakinnyemo zamamaye zigiye gutangira gutambuka kuri Zacu Tv

 

Bahavu yakomeje izina rye binyuze muri filime y’uruhererekane ‘Impanga’, ‘Urukundo rw’inzitane’ n’izindi zamuhaye ijambo muri Cinema

 

Nsengumuremyi Valens wari uhagarariye Zacu Entertainment [Uri ibumoso] na Fleury Legend wari uhagarariye Bahafrica nyuma yo gushyira umukono ku msezerano



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...