Filime ya Ramsey nzayikinamo kuko igihe cyo kuyikora nikigera nzagaruka nkine-Miss Aurore

Cinema - 22/03/2015 2:53 PM
Share:

Umwanditsi:

Filime ya Ramsey  nzayikinamo kuko igihe cyo kuyikora nikigera nzagaruka nkine-Miss Aurore

Miss Rwanda 2012 Aurore Mutesi nubwo atabarizwa mu Rwanda ariko azakomeza gukina muri filime y’umunyanijeria Ramsey Nouah yitwa Brewered in a Rwandan pot.

Mugihe hari amakuru yari amaze iminsi atangazwa ko iyi filime Aurore Mutesi  azagaragaramo ari umwe mubakinnyi b’Imena bayo atakiyikinnyemo yatangaruje  inyarwanda.com ko umunsi batangiye kuyikora bakagera aho agomba kugaragara azaza agakina .Yagize ati: “ film nzayikinamo igihe nikigera ibikorwa byo kuyikina bitangiye aho nzaba nkenewe nzaboneka.

Miss Rwanda 2012

Aurore Mutesi Miss Rwanda 2012

Nkuko Ramsey Nouah yabitangaje ubwo yerekaga uyu mushinga bamwe mubayobozi b’ibigo bikomeye mu Rwanda akaba yaravuze ko izatwara akayabo ka miliyoni imwe n’igice y’amadolari 1,500,000$  ikaba kandi izakorwa n’abahanga mugukora ibya sinema baba muri Nijeria na Hollywood gusa ikazagaramo abakinnyi b’abanyarwanda na Nijeria ndetse ikazerekana umuco w’u Rwanda nuwo muri Nijeria.

Miss

Ramsey Nouah ubwo yaganirizaga abayobozi bibigo bitandukanye kubyerekeye iyi filime

Muri iyi filime Brewed in a Rwandan pot hagaragaramo a Ramsey  ari umushoranari wo mugihugu cya Nigeria uza mu Rwanda yahagera agakunda umukobwa w’umunyarwanda mwiza utazi icyongereza dore ko aba ari umuturage wicururiza amata.Uyu mukobwa ukina muri iyi filime akaba ari Miss Rwanda 2012 Mutesi Aurore aho akora ibintu byinshi bisekeje kandi byerekana ko ari uwo mugiturage nubwo aba yarakunzwe n’uwo muherwe kubera ubwiza yamubonanye.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...