Umushinga
we wa filime watsinze witwa “Capitaine Mbaye Diagne”. Ni wo wahawe inkunga nini
kurusha iyindi mu cyiciro cy’ikinamico ndende (production longs-métrages
fiction), aho watewe inkunga ya 90.000.000 FCFA (angana hafi na miliyoni 180
Frw). Ni umushinga yanditse, ugiye gushyirwa mu bikorwa ku bufatanye na Katy
Léna Ndiaye, washyizeho uruganda rwa sinema ‘Indigo Mood Films’.
Inkunga
yatanzwe na FOPICA ni igice cy’inkunga rusange yatanzwe ku mishinga 49
yatoranyijwe muri 213 yari yatanze ibisabwa mu mwaka wa 2023. Iyo mishinga
irimo ibyiciro bitandukanye nka filime ngufi n’ndende, filime mbarankuru (documentaires),
filime z’uruhererekane (series) ndetse n’imishinga y’amahugurwa
n’itangazamakuru.
“Capitaine
Mbaye Diagne” ni umushinga witezweho byinshi kuko ugaruka ku buzima bw’intwari
yo muri Sénégal, Capitaine Mbaye Diagne, wari mu butumwa bw’amahoro
bw’Umuryango w’Abibumbye (MINUAR) mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe
Abatutsi mu 1994.
Uyu
musirikare azwiho ubutwari bukomeye, aho yakijije ubuzima bw’abantu benshi mu
buryo butangaje, n’ubwo yatakarijemo ubuzima bwe ku wa 31 Gicurasi 1994. Yishwe
aguyei Kigali ubwo yari mu butumwa bwo gutabara abandi.
Joël
Karekezi azwi mu ruhando mpuzamahanga kubera filime ye “The Mercy of the
Jungle” yegukanye ibihembo bikomeye birimo n’icyatanzwe na FESPACO mu 2019.
Kuba yongeye kwitabira no gutsinda mu mishinga mpuzamahanga bigaragaza urwego
rwiza sinema nyarwanda iri kugeraho.
Gahunda
ya FOPICA, itangwamo inkunga mu bufatanye na Minisiteri y’Urubyiruko, Siporo
n’Umuco ya Sénégal, igamije kuzamura abahanzi bo mu karere, gutera inkunga
ibikorwa byabo ndetse no guha agaciro ibihangano bishingiye ku muco.
Hatanzwe
inkunga ku mishinga igamije guteza imbere gukora, guhanga no gusakaza
ibihangano bya sinema n’ibijyanye n’amashusho mu gihugu cya Sénégal.
FOPICA
ishimira abatsindiye iyo nkunga, kandi ibashishikariza gukomeza umuhate wo
gukora ibihangano bifite ireme, bishingiye ku muco n’imibereho y’aho batuye.
Ku
Wa 11 Werurwe 2023, nibwo Joël Karekezi yatangaje ko yatangiye kurambika
ibiganza ku mushinga mushya wa filime ivuga byihariye ku buzima
bw’umunya-Senegal Captain Mbaye Diagne warokoye benshi mu gihe cya Jenoside
yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ariko akaza kwicwa.
Kiriya
gihe, Joël Karekezi yabwiye RFI ko ari hafi kurangiza filime ye nshya ivuga
kuri Captain Mbaye Diagne warokoye benshi muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ati
“Ndi hafi kurangiza kwandika filime yanjye ikurikiraho. Ni impamo, ishingiye ku
buzima bw’umunya-Senegal Captain Mbaye Diagne wari mu Rwanda mu 1994 muri
Misiyo ya Loni mu Rwanda (UNAMIR) nk’indorerezi y’amasezerano ya Arusha. Icyo
gihe yari umusirikare. Muri icyo gihe, Ingabo za UN zavuye mu Rwanda mu gihe
hari ubwicanyi mu gihugu hose."
Akomeza
ati “Ariko we n'ubwo yari umusirikare wa Senegal mu butumwa bwa UN, yahisemo
kuhaguma atabara ubuzima bwa benshi. Yakijije abantu barenga 600, nta mbunda
ahubwo akoresheje ubumuntu. Yatanze ubuzima bwe, yicirwa mu Rwanda. Iyo niyo
nkuru. Nzayivugaho vuba aha."
Cpt
Mbaye yavukiye mu Mujyi wa Senegal muri Dakar mu 1958. Yarokoye Abatutsi benshi
bari bahungiye muri Hoteli Des Mille Collines.
Tariki
31 Gicurasi 1994, ni bwo Captain Diagne yiciwe kuri Bariyeri mu mirwano hagati
y’Inkotanyi n’Igisikari cy’uwari Perezida, Habyarimana. Icyo gihe Captain
Diagne yari avuye gutabara.
Captain
Diagne yatabarutse ku myaka 36 y’amavuko. Mu 2010, Perezida Kagame yashyikirije
umuryango we umudari w’Ubutwari (Umurinzi).
Mu
2014, nyuma y’imyaka 20 Cpt Mbaye apfuye akanama ka Loni gashinzwe amahoro ku
Isi kemeje ko hashyirwaho umudari wamwitiriwe mu rwego rwo kumuha icyubahiro.
Mu
2016, umugore we yambitswe uwo mudali n’uwari Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Ban
Ki- Moon.
Karekezi
ni umwe mu banditsi ba filime unaziyobora akaba n’umushoramari [Producer] muri
sinema. Amaze gukora filime zirimo Imbabazi [The Pardon], Mercy of The Jungle
yabiciye bigacika n’izindi.
Afite
igihembo cyo rwego ruhanitse yahawe mu iserukiramuco Fespaco ryabereye i
Ouagadougou cya l’Étalon de Yennenga.
Captain
Mbaye yarokoye Abatutis babarirwa muri 600 kugeza ubwo muri Gicurasi 1994
yicwaga
Umuyobozi
wa filime akaba n’umwanditsi w’Umunyarwanda, Joël Karekezi yahawe Miliyoni 180
Frw yo gukora filime igaruka kuri Captain Mbaye