Filime ya David ku ngagi zo mu Rwanda yatangiye gutambuka kuri Netflix

Cinema - 17/04/2026 1:07 PM
Share:

Umwanditsi:

Filime ya David ku ngagi zo mu Rwanda yatangiye gutambuka kuri Netflix

Umunyabigwi mu bijyanye n’ibidukikije, David Attenborough, yashyize hanze filime mbarankuru igaruka ku ngagi zo mu Rwanda, yatangiye gutambuka ku rubuga rwa Netflix kuva kuri uyu wa 17 Mata 2026.

Iyi filime yiswe “A Gorilla Story: Told by David Attenborough”, yakozwe na kompanyi ya Silverback Films ku bufatanye na Appian Way Productions yashinzwe n’umunyabigwi Leonardo DiCapri, Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere (RDB) ndetse na Dian Fossey Gorilla Fund.

Ni filime igaruka mu buryo bwimbitse ku mibereho, imibanire ndetse n’uruhererekane rw’imiryango y’ingagi zo mu Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, ishingiye ku nkuru y’umuryango w’ingagi wari uyobowe n’iyitwa Pablo.

Muri iyi filime, Attenborough agaruka ku rugendo rwe rwatangiye mu 1978 ubwo yasuraga Pariki y’Ibirunga, aho yahuriye bwa mbere n’umwana w’ingagi witwaga Pablo.

Agaragaza uko uyu mwana yaje gukura, akavamo ingagi y’ingabo iyoboye itsinda, ndetse akerekana uko urubyaro rwayo rukomeje kubaho kugeza uyu munsi.

Attenborough avuga ko kimwe mu byamurenze umutima ari uko izi ngagi zamwemereye kuzegera cyane, ibintu adafata nk’ibisanzwe ku nyamaswa zo mu gasozi.

Iyi filime yafatiwe mu Rwanda mu gihe kirekire, bituma abakoze iyi mushinga babasha gufata amashusho arambuye agaragaza imyitwarire y’ingagi, imibanire yazo, n’uko ubuzima bwazo bukomeza mu buryo bw’uruhererekane rw’imiryango.

Ibi byatumye iyi filime igira uburemere n’ukuri kwihariye, bituma abayireba basobanukirwa neza ubuzima bw’izi nyamaswa zirindwa cyane ku Isi.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubukerarugendo mu Rwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB), Irène Murerwa, yavuze ko mu myaka isaga 20 ishize, u Rwanda rwateye intambwe igaragara mu kubungabunga ingagi, binyuze mu bufatanye n’abaturage, gahunda zirambye n’ishoramari rirambye.

Yagize ati: “Iyi filime itanga amahirwe yo kwereka Isi yose urugendo rw’u Rwanda mu kubungabunga ingagi, igahuza ubumenyi n’imbaraga z’ababigizemo uruhare.”

Uretse kugaragaza ibidukikije, iyi filime yanagize uruhare mu guteza imbere ubukerarugendo bw’u Rwanda, kuko yakoresheje serivisi z’imbere mu gihugu zirimo amacumbi, ubwikorezi, abayobora ba mukerarugendo n’abandi.

Yanatanze amahirwe ku bahanzi n’abatunganya filime bo mu Rwanda, binyuze mu mahugurwa no kwitabira ibikorwa byo kuyikora, binyuze muri Rwanda Film Office.

Nyuma yo gutangira gutambuka kuri Netflix, iyi filime izerekanwa ku mugaragaro i London tariki 21 Mata 2026, mu gikorwa kizahuza abari mu nzego zitandukanye zirimo ibidukikije, itangazamakuru n’inganda za sinema.

Iyi filime ni imwe mu zitezweho gukomeza kwamamaza u Rwanda ku rwego mpuzamahanga, by’umwihariko mu bukerarugendo bushingiye ku bidukikije, no gukomeza kwerekana agaciro k’ingagi zo mu misozi miremire zo mu Rwanda.

Filime mbarankuru y’umunyabigwi mu bidukikije David Attenborough igaruka ku ngagi zo mu Rwanda, yatangiye gutambuka ku rubuga rwa Netflix, yereka Isi yose ubuzima, amateka n’umwihariko w’izi nyamaswa ziboneka muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga

REBA HANO AGACE GATO K'INTEGUZA Y'IYI FILIME


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...