Iyi
filime yiswe ‘Michael’ yihariye amasoko ya sinema ku Isi hose mu mpera
z’icyumweru cya mbere isohotse, aho imaze kwinjiza arenga miliyoni 217
z’amadolari. Uyu mubare wayigize filime ya mbere yinjije amafaranga menshi mu
gihe gito kurusha izindi zose zo muri ubu bwoko.
Mu
kuyikina, Jaafar Jackson, umwishywa wa Michael Jackson, ni we wiganye ubuzima
bwe, ibintu byatumye benshi bayishimira kubera uko yagerageje kugaragaza imico
n’imyitwarire by’uyu muhanzi wamamaye ku Isi.
Mbere
y’iyi filime, agahigo kari gafitwe na Bohemian Rhapsody, ivuga ku itsinda rya
Queen, yari yinjije miliyoni 124 z’amadolari mu cyumweru cya mbere. Naho
Oppenheimer na yo yari yageze kuri miliyoni 180, ariko byose byasizwe inyuma na
filime ‘Michael’.
Umuyobozi
wa sosiyete Lionsgate ishinzwe kuyikwirakwiza muri Amerika, Adam Fogelson,
yavuze ko iyi mibare igaragaza uko yakiriwe neza n’abarebye filime b’ingeri
zitandukanye ku Isi.
Nubwo
yinjije amafaranga menshi, iyi filime ntiyabuze kunengwa. Hari abayivuga ko
itagaragaje mu buryo bwimbitse ibice bimwe by’ingenzi byaranze ubuzima bwa
Michael Jackson, cyane cyane ibijyanye n’ibirego byigeze kumushinja gusambanya
abana.
Urubuga
Rotten Tomatoes rwerekanye itandukaniro rikomeye, aho abanenga filime bayihaye amanota
38%, mu gihe abayikunze bayihaye 97%, bigaragaza ko yakiriwe mu buryo
butandukanye.
Iyi
filime ikomeje umuco wa Hollywood wo gukora filime zishingiye ku buzima
bw’ibyamamare by’umuziki. Mu myaka ishize, abahanzi nka Bob Marley, Elton John,
Whitney Houston na Amy Winehouse nabo bakorewe filime zibavugaho, kandi zagiye
zinjiza amafaranga menshi.
Filime
‘Michael’ yatewe inkunga n’umutungo w’uyu muhanzi, ikaba inakoresha amajwi ye
y’umwimerere mu ndirimbo zigaragaramo, ibintu byayongereye uburemere mu maso
y’abakunzi be.
Gusa,
imwe mu ngingo zateje impaka ni uko iyi filime itagaragaza ibirego
byamukurikiranye mu myaka yashize. Nubwo Michael Jackson yakomeje guhakana ibyo
yashinjwaga, ndetse mu 2005 urukiko rukamugira umwere, bamwe bavuga ko
kutabigarukaho bigabanya ukuri kwayo.
Ibi
byatewe n’amasezerano y’ibanga (non-disclosure agreement) yigeze kugirana
n’umwe mu bamushinje, byatumye abatunganya filime bahitamo gukuramo ibice byari
kubigarukaho. Byatumye bongera gufata amashusho mashya, maze inkuru isoza igeze
mu 1988, mbere y’uko ibyo birego bitangira kuvugwa.
Umuyobozi
wayo, Antoine Fuqua, yavuze ko ibi byabagoye cyane, kuko byabasabye kongera
gutunganya filime hafi igice kinini, ariko bagahitamo kwibanda cyane ku muziki
n’ibitaramo bya Michael Jackson.
Filime
yibanze ku rugendo rwe mu muziki, by’umwihariko ibitaramo bikomeye yakoze
ndetse n’umubano utari mwiza yari afitanye na se, Joseph Jackson, wagize
uruhare rukomeye mu kumwinjiza mu muziki.
Bitewe
n’ikorwa ryayo rihenze, iyi filime yakozwe ku mafaranga agera kuri miliyoni
200$, bituma iba imwe mu zihenze cyane mu mateka ya filime zivuga ku buzima
bw’abantu.
Ije
kandi mu gihe sinema zongeye gukomera ku Isi, nyuma y’intsinzi y’izindi filime
nka The Super Mario Galaxy Movie na Project Hail Mary, mu gihe abakunzi ba
sinema bategereje n’izindi zirimo The Devil Wears Prada 2.
Michael
Jackson yasize amateka akomeye mu muziki w’Isi, binyuze mu ndirimbo zakunzwe
cyane nka Billie Jean, Beat It, Smooth Criminal na Black or White.
Album ye Thriller yo mu 1982 iracyafite agahigo ko kuba ari yo yagurishijwe cyane kurusha izindi zose mu mateka y’umuziki.

Filime Michael ivuga ku buzima bwa Michael Jackson yakoreye amateka mashya muri sinema, yinjiza arenga miliyoni 217$ mu cyumweru cya mbere, ihita iba iya mbere mu mateka ya filime zivuga ku byamamare yinjije amafaranga menshi mu gihe gito

Mu
kuyikina, Jaafar Jackson, umwishywa wa Michael Jackson, ni we wiganye ubuzima
bwe
