Iyi
ni inshuro ya mbere mu mateka filime mbarankuru yo mu Rwanda yinjiye muri uru
rwego ruhanitse. Ibintu bifatwa nk’intambwe ikomeye cyane ku Rwanda, haba mu
bijyanye no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uburezi, umuco ndetse
n’ishema ry’igihugu ku ruhando rw’Isi.
GOOD
DOCS ni ikigo cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kizwiho gukwirakwiza filime
zifite ireme ryo kwigishwa muri za kaminuza, amasomero, imiryango itari iya
Leta n’ibigo by’ubushakashatsi ku migabane itandukanye y’Isi.
Kwinjira
muri GOOD DOCS bisobanuye ko filime yemerewe kuba igikoresho cyemewe mu burezi,
atari imyidagaduro isanzwe.
‘Beyond
the Genocide’, yayobowe na Zion Sulaiman Mukasa Matovu, igaragaza amateka ya
Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko by’umwihariko ikibanda ku mbaraga
z’Abanyarwanda mu kwiyubaka, ukwiyunga, kubabarira no guharanira ubumwe n’ejo
hazaza.
Iyi
filime yakozwe ku bufatanye n’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali hamwe na Ibuka
Rwanda, yubakiye cyane ku buhamya bw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abayigizemo uruhare,
ndetse n’urubyiruko rw’Abanyarwanda ruri kubaka igihugu gishingiye ku bumwe
n'ubudaheranwa.
Kwinjira
muri GOOD DOCS bivuze ko iyi filime igiye kwifashishwa mu kwigisha amateka ya Jenoside
yakorewe Abatutsi mu 1994, amahoro n’ubwiyunge, uburenganzira bwa muntu, kubaka
amahoro n’imiyoborere nyuma y’amakimbirane, mu mashuri makuru n’ibigo
by’ubushakashatsi ku Isi hose.
Mbere
yo kwinjira muri GOOD DOCS, ‘Beyond the Genocide’ yari imaze kwegukana ibihembo
mpuzamahanga birindwi bitandukanye, birimo bitatu byo muri Leta Zunze Ubumwe za
Amerika, kimwe cyo mu Butaliyani, bibiri byo muri Brésil n’ikindi cyo mu
Bufaransa.
Mu
bihembo bikomeye iyi filime yahawe harimo Impact DOCS Awards (USA), gifatwa
nk’icyubahiro gikomeye kurusha ibindi byose iyi filime imaze kubona kugeza ubu,
ndetse na Award of Merit (Documentary Feature) yegukanye muri Accolade Global
Film Competition yabereye muri California.
Yegukanye
kandi ibihembo muri Rieti Sabina Film Festival 2025 mu Butaliyani, Tiete
International Film Awards muri Brésil (Best Editing na Best Sound), ndetse
n’igihembo i Paris mu Bufaransa.
Nubwo
ibihembo ari byinshi, kwinjira muri GOOD DOCS bifatwa nk’intambwe irenze
igihembo icyo ari cyo cyose, kuko biha filime ubuzima burambye mu burezi no mu
biganiro bikomeye ku Isi.
Agaruka
kuri iyi ntambwe, Zion Sulaiman Mukasa Matovu yabwiye InyaRwanda ati: “Iyi si
intsinzi ya filime imwe gusa. Ni umwanya u Rwanda rwinjiye mu ishuri ry’Isi, rutavugwa
n’abandi, ahubwo rwivugira binyuze mu buhanzi. Ni intambwe ikomeye ku kwibuka,
ku burezi no ku bumuntu dusangiye.”
Kuba
‘Beyond the Genocide’ yinjiye mu ikwirakwizwa rya GOOD DOCS ni ikimenyetso
gikomeye cy’uko filime zakozwe n’Abanyarwanda zishobora kugera ku rwego
mpuzamahanga, zikemera guhangana n’amasoko akomeye, kandi zigahabwa icyizere
n’ibigo bikomeye ku Isi.
Ku
Rwanda, ni ubutumwa bukomeye bugaragaza ko amateka, icyubahiro n’ukuri
bishobora gutembera Isi yose binyuze mu buhanzi, mu bwubahane no mu
bunyangamugayo.
Mu
gihe iyi filime itangiye urugendo rwayo rushya mu mashuri makuru, amasomero
n’ibigo by’ubushakashatsi ku Isi hose, izaba itwaye ijwi ry’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ishimangira ko inkuru y’u Rwanda ifite agaciro
kandi ikwiye kuba mu biganiro bikomeye by’Isi.
GOOD
DOCS isanzwe ifite urutonde runini rwa filime mbarankuru zemewe ku rwego
mpuzamahanga kandi zikunze gukoreshwa mu mashuri, amasomero n’ibigo
by’ubushakashatsi bitewe n’ibyo zivuga n’ingaruka zifite mu burezi no mu
iterambere ry’imyumvire.
GOOD
DOCS isanzwe imurikira filime zitandukanye, zigamije guteza imbere
uburenganzira bwa muntu, uburinganire, imiyoborere myiza, ubuzima n’ibindi.
Filime
zigaragara mu rutonde harimo nka: A Tree of Life – Keep All of Us Safe Campaign,
All We Carry, Egypt, A Love Song, Exposure Impact, Vivien’s Wild Ride, American
Muslims (series), A Still Small Voice n’izindi.

Filime mbarankuru ‘Beyond the Genocide’ yinjiye muri GOOD DOCS (USA), iba iya mbere yo mu Rwanda igiye gukoreshwa mu burezi ku rwego mpuzamahanga

KANDA HANO UREBE INTEGUZA YA FILIME 'BEYOND THE GENOCIDE'
