Iyi
ntsinzi si iy’umuyobozi wa filime gusa, ahubwo ni intsinzi y’inganda za sinema
mu Rwanda, ziri gukura no guharanira kwigaragaza ku rwego mpuzamahanga.
Abatsindiye
mbere muri iri rushanwa bagiye bagaragazwa mu birori bikomeye nka Sundance,
IDFA, Hot Docs ndetse n’ibikombe bya Oscars. Ibi bihembo byerekana ko filime
ifite ireme ry’ubuhanzi ariko kandi ikaba inafite n’akamaro ku isi yose.
Zion
Mukasa yabwiye InyaRwanda ko iki gihembo cyafashije filime “Beyond the
Genocide” kugeza ku isi yose amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse
n’urugendo rw’u Rwanda rwo kwiyubaka.
Yavuze
ati “Kuri buri wese warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wadusangije
Filime
igaragaza ubuhamya bw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’uruhare rw’urubyiruko muri Jenoside yakorewe Abatutsi,
igatanga amasomo ku budaheranwa, imbabazi no kongera kubaka ubuzima.
Ibi
byongera kumvikanisha ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atazibagirana, ahubwo agahora
yibukwa kandi agasobanurwa ku rwego rw’isi.
Iyi
ntsinzi ni intambwe ikomeye ku ruganda rw’ubuhanzi n’umuco mu Rwanda, igaragaza
ko sinema y’u Rwanda ishobora guhangana ku rwego mpuzamahanga.
Ku
Rwanda, iyi ntsinzi si iy’iyi filime gusa — ni ikimenyetso cy’iterambere
n’ishema ry’igihugu.
Zion
Mukasa yatsindiye igihembo mpuzamahanga abicyesha filime ye ‘Beyond the
Genocide’."
Iyi
filime ‘Beyond the Genocide’ yatsindiye igihembo nyuma y’iminsi ishize imurikwa
ahantu hanyuraye no hanze y’Igihugu
Impact
DOCS Awards ni ibihembo bikomeye ku rwego rw’isi, bihesha agaciro filime zifite
ubutumwa bukomeye ku muryango, umuco n’ubuzima bw’abantu. Beyond the Genocide
yegukanye iki gihembo, ishimangira ko u Rwanda rushobora gukora filime
z’icyitegererezo ku isi yose
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA ZION MUKASA WAKOZE FILIME 'BEYOND THE GENOCIDE'