FIFA yavuze impamvu bashyizeho iminota yo kunywa amazi mu mikino y'Igikombe cy'Isi

Imikino - 24/06/2026 7:30 AM
Share:

Umwanditsi:

FIFA yavuze impamvu bashyizeho iminota yo kunywa amazi mu mikino y'Igikombe cy'Isi

Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, Gianni Infantino, yatangaje ko gahunda yo guha abakinnyi umwanya wo kunywa amazi hagati mu mukino w'Igikombe cy'Isi 2026 yashyizweho hagamijwe gufasha abakinnyi, anashimangira ko FIFA nta nyungu y'amafaranga iyivanamo.

Iyi gahunda ituma umukino uhagarara gato ku munota wa 22 n'uwa 67 kugira ngo abakinnyi babone umwanya wo kunywa amazi no kuruhuka. Nubwo bimeze bityo, hari bamwe mu batoza n'abasesenguzi batabyishimiye bavuga ko bihindura uburyo umupira w'amaguru usanzwe ukinwamo.

Umutoza wa Uruguay, Marcelo Bielsa, yavuze ko kugabanya umukino mo ibice byinshi "nta cyo byongera ku mupira ahubwo hari byinshi bikuraho". Thomas Tuchel utoza u Bwongereza nawe yavuze ko ibi bihindura umwimerere w'umukino.

Ku rundi ruhande, umutoza wa Espagne, Luis de la Fuente, yashyigikiye iki cyemezo avuga ko ari ingenzi cyane cyane mu bihe by'ubushyuhe bwinshi, ariko anibaza impamvu gikoreshwa no mu mikino ibera mu bibuga bifunze cyangwa ahantu hakonje.

Mu butumwa yatanze ku wa Kabiri, Infantino yavuze ko impamvu nyamukuru ari ukurinda ubuzima bw'abakinnyi no gutuma amakipe yose akina mu buryo bungana.

Yagize ati: "Ubushyuhe ni imwe mu mpamvu zikomeye, ariko kandi tugomba no gutekereza ko amakipe ashobora gukina imikino igera ku munani mu minsi 39. Kubona umwanya wo kuruhuka ni ingenzi cyane."

Yakomeje avuga ko FIFA ishaka ko amakipe yose ahabwa amahirwe angana, bityo ko iyi gahunda ikoreshwa muri buri mukino aho gutegereza kureba niba ubushyuhe buri hejuru cyangwa hasi.

Hari kandi abakeka ko iyi minota yashyizweho kugira ngo televiziyo zongere umwanya zamamazamo. Myugariro wa Amerika, Antonee Robinson, yavuze ko abasifuzi bakunze kongera iminota yo kuruhuka kubera ko amatangazo yo kwamamaza aba agikomeje kunyuzwa kuri televiziyo.

Icyakora, Perezida wa FIFA yabiteye utwatsi avuga ko nta mafaranga y'inyongera FIFA ibona kubera ayo matangazo. Yagize ati: "Nta nyungu y'amafaranga FIFA ibikuramo kuko amasezerano yose y'ubucuruzi yari yararangije gusinywa mbere y'uko irushanwa ritangira. Kuri twe ni icyemezo kigamije siporo gusa."


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...