Iyi gahunda ituma umukino uhagarara gato ku munota
wa 22 n'uwa 67 kugira ngo abakinnyi babone umwanya wo kunywa amazi no kuruhuka.
Nubwo bimeze bityo, hari bamwe mu batoza n'abasesenguzi batabyishimiye bavuga
ko bihindura uburyo umupira w'amaguru usanzwe ukinwamo.
Umutoza wa Uruguay, Marcelo Bielsa, yavuze ko
kugabanya umukino mo ibice byinshi "nta cyo byongera ku mupira ahubwo hari
byinshi bikuraho". Thomas Tuchel utoza u Bwongereza nawe yavuze ko ibi bihindura umwimerere w'umukino.
Ku rundi ruhande, umutoza wa Espagne, Luis de la
Fuente, yashyigikiye iki cyemezo avuga ko ari ingenzi cyane cyane mu bihe
by'ubushyuhe bwinshi, ariko anibaza impamvu gikoreshwa no mu mikino ibera mu
bibuga bifunze cyangwa ahantu hakonje.
Mu butumwa yatanze ku wa Kabiri, Infantino yavuze ko
impamvu nyamukuru ari ukurinda ubuzima bw'abakinnyi no gutuma amakipe yose
akina mu buryo bungana.
Yagize ati: "Ubushyuhe ni imwe mu mpamvu
zikomeye, ariko kandi tugomba no gutekereza ko amakipe ashobora gukina imikino
igera ku munani mu minsi 39. Kubona umwanya wo kuruhuka ni ingenzi cyane."
Yakomeje avuga ko FIFA ishaka ko amakipe yose ahabwa
amahirwe angana, bityo ko iyi gahunda ikoreshwa muri buri mukino aho gutegereza
kureba niba ubushyuhe buri hejuru cyangwa hasi.
Hari kandi abakeka ko iyi minota yashyizweho kugira
ngo televiziyo zongere umwanya zamamazamo. Myugariro wa Amerika, Antonee Robinson, yavuze ko abasifuzi
bakunze kongera iminota yo kuruhuka
kubera ko amatangazo yo kwamamaza aba agikomeje kunyuzwa kuri televiziyo.
Icyakora, Perezida wa FIFA yabiteye utwatsi avuga ko
nta mafaranga y'inyongera FIFA ibona kubera ayo matangazo.
