Impeta ni umuco umaze igihe uzwi cyane muri siporo zo muri Amerika, cyane cyane muri NFL, aho amakipe yegukanye Super Bowl ahabwa impeta z'icyubahiro zigaragaza amateka y'intsinzi yabonye.
FIFA yatangaje ko abakinnyi n'abatoza bazegukana Igikombe cy'Isi bazahabwa impeta 30, mu gihe izindi mpeta 1,996 zizashyirwa ku isoko kugira ngo abafana bazigure nk'urwibutso rw'iri rushanwa. Buri mpeta izaba ifite ishusho nto y'igikombe cy'Isi imbere ndetse hakandikwaho amagambo yihariye agaragaza ayo mateka.
Nubwo perezida wa leta zunze ubumwe za America Donald Trump, ari we utegerejwe gutanga igikombe ku ikipe izitwara neza, ntabwo yigeze yitabira n'umwe mu mikino 102 imaze gukinwa muri iri rushanwa, harimo n'iyo ikipe y'igihugu cye cya Amerika yakinnye mbere yo gusezererwa n'u Bubiligi muri 1/8 cy'irangiza.
Mbere y'uyu mikino Kandi, mu mujyi wa New York hatanzwe impuruza ku bw'ihumana ry'ikirere ryatewe n'inkongi z'umuriro zikomeje kwibasira Canada.
Perezida wa FIFA, Gianni Infantino we yari aherutse gutangaza ko Donald Trump azitabira umukino wa nyuma, ndetse n'Umunyamabanga ushinzwe itangazamakuru muri White House, Karoline Leavitt, yemeje aya makuru.
Ubucuti bwa hafi hagati ya Gianni Infantino na Donald Trump ni kimwe mu byakomeje kuvugisha benshi muri iri rushanwa, nyuma y'uko Trump asabye FIFA gusubiramo icyemezo cyo guha rutahizamu wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Folarin Balogun, ikarita itukura.
Nyuma y'ubwo busabe, FIFA yahagaritse ibihano byari guhita bikurikira iyo karita, bituma Balogun yongera gukina umukino wa 1/8 cy'irangiza ikipe ye yahuriyemo n'u Bubiligi. Icyo cyemezo cyanenzwe n'abatari bake, bavuga ko cyateje impaka ku bwisanzure n'ubutabera mu ifatwa ry'ibyemezo muri iri rushanwa.
Nubwo Balogun yemerewe gukina uwo mukino, ntabwo byafashije Amerika kuko yasezerewe itsinzwe ibitego 4-1 n'u Bubiligi. Kuva icyo gihe, nta yindi karita y'umuhondo cyangwa itukura yahagaritswe muri iri rushanwa, n'ubwo amakipe arimo u Bufaransa n'u Bwongereza na yo yari yasabye ko ibyemezo byafatiwe abakinnyi bayo byasubirwamo.
Umukino wa nyuma utegerejwe guhuza Argentina na Espagne uzasoza Igikombe cy'Isi 2026. Ni bwo bwa mbere FIFA izaba itanze impeta z'icyubahiro ku ikipe izegukana Igikombe cy'Isi, nka kimwe mu bintu byitezweho kongera agaciro n'ubudasa muri iri rushanwa.
