FIFA yahakanye ko iri kugurisha umupira w'amaguru

Imikino - 31/07/2026 7:13 AM
Share:

Umwanditsi:

FIFA yahakanye ko iri kugurisha umupira w'amaguru

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Isi (FIFA) ryatangaje ko ridateganya kugurisha umupira w'amaguru, nubwo rikomeje gahunda yo gushaka abashoramari bazashora imari mu bikorwa by'amarushanwa itegura, harimo n'Igikombe cy'Isi.

Iri tangazo rije nyuma y'uko umushinga wa Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, uhuye n'igitutu gikomeye cyaturutse mu mashyirahamwe atandukanye ayobora umupira ku migabane.

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Mugabane w'u Burayi (UEFA) ryatangaje ko rishobora kwanga kwitabira amarushanwa y'Igikombe cy'Isi mu gihe uyu mushinga wazashyirwa mu bikorwa, mu gihe na Concacaf, ihuriyemo ibihugu byo muri Amerika ya Ruguru, Amerika yo Hagati na Caraibes, yavuze ko ibihugu biyigize 41 byose byawanze.

FIFA igizwe n'amashyirahamwe 211 y'ibihugu. Kugira ngo uyu mushinga wemerwe, ugomba gushyigikirwa nibura n'amajwi 106. UEFA na Concacaf byonyine bifite amajwi 96, ibintu bituma kwemeza uyu mushinga bitazoroha.

Mu itangazo yashyize ahagaragara ku wa Gatanu tariki 31 Nyakanga 2026, FIFA yavuze ko ibiganiro byerekeye uyu mushinga byahungabanyijwe n'amakuru yatangajwe mu buryo butari bwo.

Yagize iti: "Twubashye ibitekerezo n'impungenge zatangajwe, kandi tuzakomeza ibiganiro mu buryo bweruye kandi bwa demokarasi kugira ngo buri shyirahamwe rigire amahirwe yo gufata icyemezo gishingiye ku makuru y'ukuri. Nta muntu ugurisha umupira w'amaguru, kandi FIFA ntizigera ibikora."

Umushinga wa FIFA uteye ute?

FIFA irashaka gushinga ikigo gishya cy'ubucuruzi kizajya kiyobora ibikorwa by'ubucuruzi by'amarushanwa yayo akomeye, cyane cyane Igikombe cy'Isi.

Iki kigo kizitwa FIFA Forward Enterprise (FFE), kikazafungurirwa abashoramari bo hanze bemererwe kugura imigabane mito idatanga ububasha bwo kugenzura ibikorwa byacyo.

FIFA ivuga ko intego y'uyu mushinga ari ugutanga amahirwe ku mashyirahamwe yose ayigize kugira ngo yungukire mu mahirwe y'ubucuruzi aturuka ku mupira w'amaguru mu bihugu byayo.

Yashimangiye ko ibi bitazahungabanya imiyoborere cyangwa indangagaciro z'umupira w'amaguru. Ariko UEFA ntibyemera. Yashinje FIFA gushaka gukoresha umupira w'amaguru nk'inzira yo "kwikungahaza no gukungahaza inshuti zayo."

Infantino yasezeranyije amashyirahamwe miliyoni 40 z'Amadolari

Mu ibaruwa Perezida wa FIFA yandikiye abanyamuryango b'iri shyirahamwe, yavuze ko buri federasiyo izashyigikira uyu mushinga izahabwa miliyoni 40 z'Amadolari ya Amerika.

Yanasabye ko bitarenze tariki ya 19 Nzeri, amashyirahamwe yaba yamaze kwemeza niba ashyigikiye uyu mushinga kugira ngo abone igice cya mbere cya miliyoni 20 z'Amadolari.

Nuramuka wemerewe, itsinda ry'abashoramari rizayoborwa na sosiyete y'ishoramari yo muri Amerika yitwa Thrive Eternal, iyobowe na Joshua Kushner, murumuna wa Jared Kushner, umukwe wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.

UEFA, Concacaf na AFC bakomeje kwamagana uyu mushinga

Nk’uko tubikesha BBC Sport, UEFA yavuze ko Igikombe cy'Isi kidakwiye gufatwa nk'igicuruzwa gishobora gushorwamo imari n'abikorera.

Yagize iti: "Igikombe cy'Isi ni umurage ukomeye w'umupira w'amaguru wubatswe n'abakinnyi, amakipe y'ibihugu n'abafana bo ku migabane yose. Nta gice na kimwe cyacyo gikwiye guhabwa abashoramari bigenga. Igikombe cy'Isi ntikigurishwa."

Concacaf na yo yavuze ko ihangayikishijwe n'uburyo uyu mushinga watangajwe hadakurikijwe inzira zisanzwe z'ubujyanama, ndetse n'igihe gito cyahawe abanyamuryango ngo bafate icyemezo.

Yanabajije impamvu FIFA ikeneye abashoramari kandi yo ubwayo yaratangaje ko Igikombe cy'Isi giheruka ari cyo cyinjije amafaranga menshi kurusha ibindi byose mu mateka.

Ku rundi ruhande, Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Aziya (AFC) ryavuze ko ritishimiye kuba FIFA yaratangaje uyu mushinga itabanje kugisha inama inzego z'umugabane, kandi ngo ntiryahawe isesengura rirambuye ku bijyanye n'imiyoborere, amategeko cyangwa imari.

Mu gihe Conmebol yo muri Amerika y'Epfo itaragira icyo itangaza, CAF yo muri Afurika na OFC yo muri Oceania byavuze ko bizawuganiraho mu nama zizaba muri Kanama.

Nubwo FIFA ikomeje gushimangira ko idashaka kugurisha umupira w'amaguru, umushinga wayo wo kwinjiza abashoramari mu bikorwa by'ubucuruzi bw'amarushanwa ukomeje guteza impaka zikomeye.

Mu gihe amashyirahamwe akomeye nka UEFA, Concacaf na AFC akomeje kuwamagana, icyemezo cya nyuma kizaterwa n'uburyo abanyamuryango ba FIFA bazatora muri iyi minsi iri imbere.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...