FIFA igiye gusuzuma ingaruka z’akaruhuko ko kunywa amazi mu gikombe cy’isi

FIFA - Igikombe cy'Isi 2026 - 19/07/2026 4:24 PM
Share:

Umwanditsi:

FIFA igiye gusuzuma ingaruka z’akaruhuko ko kunywa amazi mu gikombe cy’isi

Umuyobozi ushinzwe iterambere ry'umupira w'amaguru muri FIFA, Arsène Wenger, yatangaje ko nyuma y'isozwa ry'Igikombe cy'Isi cya 2026, FIFA izasesengura ingaruka zatewe no gushyiraho 'Hydration breaks' (akaruhuko kagufi ko kunywa amazi) mu mikino yose y'irushanwa.

Izi 'hydration breaks' zashyizweho hagamijwe kurinda ubuzima bw'abakinnyi bitewe n'ubushyuhe bwari bwitezwe muri zimwe muri stade zakiniwemo iri rushanwa. Gusa, iki cyemezo nticyakiriwe kimwe n'abatoza bose.

Mu bakomeje kucyamagana harimo umutoza wa Uruguay, Marcelo Bielsa, wavuze ko guhagarika umukino hagati byawugabanyijemo ibice bine, bikabangamira uburyo usanzwe ukinwamo kandi nta nyungu bifitiye umukino.

Mu kiganiro n'abanyamakuru i New Jersey, Wenger yavuze ko kugeza ubu nta bimenyetso bihagije byerekana ko izi hydration breaks zagize uruhare mu guhindura uko imikino yarangiraga.

Yagize ati: "Hari abantu batabikunze, ariko tuzabisesengura nyuma y'irushanwa. Njye mbona bitarahinduye uko amarushanwa yagenze. Hari n'imikino byari ngombwa cyane kubera ubushyuhe."

Yakomeje asobanura ko FIFA yafashe icyemezo cyo gushyira aka karuhuko mu mikino yose kugira ngo amakipe yose afatwe kimwe, kabone n'ubwo hari stade zifunze kandi zifite uburyo bwo kugabanya ubushyuhe.

Yongeyeho ati: "Ntabwo turafata umwanzuro wa nyuma, ariko ndabizeza ko tuzawutanga nyuma yo gusesengura amakuru yose."

Wenger yanagarutse ku bibazo byabajijwe ku ngendo ndende amakipe yakoze hagati y'imikino ndetse n'igihe gito cyo kuruhuka. Yavuze ko nubwo FIFA yari ifite impungenge mbere y'irushanwa, ibyo bitigeze bigabanya urwego rwiza rw'umupira wabonetse.

Yagize ati: "Muri Qatar twararaga ahantu hamwe buri munsi, ariko hano byari bitandukanye. Nubwo bimeze bityo, amakipe nka Argentina na Espagne yarushijeho gukomera uko irushanwa ryagendaga rikomeza. Ibyo bigaragaza ko ingendo zitagize ingaruka zikomeye ku musaruro."

Yasoje avuga ko icy'ingenzi ari ubushake bwo gutsinda, ati: "Iyo ubona igikombe ukifuza kukijyana iwanyu, wemera kwihanganira ingorane nyinshi. Ni byo twabonye muri iri rushanwa."

FIFA biteganyijwe ko izatangaza imyanzuro yayo nyuma yo gusesengura imibare n'isesengura ryose ryakozwe ku mikino y'Igikombe cy'Isi cya 2026.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...