Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu Bagore ‘Rwanda Women's Super League 2025-2026’ iheruka gushyirwaho akadomo aho yegukanwe na Rayon Sports WFC.
Mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, ari kumwe na Komite Nyobozi, bayoboye umuhango wo guhemba amakipe yitwaye neza bayashyikiriza ibihembo yatsindiye.
Shema Fabrice yashimiye amakipe yose yitabiriye irushanwa, by'umwihariko abegukanye imyanya ya mbere. Yashimye ubufatanye n'abo bakorana muri Komite Nyobozi n'ubumwe bubaranga, kuko ari byo bituma bakomeza kugera ku ntego biyemeje.
Muri iri rushanwa, Rayon Sports WFC yegukanye igikombe yahawe miliyoni 20 Frw, Police WFC ya kabiri ihabwa 15M Frw, Indahangarwa WFC ya Gatatu ihabwa 10M Frw, Kamonyi WFC ya Kane ihabwa 8M Frw, APR WFC ya Gatandatu ihabwa 6M Frw naho Macuba WFC ya Karindwi ihabwa 4M Frw.



FERWAFA yahembye abitwaye neza muri shampiyona y’Abagore
