Fela Kuti yaciye agahigo muri Afurika ashyirwa muri "Rock & Roll Hall of Fame"

Imyidagaduro - 17/04/2026 2:29 PM
Share:

Umwanditsi:

Fela Kuti yaciye agahigo muri Afurika ashyirwa muri "Rock & Roll Hall of Fame"

Umunyamuziki w’umunyabigwi muri Nigeria, Fela Anikulapo-Kuti uzwi cyane ku izina rya Fela Kuti, akomeje kwandika amateka adasanzwe mu muziki w’Isi, nyuma yo guca agahigo ko kuba umuhanzi wa mbere ukomoka muri Afurika winjijwe mu nzu ndangamateka y’icyubahiro mu muziki ya Rock & Roll Hall of Fame.

Uyu muhanzi witabye Imana mu 1997, yemejwe nk’umwe mu bazinjizwa muri iyi nzu ndangamateka mu mwaka wa 2026, aho azahabwa icyubahiro mu cyiciro cyiswe “Musical Influence” (abahanzi bagize uruhare rukomeye mu guhindura umuziki ku Isi).

Abategura iyi nzu ndangamateka bashimye Fela Kuti nk’umuntu wagize uruhare rukomeye mu guhindura amateka y’umuziki, bavuga ko yari “ijwi ry’impinduramatwara ryifashishije umuziki mu kwamagana akarengane, rikaninjiza injyana za jazz, umuziki gakondo wa Afurika y’Iburengerazuba na soul, bigatanga isura nshya y’injyana ya Afrobeat.”

Iri ni ryo shimwe rya kabiri rikomeye Fela Kuti ahawe nyuma y’uko ku wa 19 Ukuboza 2025, yabaye umunyafurika wa mbere wahawe igihembo cya Grammy Lifetime Achievement Award, igihembo gitangwa ku bantu bagize uruhare rukomeye kandi rw’igihe kirekire mu iterambere ry’umuziki ku Isi.

Iki gihembo cyatumye yinjira mu rwego rumwe n’ibihangange byamamaye cyane mu mateka y’umuziki nka The Beatles, Johnny Cash, Aretha Franklin, Bob Marley na Frank Sinatra, bose bagiye bahabwa icyubahiro nk’icy’abagize uruhare rudasanzwe mu muziki.

Nubwo Fela Kuti atigeze ahabwa Grammy mu buzima bwe, umuryango we ukomeje gukomereza aho yagejeje. Abahungu be Femi na Seun Kuti ndetse n’umwuzukuru we Made Kuti bamaze no gushyirwa mu bahataniye ibi bihembo inshuro umunani muri Grammy ku bw’umusanzu wabo mu muziki.

Fela Kuti, uzwi ku izina rya “Black President”, yubatse izina rikomeye mu guhuza injyana zinyuranye zirimo Afrobeat, Jazz n’umuziki gakondo wa Afurika, binyuze mu itsinda rye ryari rikomeye cyane rimwe na rimwe rigera ku bantu barenga 30 ku rubyiniro, harimo abaririmbyi n’ababyinnyi.

Umunyamuziki w’icyamamare wo muri Sénégal, Youssou N’Dour, yigeze kumuvugaho agira ati “Umuziki wa Fela Kuti wari ijwi ritagira ubwoba rya Afurika, injyana ze zatwaraga ukuri, kurwanya akarengane n’ubwisanzure, zigatera imbaraga ibisekuru byinshi by’abahanzi b’Abanyafurika.”

Uru rugendo rushya rwa Fela Kuti rukomeje kumugira umwe mu bahanzi bacye cyane ku Isi bamamaye ku izina rimwe gusa, ndetse bikamushimangira nk’umwe mu nkingi za mwamba z’umuziki wa Afurika wagejeje ku mpinduka zikomeye mu ruhando mpuzamahanga.

Fela Kuti yanditse amateka yo kuba umuhanzi wa mbere w’Umunyafurika wa mbere winjiye muri Rock & Roll Hall of Fame


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...