FC Saint-Éloi Lupopo yageze mu Rwanda aho ije kwitegura umukino ukomeye izahuramo na Al Hilal ku wa 14 Gashyantare 2026 saa 15:00 muri Stade Amahoro, mu irushanwa rya CAF Champions League.
Iyi kipe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iri ku mwanya wa nyuma mu itsinda C n’amanota atanu, ikaba isabwa gutsinda uyu mukino kugira ngo ibashe kubona itike yo gukomeza muri 1/4 cy’irangiza. Mu mukino ubanza wahuje aya makipe wabereye muri Congo yanganyije igitego 1-1.
Lupopo igiye gucumbika muri Movenpick Hotel i Kigali, biteganyijwe ko iyi kipe ikora imyitozo kuri uyu wa Gatatu no ku wa Kane ku kibuga cyo hanze cya Stade Amahoro, mbere yo gukora imyitozo ya nyuma ku wa Gatanu imbere muri Stade Amahoro izaberamo umukino.
Uyu mukino utegerejwe na benshi kuko ushobora guhindura isura y’itsinda C, cyane cyane kuri Lupopo iri guhatanira amahirwe ya nyuma yo gukomeza mu kindi cyiciro. Abafana bayo bategereje kureba niba ishobora gukora ibidasanzwe igasezerera Al Hilal ikerekeza muri 1/4 cya CAF Champions League.
Al Hilal iyoboye urutonde mu itsinda C n'amanota 8, MC Alger ku mwanya wa kabiri n'amanota 7, Mamelodi Sundowns F.C n'amanota atandatu na FC Saint-Eloiu Lupopo ku mwanya wa kane n'amanota 5.

FC Saint-Eloi Lupopo yasesekaye mu Rwanda aho ije gukina na AL Hial muri CAF Champions League
