Ikipe ya Fc Barcelona yabigezeho nyuma yo gutsinda Paris Saint Germain imikino ibiri, harimo uwo yabatsindiye mu Bufaransa ibitego ikaba yongeye kuyisubira muri Espanye ibitego 2-0. Undi mukino watunguranye cyane ni uwo ikipe ya Bayern Munich yatsinzemo ibitego 6-1 ikipe ya Fc Porto yari yayitsinze mu mukino ubanza ibitego 3-1.
Neymar akomeje gushengura imitima ya bafaransa by'umwihariko aba Parisiens bafana Paris Saint Germain
Duhereye ku mukino wabereye i Newcamp ku kibuga cya FC Barcelona iyi kipe ibifashijwemo na Neymar Junior De Santos wayitsindiye ibitego bibiri byose byabonetse muri uyu mukino, yashimangiye ubuhangange bwayo imbere ya PSG yari yagaruye mu kibuga kabuhariwe wayo Zlatan Ibrahimovic wari wagarutse kuri iki kibuga yakinnyemo mu myaka yashize.
Neymar na Iniesta bishimira igitego cya mbere cyabonetse muri uyu mukino
Ibitego bya Neymar ku munota 14 na 34 w’igice cya mbere byaje bishimangira ko uretse ikipe ya FC Barcelona uyu mukinnyi nawe ku giti cye amaze gufata amaraso iyi kipe dore ko nta mukino n’umwe urabahuza n’iyi kipe ngo ye kuyibonamo igitego.
Ku kazi gakomeye ka Iniesta, Neymar yatsinze icya mbere
Ni umukino ikipe ya FC Barcelona yarushijemo ku buryo bugaragara PSG, yaba mu b’inyuma hagati mu kibuga na barutahizamu. Iniesta mbere y’uko asimburwa na Xavi yafashije ikipe ye gutsinda igitego cya mbere nyuma yo guturukana umupira mu rubuga rwe akambukiranya ikibuga hagati agenda acenga kugeza ubwo yahaye umupira wa nyuma Neymar nawe wahise ucenga umuzamu asigara arebana n’izamu maze ahita anyeganyeza inshundura.
Igitego cya kabiri cyaturutse ku kazi keza kakozwe na Dan Alves wazamuye umupira maze usanga Neymar ahagaze neza ahita atsinda n’umutwe.
Numero ya mbere muri Tenis, Andy Murray(i buryo) hamwe n'inshuti ye nayo yahuze ikina uyu mukino Ross Hutchins nabo bari baje kwihera amaso uyu mukino
Zlatan Ibrahimovic asuhuzanya n'umu star wa FC Barcelona Messi bahoze bakinana
Reba ibihe by'ingenzi byaranze uyu mukino
Ku rundi ruhande undi mukino wavugishije cyane abanyaburayi n’isi nzima, ni umupira wabereye mu Budage aho ikipe ya Bayern Munich yari yakiriye FC Porto yo muri Portugal yabatsinze mu mukino ubanza ibitego 3-1. Benshi bibwiraga ko iyi kipe iza guha akazi gakomeye Bayern Munich ko kuyisezerera. N’ubwo hari abemezaga ko bishoboka ko Bayern Munich itabura ibitego 2 iwayo,banavugaga ko bigoranye ko ikipe yagutsinze ibitego 3, utapfa kuyibonamo bibiri nayo itagutsinze byibura kimwe.
Bayern Munich yishimira intsinzi yayo, yatunguye benshi ikanatera ubwoba abakeba bayo
Igitangaje ni uko uyu mukino mu gice cya mbere wasanga nk’uwarangiye, ikipe ya Bayern Munich yarangije iri imbere ya FC Porto n’ibitego 5-0. Aya aba andi mateka dore ko muri iyi mikino ibi bimaze kuba inshuro eshanu gusa aho ikipe itsinda indi ibitego 5 mu gice cya mbere, muri izi nshuro eshanu, ikipe ya Bayern Munich ikaba yihariyemo inshuro eshatu zose.
Lewandowski yatsinzemo ibitego bibiri muri 6
Mu gice cya kabiri ikipe ya FC Porto yishyuyemo igitego kimwe, ariko umukino uri hafi kurangira Bayer Munich yongera kuyereka ku burya atari buno ishyiramo agashinguracumu, umukino urangira ari ibitego 6-1, wateranya imikino yose bikaba 7-4.
ibitego byarumbutse muri uyu mukino
Ni ibitego bya Thiago 14, Boateng 22, Lewnadowski 27, 40, Muller 36 na Alonso 88.
Umutoza Guardiola yari afite akazi gakomeye muri uyu mugoroba, umukino wanarangiye i pantalo ye icitse
Reba ibihe by'ingenzi byaranze uyu mukino
Biteganyijwe ko kuri uyu mugoroba wo kuwa Gatatu aribwo hamenyekana andi makipe abiri asanga izi muri kimwe cya kabiri, ni ukuvuga hagati y'ikipe ya Real Madrid na Atletic Madrid ndetse na Juventus na Monaco.
Nizeyimana Selemani