FBI yatahuye umugabo ukekwaho kunyereza Miliyari $3.7 muri gahunda ya Medicare

Hanze - 23/06/2026 6:38 AM
Share:
FBI yatahuye umugabo ukekwaho kunyereza Miliyari $3.7 muri gahunda ya Medicare

Urwego rw’Ubugenzacyaha rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FBI) rwagaruye mu gihugu Ibrahim Khaldoon Hilmi, umugabo ukekwaho kuba umwe mu bayoboye uburiganya bukomeye bwibasiye gahunda ya Medicare, aho bivugwa ko yanyereje miliyari 3.7 z’amadolari ya Amerika. Yafatiwe muri Türkiye nyuma y’umwaka urenga yaratorotse ubutabera.

Urwego rwa FBI rwatangaje ko Ibrahim Khaldoon Hilmi, umugabo ukekwaho kugira uruhare rukomeye mu mugambi wo kunyereza amafaranga menshi ya Medicare, yamaze kugezwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugira ngo aburanishwe.

Medicare ni gahunda ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) itanga ubwishingizi bw'ubuvuzi (health insurance) ku bantu bujuje ibisabwa, cyane cyane: Abafite imyaka 65 cyangwa irenga; Abantu bato bafite ubumuga bumaze igihe kirekire (certain disabilities);

Abafite uburwayi bukomeye nk'ubwo impyiko zitagikora neza (End-Stage Renal Disease) cyangwa ALS (Lou Gehrig's disease). Icyakora Medicare ntabwo yishyura buri kiguzi cyose cy'ubuvuzi, abayigenerwa bashobora gusabwa gutanga amafaranga runaka (premiums, deductibles, copayments cyangwa coinsurance), bitewe na gahunda bahisemo.

Hilmi ushinjwa kunyereza amafaranga ya Medicareyari yaratorotse igihugu muri Gicurasi 2025 nyuma yo gutangira gukurikiranwaho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya bwateje igihombo cya miliyari 3.7 z’amadolari ya Amerika. Nyuma y’amezi menshi ashakishwa, inzego z’umutekano za Türkiye zamufashe, mbere yo gushyikirizwa FBI.

FBI yavuze ko itsinda ryayo rishinzwe ibikorwa byihariye ryagiye muri Türkiye rikamugarura muri Amerika ku wa Gatanu ushize binyuze mu bufatanye bw’ibihugu byombi.

Umuyobozi wa FBI, Kash Patel, yavuze ko ifatwa rya Hilmi ari intsinzi ikomeye mu rugamba rwo guhangana n’abanyereza umutungo wa Leta.

Yagize ati: “Hilmi akurikiranyweho kugira uruhare muri bumwe mu buriganya bukomeye bwabayeho mu mateka ya Medicare. Yari amaze igihe yihisha ubutabera, ariko twamufashe.”

Patel yashimiye ibiro bya FBI byo muri Miami, Minisiteri y’Ubutabera ya Amerika n’inzego za Türkiye zagize uruhare mu kumufata no kumugarura.

Iyi ni inshuro ya kabiri mu cyumweru kimwe FBI igaruye muri Amerika umuntu ukekwaho uburiganya bukomeye bwa Medicare. Mbere yaho, yari yaragaruye undi mugabo witwa Herbert Kimble, nawe ukekwaho kuyobora umugambi wo kunyereza hafi miliyari 1.3 z’amadolari.

FBI ivuga ko izi manza zombi zifitanye isano n’uburiganya bufite agaciro kagera kuri miliyari 5 z’amadolari yibasiye gahunda za Leta zifasha abaturage kubona serivisi z’ubuvuzi.

Patel yavuze ko gufatwa kwa Hilmi ari ubutumwa bukomeye ku bantu bose bakekwaho kunyereza umutungo wa Leta, agaragaza ko bazakomeza gukurikiranwa aho baba bari hose ku Isi. Yagize ati: “Umuntu wese wiba amafaranga y’abasoreshwa ba Amerika azafatwa, aho yaba yarahungiye hose.”

Ifatwa rya Ibrahim Khaldoon Hilmi ryongeye kugaragaza ubukana FBI iri gushyira mu guhashya uburiganya bukorwa muri gahunda z’ubuvuzi za Leta. Mu gihe akurikiranyweho kunyereza miliyari z’amadolari, urubanza rwe rushobora kuba rumwe mu manza zikomeye z’uburiganya mu mateka ya Medicare muri Amerika.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...