Fatakumavuta na Bianca bagarutse, Dj Brianne yinjira mu itangazamakuru: Isibo FM yatangiranye imbaraga

Imyidagaduro - 13/03/2024 8:37 PM
Share:

Umwanditsi:

Fatakumavuta na Bianca bagarutse, Dj Brianne yinjira mu itangazamakuru: Isibo FM yatangiranye imbaraga

Isibo TV iherutse gutangiza Radio (Isibo FM) yagaragaje abanyamakuru bakomeye mu myidagaduro no muri Siporo batangiranye nayo urugendo rw’itangazamakuru, ni nyuma y’iminsi ishize iyi Radio itangiye kumvikana ku murongo wa 98.7 FM.

Iyi Radio itangijwe nyuma y’imyaka itatu ishize Isibo TV ikora ibiganiro byibanda ku myidagaduro, biri no mu murongo w’ibyo iyi Radio izajya ikora.

Batangiranye n’abanyamakuru basanzwe bazwi mu ruganda rw’imyidagaduro, barimo abamenyekanye cyane ku muyoboro wa Youtube, abagiye bakora kuri Radio zitandukanye ndetse na Gateka Esther wamenyekanye nka Dj Brianne winjiye mu itangazamakuru bwa mbere.

Isibo TV yagaragaje ko yamaze gusinyisha Gateka Esther uzwi nka DJ Brianne, Emmanuel Rukundo (Emmy Nyawe), Uwamwezi Mugire Daphine [Bianca], Cyprien Uzabakiriho [Djihad], Sengabo Jean Bosco [Fatakumavuta], Niyigaba Clement [DC Clement], Mbarubukeye Etienne [Pundit Peace Maker] ndetse na Mugenzi Faustin uzajya ukora ikiganiro cya Siporo.

Umuyobozi wa Isibo TV, Kabanda Jado yavuze ko aba banyamakuru bose basinyishije bazibanda ku biganiro by’imyidagaduro kuko na Radio ari wo murongo ifite, kuva ku wa mbere kugeza ku Cyumweru.

Isibo Radio ivugira ku murongo wa 98.7 FM wari usanzwe ukoreshwa na Radio KFM. Kabanda Jado avuga ko yahawe iyi “Frequency (RF)" nyuma y’uko ishyizwe ku isoko akawutsindira.

Ati “Abantu ntibongere kuvuga ngo umurongo ni uvuga neza, ahubwo icya mbere ni ibyuma byiza...Ibyuma biri ku rwego rugezweho, iby'umurongo rero byo uwo nari gutsindira wose, kuko ni isoko, bashyira ku isoko mu gahatana, uwo utsindiye niwo bavuga ntabwo uvuga ngo kuki nabonye uwa KFM. Amanota nagize ni wo yampaye, amahirwe yandi ahari ni uko wari umurongo usanzweho imyidagaduro."

DC Clement azajya akora ikiganiro cyitwa Isibo Radar kizatangira gutambuka ku wa Mbere tariki 18 Werurwe 2024 guhera saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Ni ikiganiro azajya ahuriramo n’umusesenguzi akaba n’impuguke, Fatakumavuta. Uyu mugabo yakoreye ibitangazamakuru birimo Fash Fm, ndetse yagiye yifashishwa cyane mu biganiro bitandukanye byatambukaga ku muyoboro wa 3D TV.

Uyu mugabo usigaye ari Umuvugizi w’ikipe ya Gorilla, yabwiye InyaRwanda ko yagarutse mu itangazamakuru rya Radio afite intego yo kugaragaza ko ariwe musesenguzi wa mbere mu bijyanye n’imyidagaduro.

Fatakumavuta yari amaze igihe kinini atumvikana mu itangazamakuru ryo kuri Radio. Yavuze ko kugaruka kwe kuzumvikana cyane mu biganiro by’ubusesenguzi azajya akora. Ati “Abantu bitege indi ntera mu busesenguzi bw’amakuru ajyanye n’imyidagaduro."

Kuri we, imyaka 2 ishize atumvikana mu itangazamakuru ryo kuri Radio, yishimira ko yagize uruhare mu guhindura itangazamakuru rikorerwa ku muyoboro wa Youtube.

Ati “Imyaka ibiri ntari kuri Radio nakoze impinduramatwara ku rubuga rwa Youtube binyuze mu biganiro nahaye inyito ya ‘Operations’ byatambukaga ku muyoboro wa 3D TV."

Fatakumavuta azajya akorana na DC Clement n’umusesenguzi Mbarubukeye Etienne uzwi nka Pundit, akaba ari nawe muyobozi w’ikiganiro, kizajya gikorwa ku Cyumweru guhera saa mbiri z’ijoro kugeza saa tanu z’ijoro.

Mu bihe bitandukanye, DC Clement yagiye agaragaza ko atemera ibitekerezo bya Fatakumavuta. Ubwo yari mu kiganiro na MIE Empire yasubije ati “Nshobora kuba ntemera ibitekerezo bye ariko nkemera Fatakumavuta. Ibitekerezo bye kandi niba avuze ngo iyi ni A njye nkabona ko ari B kuki se nagendera muri uwo mujyo?

Akomeza ati "Ariko mvuga ko arenze mu byo akora. Mu buryo butari bwo, ubwo naho ararenze. [Akubita agatwenge]."


Umuyobozi wa Isibo Tv, Jado Kabanda yatangaje ko bashyize imbere guteza imbere imyidagaduro

Dj Brianne ni we munyamakuru mushya muri aba bose, kuko ari ubwa mbere agiye gutangira urugendo rw’itangazamakuru. Uyu mukobwa uzwi cyane mu bavanga imiziki, yagiye agaragara cyane mu biganiro na shene zitandukanye za Youtube, zitsa ku ngingo zinyuranye.

Azajya akora ikiganiro “Isibo Morning Live " azajya akorana na Emmanuel Rukundo (Emmy Nyawe) ndetse na Cyprien Uzabakiriho Djihad. Aba bombi bagiye bahurira mu biganiro bitandukanye, aho babaga batumiye Brianne bakamubza ibibazo binyuranye.

Brianne abajijwe niba azabasha guhuza amasaha y’akazi ka Radio n’akazi gasanzwe ko kuvanga imiziki, yavuze ko mbere yo gushyira umukono ku masezerano yagiranye ibiganiro n’ubuyobozi bwa Isibo Radio ku mitekerere y’akazi ke.

Ati “Nonese barabiyobowe y’uko ndara ijoro. Nkanjye urumva ntabwo ngomba gukora iminsi yose, cyane!"

Brianne yavuze ko asanzwe azi kuvugira kuri Radio, kuko yagiye atanga umusanzu kuri Magic FM ndetse no kuri Royal Fm.

Avuga ko yabanje gufata amahugurwa ahagije ajyanye n'itangazamakuru ku buryo azi ibyo kuvuga n'ibyo kutavuga. Ati "Kiriya gihe ugenda ufite byinshi byo kuvuga rimwe na rimwe ukanataha utanabisoje ariko aha ngaha umuntu azajya aba afite umwanya wo kubivuga...."

Mu bandi banyamakuru bamaze gushyira umukono ku masezerano harimo Bianca wamamaye cyane kuri Televiziyo Isibo. Uyu usanzwe ari umushyushyarugamba, yanakoreye ibitangazamakuru binyuranye birimo City Radio ndetse na Flash Fm.

Yari amaze igihe kinini atumvikana mu itangazamakuru. Bianca yabwiye InyaRwanda, ko yagarutse mu rugo, kandi abantu bakwiye kwitega ibyiza kuri iyi Radio.

Ati “Ni ukuvuga ngo muri macye abantu bitege ibyiza byinshi byo hejuru nk’ibisanzwe. Ni ikiganiro kizajya kibonekamo abahanzi (gutumira abahanzi), amakuru y’imyidagaduro yo hirya no ho ku Isi, mbese bizaba ari ibishya gusa, abantu bitegure."

Bianca azajya ahurira mu kiganiro na MC Buryohe ndetse na Dj Trick. Bianca na Buryohe ni inshuti z’igihe kirekire, kuko bombi bakoranye kuri Flash TV ndetse bamaze igihe kinini bakorana ibiganiro kuri Televiziyo Isibo, kandi bagiye bagaragara bafatanyije kuyobora ibirori n’ibitaramo.

Uyu mukobwa yavuze ko batarabona izina ry’ikiganiro bazajya bakora, ariko ko bihaye gahunda y’uko ku wa Gatanu bazaba baritangaje. Ati “Ikiganiro ntabwo ndakibonera izina gusa ntibirenga ku wa Gatanu ntararitangaza, ubu ndahuze ukuntu niyo mpamvu."

Mugenzi Faustin wari umaze igihe ari umunyamakuru wa Ishusho TV, azajya akora ikiganiro cya Siporo, kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu guhera saa tanu z’amanywa.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Isibo TV, Abayisenga Christian yabwiye InyaRwanda ko bazatangira gutambutsa ibiganiro tariki 18 Werurwe 2024, kandi ko binjiye ku isoko bafite umwihariko w’amakuru n’ibiganiro bifasha abantu kwidagadura.

Ati “Ni ugukomeza kuba izingiro ry’amakuru aho tuzajya tugeza ku bakunzi ba Isibo Radio ibiganiro n’amakuru bibafasha kwidagadura, kwiga, bakamenya no kubaruhura."

Akomeza ati “Tuzabagezeho kandi ubusesenguzi bugamije kumenyekanisha, kubaka, no gukundisha, Abanyarwanda imyidagaduro yo mu Rwanda tunifashisha ingero z’ahandi imyidagaduro yateye imbere abayikora n’abayikoramo ikagira n’uruhare mu kubaka Igihugu." 

Gateka Esther uzwi nka DJ Brianne


Emmanuel Rukundo (Emmy Nyawe)


Uwamwezi Mugire Daphine [Bianca]


Cyprien Uzabakiriho [Djihad]


Sengabo Jean Bosco [Fatakumavuta]


Niyigaba Clement [DC Clement]


Mbarubukeye Etienne [Pundit Peace Maker]


Mugenzi Faustin uzajya ukora ikiganiro cya Siporo  


Umuyobozi Ushinzwe ibikorwa bya Isibo Tv, Abayisenga Christian yatangaje ko tariki 18 Werurwe 2024 bazatangira gutambutsa ibiganiro kuri Radio


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...