Fally Merci na Michael Sengazi mu bataramiye mu Burundi mu gitaramo kitabiriwe na Nyampinga-AMAFOTO

Imyidagaduro - 22/08/2023 12:24 PM
Share:

Umwanditsi:

Fally Merci na Michael Sengazi mu bataramiye mu Burundi mu gitaramo kitabiriwe na Nyampinga-AMAFOTO

Abanyarwenya bo mu Rwanda bane basusurukije Abarundi mu gitaramo cy'urwenya cyiswe “Kigingi Summer Comedy " cyateguwe na Alfred Aubin Mugenzi [Kigingi] umunyarwenya uri mu bakomeye mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba.

Aba banyarwenya bari muri kiriya gihugu mu mpera za 'weekend' aho bakoreye iki gitaramo ku Cyumweru tariki 20 Kanama 2023. Ni ubwa mbere Fally Merci yari ataramiye mu Burundi, ni nyuma y'uko atumiye Kigingi mu ruhererekane rw'ibitaramo akorera kuri Mundi Center yise 'Genz- Z Comedy'.

Kigingi yavuze ko atabona amagambo asobanura uko yiyumva nyuma y'ubwitabire buhambaye bw'abarundi bitabiriye iki gitaramo cy'urwenya yageneye impeshyi ya 2023. Ati "Burundi gihugu cyanjye. Imana ikuzigame. Mwakoze cyane Bujumbura."

Iki gitaramo cyagaragayemo Herve Kimenyi, Babu, Michael Sengazi, Herve Kimenyi ndetse na Prince uzwi nka Uzagende kuri Moto.

Kigingi yanifashishije abanyarwenya bazimuka muri kiriya gihugu barimo: Mutima, Raoul, Bareth, Theecember ndetse na Pilipili Troupe. Cyabereye mu Mujyi wa Bujumbura.

Muri iki gitaramo, Fally Merci yateye urwenya ku gihe Sina Gerard yabaye ahaye akazi Bruce melodie ko kuririmbira ingurube ze maze akaziririmbira indirimbo 'Turaberanye'. Uyu musore yanagarutse ku ndirimbo za Israel Mbonyi wakifashisha utereta.

Michael Sengazi yateye urwenya ku mwana w'inshuti ye uvuka kuri Se ufite ipeti rya Col, wari ufite ubumenyi ku gisirikare ku buryo byabafashaga kugira aho bajya

Umunyarwenya Kigingi yagarutse ku muhanzi Dram T wari witabiriye iki gitaramo, agenda anyura mu bantu abasuhuza- Hari n'abo yagiye ahagurutse bagasuhuza abantu

Kigingi yatangaje ko yanyuzwe n'ubwitabire bw'abantu muri iki gitaramo yahariye impeshyi  

Babu yagarutse ku rugendo rwe mu ishuri- Yavuze ko amashuri abanza yayize muri Kenya, akomereza mu Rwanda umuryango we ushaka ko yiga Igifaransa ariko ntibyamuhira

Umunyarwenya Prince uzwi nka 'Uzagenda kuri Moto' yateye urwenya ku mvugo zo mu rurimi rw'ikirundi zisetsa benshi bitewe n'uburyo uzivuzemo.

Ni mu gihe Herve Kimenyi yifashishije ururimi rw'Igifaransa yagarutse ku ndirimbo zo mu rurimi rw'Ilingala rwo muri Congo- Anagaruka ku ndirimbo zo muri Uganda.

Prince uri mu banyarwenya bataramiye mu Burundi, yabwiye InyaRwanda ko ari iby’agaciro kuri bo kuba babashije gutaramira muri kiriya gihugu.

Avuga ko benshi muri bo ari ubwa mbere bari bataramiye mu Burundi. Ati “Ni ibintu by’agaciro cyane bamwe muri twe ni ubwa mbere dutaramiye mu Burundi abandi si ubwa mbere."

Akomeza ati “Ni ibintu bihambaye cyane kuko twagiye dupanga kuza kenshi ariko ntibikunde kubera impamvu zigiye zitandukanye gusa kuri iyi nshuro byarakunze kandi turashimira Kigingi wahisemo kudutumira." 


Umunyarwenya Fally Merci ari kumwe na Kigingi mu gitaramo cyo mu Burundi- Baherukaga guhurira muri Gen-Z Comedy'

Umunyarwenya Herve Kimenyi yongeye gutaramira mu Mujyi wa Bujumbura

Michael Sengazi yataramiye mu Burundi mu gitaramo cy’urwenya cyahariwe impeshyi 

Ndayizeye Lellie Carelle uherutse kwegukana ikamba rya Miss Burundi 2023 ari mu bagiriye ibihe byiza muri iki gitaramo cy'urwenya


Kigingi yavuze ko yari amaze igihe anyotewe no gutaramira abarundi bagenzi be 


Umunyarwenya Babu yagarutse ku rugendo rwe mu mashuri yo muri kenya no mu Rwanda


Umunyarwenya Prince usanzwe ukorera Power Fm yatangaje ko bishimiye gutaramira abarundi


Abarenga ibihumbi bitanu bitabiriye igitaramo ‘Kigingi Summer Comedy’ 


Iki gitaramo cyabereye mu Mujyi wa Bujumbura mu Burundi






KANDA HANO UREBE UKO IKI GITARAMO CYAGENZE MU BURUNDI

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...