Ibi
bitaramo bizatangira ku wa 13 Kamena 2026 mu Musanze, aho Bruce Melodie azahera
atanga igitaramo cya mbere muri uru rugendo. Azakomereza ku wa 20 Kamena 2026
muri Nyagatare, mbere yo kwerekeza mu Bugesera ku wa 27 Kamena 2026.
Mu
Bugesera ni ho hazaba igitaramo gifite umwihariko udasanzwe, kuko Bruce Melodie
azaba yubahiriza isezerano yahaye abaturage baho, nyuma yo kubura uko
abataramira muri 2024 kubera imvura nyinshi yaburijemo igitaramo cya MTN Iwacu
Muzika Festival.
Urugendo
ruzasozwa ku wa 4 Nyakanga 2026 muri Rubavu, aho azasoreza ibi bitaramo bye.
InyaRwanda
yamenye ko icy’ingenzi kizaranga iyi “tour” ari uko buri gitaramo kizajya
kibanzirizwa n’imurikagurisha ry’iminsi ine (Expo), rizajya rihuza abahanzi
n’abandi bakora ibijyanye n’ubuhanzi bo muri buri karere. Iyi ‘Expo’ izafasha
guteza imbere impano zaho no kongera ubufatanye mu ruganda rw’imyidagaduro.
Uretse
The Ben umaze kwemezwa nk’umwe mu bazafatanya na Bruce Melodie muri ibi
bitaramo, hitezwe ko hazatangazwa abandi bahanzi bazaba bari kumwe na bo mu
bindi bitaramo.
Mu
butumwa Bruce Melodie yashyize ku mbuga nkoranyambaga yagize ati: “Imijyi ine.
Impera z’icyumweru enye zuzuye ibyishimo, umuziki mwiza, n’ibihe bitazibagirana
byo kwishimisha.”
Iyi
“Summer Country Tour” ifite intego yo kwegera abafana
hirya no hino mu gihugu, cyane cyane mu ntara zitandukanye, ndetse no guhuza
ibitaramo n’ibikorwa by’iterambere ry’abahanzi bakizamuka binyuze muri Expo.
Bruce
Melodie na The Ben batangaje “Summer Country Tour 2026” izazenguruka Musanze,
Nyagatare, Bugesera na Rubavu, aho buri gitaramo kizabanzirizwa n’imurikagurisha
ry’abahanzi (Expo)

