Ev. Dorcas Uwingeneye warokotse ubuzima bwo mu muhanda agiye gutaramira i Kigali

Imyidagaduro - 30/10/2025 4:08 PM
Share:

Umwanditsi:

Ev. Dorcas Uwingeneye warokotse ubuzima bwo mu muhanda agiye gutaramira i Kigali

Uwingeneye Dorcas, umuvugabutumwa w’umunyarwandakazi ukorera umurimo w’Imana muri Uganda, yageze i Kigali mu rugendo rufite intego ebyiri zikomeye – gukangurira abantu kugira umutima w’urukundo n’impuhwe, no gutegura igitaramo gikomeye giteganyijwe kuba tariki ya 20 Ukuboza 2025.

Uyu mugore asanzwe abarizwa mu Mujyi wa Kampala. Ni umwe mu bantu bagize ubuzima bugoye ariko nyuma akabukiramo, ubu akaba yarahindutse intumwa y’amahoro n’urukundo ku bandi banyuze mu nzira nk’iyo yanyuzemo.

Dorcas yavukiye mu Rwanda, akurira mu buzima bwari bugoye cyane. Yabaye mu bihe by’inzara, kutagira aho arara, ndetse no kubura ubushobozi bwo kwiga.

Mu magambo ye bwite, avuga ko ibyo byose byamubereye isoko y’umutima wo gufasha abandi. Yabwiye InyaRwanda, ati “Ubuzima nari ndimo bwari bugoye cyane. Kuba umwana udafite icyo kurya, icyo kunywa cyangwa aho kuba, byatumye ngera aho numva ntashobora kurebera abandi bari mu buzima nk’ubwo. Niyo mpamvu nashyize umutima ku bikorwa bifasha abana n’abantu bari mu buzima bwo mu muhanda.”

Yongeraho ko ibikomere n’ibibazo yanyuzemo byamubereye isomo ry’ubuzima n’impamvu yo gufasha abandi. Avuga ati “Nabayeho ubuzima bwo mu muhanda. Nta muntu wari witaye kuri njye, ariko uyu munsi ndashimira Imana ko yampinduye, ikampa intego yo kuba icyizere ku bandi bari mu rugendo nk’urwanjye.”

Dorcas yemeza ko urugendo rwe i Kigali ari rwo rugize intangiriro y’uruhererekane rw’ibikorwa by’urukundo n’ubugiraneza ateganya gukorera mu Rwanda. Avuga ko ibikorwa bye bizibanda ku gufasha abantu batishoboye, cyane cyane abana n’imiryango itabona amikoro ahagije.

Akomeza ati “Ndashaka gukorana n’abana bari mu muhanda, abatagira aho barara n’abatabona ubufasha. Nzatanga ubwisungane mu kwivuza ku bantu 200, mfashe imiryango itishoboye kubona ibyo kurya, kuryama n’ibyo kwambara."

Ibi bikorwa byose bizabera ku munsi umwe n’igitaramo cye cy’ivugabutumwa kizaba ku itariki ya 20 Ukuboza 2025, aho azaba ahuriza hamwe abantu banyuranye, inzego za Leta, abikorera n’abakirisitu, mu gikorwa cyo “guhagurukira gufasha abatishoboye.”

Nyuma yo gukurira mu buzima bwo mu muhanda, Dorcas yafashe icyemezo cyo gukizwa. Ubu ni umwigisha w’Ijambo ry’Imana mu Itorero Nayoti Ministries ryo muri Kampala.

Yize muri Kaminuza ya Grace Room University yo muri Uganda, mu ishami ry’iyobokamana, nyuma yo gukomeza amasomo yari yaratangiye mu Rwanda.

Ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali, aho yageze ku wa Kane tariki 30 Ukwakira 2025, Dorcas yagaragaje ibyishimo byinshi byo kongera kuba mu gihugu yavukiyemo. Yavuze ko u Rwanda ari rwo rwatumye agira indoto zo guhindura isi, n’ubwo igihe kimwe rwamubereye ahantu hagoye kubaho.

Ndahiro Valens Pappy, ushinzwe gutegura ibikorwa bya Dorcas i Kigali, yabwiye InyaRwanda ko igitaramo cya Dorcas kizaba kirimo ibikorwa bifatika byo gufasha abantu bakeneye ubufasha, cyane cyane mu by’ubuzima n’imibereho.

Avuga ati “Icyo tugamije si igitaramo cy’amajwi gusa, ahubwo ni igikorwa cyuzuyemo ubuzima. Tuzatanga ubwisungane mu kwivuza ku bantu 200, ndetse n’imiryango izahabwa ibikoresho nkenerwa mu buzima bwa buri munsi.”

Dorcas avuga ko urugendo rwe i Kigali rugamije no gusiga ubutumwa bw’uko “muri bicye umuntu afite ashobora guhindura ubuzima bwa mugenzi we.”

Avuga ko afatira urugero kuri Apôtre Mignonne, umwe mu bavugabutumwa bamuhaye isomo rikomeye mu kugendera mu mucyo no gukorera Imana n’abantu.

Uwingeneye Dorcas, uvuye mu buzima bwo mu muhanda, ubu ni icyitegererezo cy’uko ubuzima bushobora guhinduka. Urugendo rwe ni inkuru y’ukwizera, impuhwe, n’urukundo rufasha abandi gusubira mu buzima bushya.

Dorcas ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, agarutse mu gihugu yavukiyemo nyuma y’imyaka atahagaragara

 

Umuvugabutumwa Dorcas avuga ko ubuzima bwo mu muhanda bwamuhaye isomo rikomeye ryatumye yiyemeza gufasha abandi 

Dorcas asobanura ko ibikorwa bye by’urukundo bigamije gufasha abana n’imiryango iri mu buzima bugoye -Aha yari kumwe n'abakobwa bo muri Kigali Protocol bamwakiriye 

Uwingeneye Dorcas, umaze imyaka akorera ivugabutumwa muri Uganda, ateganya igitaramo n’igikorwa cy’ubugiraneza i Kigali ku itariki ya 20 Ukuboza 2025


Dorcas avuga ko urugendo rwe rwasembuwe n’icyifuzo cyo gusiga isura y’urukundo n’impuhwe mu Rwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...