Espagne: Ikipe yo mu cyiciro cya kabiri yaguzwemo imigabane na Cristiano yatangiye guhura n’ingaruka ze

Imikino - 27/02/2026 11:58 AM
Share:

Umwanditsi:

Espagne: Ikipe yo mu cyiciro cya kabiri yaguzwemo imigabane na Cristiano yatangiye guhura n’ingaruka ze

Ikipe ya UD Almería ikina shampiyona y’icyiciro cya kabiri muri Espagne ikaba yaraguzwemo imigabane na Cristiano Ronaldo yatangiye guhura n’ingaruka ze binyuze ku mbuga nkoranyamabaga.

Ku munsi w'ejo ni bwo byatangajwe ko uyu kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Portugal na Al Nassr yo muri Arabia Saudite yaguze imigabane ingana na 25% muri iyi kipe binyuze binyuze muri kompanyi ye ya CR7 Sports Investement.

Mu itangazo ryashyizwe hanze, Cristiano Ronaldo yavuze ko ari intego ze z’igihe kirekire mu gutanga umusanzu we mu mupira w’amaguru ari hanze y’ikibuga ndetse ko atewe ishema no kuzakorana n’abayobozi ba UD Almería mu kuyifasha gutera imbere.

Ati:”Nari maze igihe kirekire mfite intego yo gutanga umusanzu mu mupira w’amaguru, atari mu kibuga gusa. UD Almería ni ikipe yo muri Espagne ifite umusingi ukomeye n’amahirwe agaragara yo gukomeza gutera imbere. Ntewe ishema no kuzakorana n’abayobozi b’iyi kipe mu kuyifasha mu cyiciro cyayo gishya cy’iterambere.”

Nyuma y’amasaha macye ibi bibayeho iyi kipe imaze kunguka abayikurikira benshi ku mbuga nkoranyamabag. Nko ku rubuga rwa Instagram imaze kunguka abayikurikira barenga Miliyoni ebyiri n’igice. Mbere yari ifite abayikurikira barenga ibihumbi 489 none ubu ifite Miliyoni ebyiri n’ibihumbi 900.

UD Almería iri ku mwanya wa gatatu muri shampiyona ikaba irushwa amanota abiri n’ikipe ya mbere mu gihe hasigaye imikino 15 ngo shampiyona irangire. Ibi bivuze ko ifite amahirwe menshi yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere, La Liga, ibintu byatuma iri shoramari rya Ronaldo rirushaho kugira agaciro.

Perezida wa Almería, Mohamed Al Khereiji, na we yishimiye iri shoramari, avuga ko kuba Ronaldo yinjiye muri iyi kipe ari icyizere gikomeye ku hazaza hayo. Yavuze ko Ronaldo azi neza umupira wa Espagne kandi asobanukiwe amahirwe ari imbere y’iyi kipe, haba mu ikipe nkuru no mu marerero.

Aguze imigabane muri iyi kipe nyuma y’uko iheruka kugurwa Suadi Arabia Imvestment Group aho bivugwa ko afitanye umubano udasanzwe na Perezida wayo, Mohamed Al Khereiji.

Abakurikira UD Almería bakomeje kwikuba


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...