Yagize
ati “Uwo musore wamwishe ndamubabariye. Ndamubabariye kuko ari ko Kristo
yabigenje kandi ari na ko umugabo wanjye yari kubigenza.”
Aya
magambo yatumye imbaga y’abari muri stade bose bahaguruka bamukomera amashyi.
Ubushinjacyaha
bwemeje ko Robinson aramutse ahamwe n’icyaha ashobora gukatirwa igihano
cy’urupfu. Ariko mu kiganiro Erika Kirk yagiranye na New York Times, yavuze ko
adashaka kugira uruhare mu gufata icyo cyemezo.
Yagize
ati: “Nabwiye umwunganizi wacu mu mategeko ko nshaka ko ari leta ifata icyo
cyemezo. Sinshaka kugira amaraso y’uwo musore ku mutima wanjye. Kuko igihe
nzaba imbere ya Yesu, sinshaka kubazwa niba natoye ijisho ryishyura irindi.”
Nyuma
y’urupfu rwe, Erika Kirk yahise agirwa Umuyobozi Mukuru mushya [CEO] w'ikigo
'Turning Point USA'.
Mu
ijambo rye yavuze ati “Igisubizo ku rwango si urundi rwango. Igisubizo, nk’uko
ubutumwa bwiza butwigisha, ni urukundo –urukundo ku banzi bacu, no ku
batugirira nabi.”
Urupfu
rwa Charlie Kirk rwatumye havuka impaka zikomeye muri politiki ya Amerika,
bamwe mu banyapolitiki bashinja abandi mu kugira uruhare mu “gukongeza
urwango.” Nyamara abayobozi ba Democratic Party n’abandi banyapolitiki bakomeye
bamaze kwamagana iri yicwa.
Mu
ijambo rye, Donald Trump, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yashimagije
Charlie Kirk amwita “umumaritiri wahowe ubwisanzure bw’Amerika.” Yongeyeho a
Ibi
byatumye bamwe mu bari aho baseka, ariko Trump yakomeje avuga ko Charlie Kirk
ari “indashyikirwa mu bo mu rungano rwe.”
Uyu muhango wari urimo imbwirwaruhame z’abantu batandukanye bo muri MAGA movement (Make America Great Again) barimo na Visi Perezida JD Vance, ndetse na Perezida Trump wari inshuti ya hafi ya Charlie Kirk.
Erika Kirk (Uri iburyo) yahisemo kubabarira uregwa kwica umugabo we, no gukomeza umurage we mu buyobozi bwa Turning Point USA
Urupfu rwa Charlie Kirk rwatumye politiki yinjira cyane mu muhango wo kumusezeraho, aho Perezida Trump n’abandi bayobozi bo ku ruhande bagarutse ku ngingo za politiki, mu gihe umugore we yibanze ku butumwa bw’urukundo n’imbabazi
Charlie Kirk yishwe arashwe ku itariki ya 10 y'uku kwezi kwa Nzeri (9)
Abantu
bagera hafi ku 100,000 bahuriye mu gikorwa cyo gusezera bwa nyuma kuri Charlie
Kirk