Eric Omondi yafunzwe ashaka imikono yo kugabanya intara za Kenya 47 zikaba 8

Imyidagaduro - 07/09/2026 10:38 AM
Share:

Umwanditsi:

Eric Omondi yafunzwe ashaka imikono yo kugabanya intara za Kenya 47 zikaba 8

Umunyarwenya wahindutse umunyamurava mu bikorwa byo guharanira impinduka muri Kenya, Eric Omondi, yatawe muri yombi mu Mujyi wa Nairobi ubwo yari mu gikorwa cyo gukusanya imikono y’abaturage bashyigikira igitekerezo cyo kugabanya umubare w’intara z’iki gihugu.


Omondi yafatiwe ahazwi nka Nairobi National Archives, mu gihe yakusanyaga imikono ishyigikira gahunda ye yo guhindura imiterere y’imiyoborere ya Kenya, aho ashaka ko intara 47 zisimbuzwa uturere twagutse umunani.

Uyu mugambi uri mu bikorwa bya gahunda ya Punguza Mzigo, Omondi amaze igihe akoresha mu gusaba impinduka muri politiki n’imiyoborere y’igihugu cye.

Eric Omondi avuga ko Kenya ifite inzego nyinshi z’imiyoborere n’abayobozi benshi, ibintu abona ko bituma abaturage bakomeza kwishyura amafaranga menshi mu mishahara n’ibindi bikorwa bijyanye n’imiyoborere.

Igitekerezo cye ni uko intara 47 Kenya ifite zagabanywa zikaba umunani gusa, hagamijwe kugabanya amafaranga akoreshwa mu nzego z’imiyoborere.

Omondi kandi asaba ko hakurwaho imwe mu myanya y’abayobozi, irimo iya ba Senateri, Abadepite bahagarariye abagore ndetse n’imwe mu myanya y’abashyirwaho mu nzego za politiki.

Kuri we, amafaranga igihugu cyakoresha muri izo nzego yagabanywa, maze igice cyayo kikerekeza mu bikorwa bifitiye abaturage akamaro, birimo uburezi n’izindi serivisi.

Uyu munyarwenya avuga ko gahunda yo kwegereza abaturage ubuyobozi yari igamije gutuma serivisi zibageraho hafi. Ariko we asanga mu myaka yakurikiyeho yarazanye izindi nzego z’ubuyobozi n’ibindi bikorwa bisaba amafaranga menshi.

Kugira ngo igitekerezo cye gikomeze inzira yo kuganirwaho no gutorerwa, Omondi yatangiye ubukangurambaga bwo gukusanya imikono y’abaturage.

Intego ye ni ugukusanya imikono igera kuri miliyoni imwe, kugira ngo asabe ko ibyo byifuzo byashyirwa mu nzira y’ivugururwa ry’Itegeko Nshinga, harimo no kuba byagezwa ku baturage binyuze muri referendum.

Ni ubukangurambaga bwatangiye kongera kuvugwa cyane nyuma y’uko Omondi afatiwe muri Nairobi.

Nubwo Omondi afite abamushyigikiye, igitekerezo cye nticyakiriwe na bose.

Depite uhagarariye Lang’ata, Phelix Odiwour uzwi nka Jalang’o, yagaragaje amakenga kuri gahunda ya Omondi, cyane cyane ku bijyanye n’uko yaba ishobora kunyura mu nzira zemewe n’amategeko.

Jalang’o avuga ko no mu gihe Omondi yaba abashije kubona imikono isabwa, ibyo bidahita bivuga ko impinduka ziba zakozwe.

Hari inzira ndende y’ivugururwa ry’Itegeko Nshinga igomba gukurikizwa, ikaba irimo n’inzego za politiki nka Parliament.

Ikibazo gikomeye, nk’uko Jalang’o abibona, ni uko bamwe mu banyapolitiki bagomba kugira uruhare mu kwemeza izo mpinduka ari na bo bashobora gutakaza imyanya yabo.

Urugero, niba igitekerezo cyo gukuraho umwanya wa Senateri cyemejwe, Senateri uriho yaba ari mu bantu bagomba gusuzuma impinduka zishobora gutuma uwo mwanya uvaho.

Ni yo mpamvu Jalang’o asanga bigoye gutegereza ko abanyapolitiki bashyigikira impinduka zishobora gutuma ubwabo batakaza imyanya bafite.

Si ubwa mbere Omondi atabwa muri yombi

Gufatwa kwa Eric Omondi si ibintu bishya ku muntu umaze igihe akoresha ibikorwa byo ku mugaragaro mu kugaragaza ibibazo bya politiki n’imibereho y’abaturage.

Uyu munyarwenya waje kwinjira cyane mu bikorwa byo guharanira impinduka, yigeze no gutabwa muri yombi mu myigaragambyo ijyanye na Finance Bill, ubwo abaturage benshi muri Kenya barwanyaga gahunda z’imisoro n’izindi mpinduka za Leta.

Omondi amaze kubaka izina nk’umuntu ukoresha ubwamamare bwe mu kwitabira no gutangiza ibikorwa bigamije kugaragaza ibibazo abaturage bahura na byo.

Gahunda yo kugabanya intara za Kenya 47 zikaba umunani yongeye gutuma hibazwa ku miterere y’imiyoborere y’igihugu n’amafaranga akoreshwa mu nzego za Leta.

Ku ruhande rumwe, Omondi avuga ko kugabanya inzego n’imyanya y’ubuyobozi byafasha igihugu kuzigama amafaranga no kuyashyira muri serivisi abaturage bakeneye.

Ku rundi ruhande, abatemeranya na we bibaza niba impinduka nk’izo zishoboka mu buryo bw’amategeko kandi zigashyirwa mu bikorwa nta zindi ngaruka zitewe no guhindura uburyo Kenya isanzwe iyoborwamo.

Kuri ubu, Omondi aracyakomeje gusaba Abanya-Kenya gushyigikira igitekerezo cye binyuze mu gutanga imikono.

Arashaka kugera ku ntego y’imikono miliyoni imwe, ariko nyuma yaho hakaba hakiri indi nzira ndende igomba gukurikizwa mbere y’uko igitekerezo nk’iki gihinduka itegeko.

Eric Omondi ni umwe mu banyarwenya bakunzwe cyane mu Karere ka Afrika y'Iburasirazuba

Eric Omondi, yatawe muri yombi mu Mujyi wa Nairobi ubwo yari mu gikorwa cyo gukusanya imikono y’abaturage bashyigikira igitekerezo cyo kugabanya umubare w’intara z’iki gihugu



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...