Eric Omondi wabiciye bigacika muri Kenya yageze i Kigali

Imyidagaduro - 31/10/2025 3:22 PM
Share:

Umwanditsi:

Eric Omondi wabiciye bigacika muri Kenya yageze i Kigali

Umunyarwenya w’icyamamare muri Kenya, Eric Omondi wamamaye ku rwego rw'Afurika nk’umwe mu basetsa bafite ubuhanga n’uruhare mu guhindura imibereho ya benshi, yageze i Kigali kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Ukwakira 2025, aje kuyobora ibirori bikomeye by’umunyarwandakazi w’umubyinnyi mpuzamahanga Sherrie Silver bizwi nka "The Silver Gala."

Ibi birori biteganyijwe kuba kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Ugushyingo 2025 muri BK Arena, bikazaba ari inshuro ya kabiri bibaye, nyuma y’ibiheruka mu 2024 byabereye muri Kigali Convention Center bikitabirwa n’abahanzi, abanyamideli, abakinnyi ba filime, n’abanyadushya batandukanye baturutse hirya no hino ku isi.

Akigera i Kigali, Eric Omondi yahise ajya kuri Zaria Court aho yahuriye n’umukobwa witwa Njagi, uzayobora igice cy’abazagenda batambuka ku itapi itukura (‘Red Carpet’).

Uyu munyarwenya w’imyaka 41 yakiriwe n’abafana bamweretse urukundo, abandi barimo gusaba amafoto n’ibiganiro, mu gihe abandi bamwibukiraga mu buryo asetsa butagira uko busa bwagiye bumuhesha izina rikomeye muri Kenya no hanze yayo.

Uyu mugabo uzayobora ‘The Silver Gala’ afatanyije na Makeda Mahadeo, umwe mu banyarwandakazi bazwi ku rwego rwo hejuru mu kuyobora ibirori n’ibiganiro by’itangazamakuru, yagaragaje ko yishimiye kugaruka mu Rwanda nyuma y’imyaka myinshi ahafite abafana n’inshuti nyinshi.

Uretse ubuhanzi bwe mu gusetsa, Eric Omondi azwiho no kwivanga muri Politiki y’igihugu cye n’ukuntu yagiye atabariza abatishoboye, cyane cyane urubyiruko n’ababyeyi batabasha kubona ibikoresho by’ibanze byo kubaho. Byatumye yitwa “umunyarwenya ufite umutima w’impuhwe.”

Kuri ubu, abategura ‘The Silver Gala’ batangaje ko amatike yamaze gushyirwa ku isoko, kandi ko imyiteguro igeze kure kugira ngo iri joro rizibukirwe mu mateka y’imyidagaduro nyarwanda.

Sherrie Silver, watangiriye urugendo rwe mu kubyina akiri muto, ubu ni umwe mu banyarwandakazi bubashywe ku rwego mpuzamahanga. Yamenyekanye cyane ubwo yayoboraga imbyino indirimbo ‘This is America’ ya Childish Gambino, yaje kwegukana ibihembo bya Grammy Awards.

Ibirori bye bya ‘The Silver Gala’ bitegura kuzahuza abanyempano, abakunzi b’imyidagaduro n’abashoramari mu rwego rwo gukomeza guteza imbere impano z’abana n’urubyiruko rw’Abanyarwanda.

Eric Omondi ntiyaje gusa nk’umushyitsi, ahubwo nk’umwe mu bazatanga umunezero n’urwenya mu gitaramo cyitezweho guhuriza hamwe ubuhanga, uburanga n’umucyo w’imyidagaduro nyarwanda n’iy’isi muri rusange.

Eric Omondi akigera i Kigali, yahuye na Njagi uzayobora igice cya ‘Red Carpet’ cya 'The Silver Gala', bombi bagaragara bishimye mu myiteguro y’iki gikorwa gikomeye kizabera muri BK Arena

Kugeza ubu amatike yo kwinjira mu birori mpuzamahanga bya The Silver Gala yamaze gushira ku isoko


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...