Elon Musk yakomeje kuba umukire wa mbere ku Isi; Bill Gates abura ku rutonde

Ubukungu - 09/03/2026 7:36 AM
Share:

Umwanditsi:

Elon Musk yakomeje kuba umukire wa mbere ku Isi; Bill Gates abura ku rutonde

Umushoramari w’Umunyamerika Elon Musk yongeye gushyiraho amateka mashya ku rutonde rw’abaherwe ku Isi, aho umutungo we urenga miliyari 839 z’amadolari (asaga tiriyari imwe na miliyari 80 Frw), bituma arushaho gusiga intera nini abakurikiyeho.

Urutonde ruheruka gutangazwa na Forbes ku wa 1 Werurwe 2026, rugaragaza ko Musk yinjije miliyari 64$ mu kwezi kwa Gashyantare gusa, ndetse kuva umwaka wa 2026 watangira amaze kongeraho arenga miliyari 100$.

Uyu mugabo uyobora ibigo birimo SpaceX na Tesla, yamaze kwandika amateka akomeye mu mutungo ku Isi. Mu Ukwakira 2025 yabaye umuntu wa mbere wageze ku mutungo wa miliyari 500$, mu Ukuboza arenga 600$ na 700$, naho muri Gashyantare 2026 umutungo we urenga bwa mbere miliyari 800$.

Ibi byatumye asiga intera irenga miliyari 500$ hagati ye n’uri ku mwanya wa kabiri, ari we Larry Page, umwe mu bashinze Google, ufite umutungo ubarirwa muri miliyari 257$.

Abakurikiyeho barimo Sergey Brin ufite miliyari 237$, Jeff Bezos ufite miliyari 224$, ndetse na Mark Zuckerberg ufite miliyari 222$. Urutonde rukomeza rugaragaraho Larry Ellison, Bernard Arnault, Jensen Huang, Warren Buffett na Amancio Ortega.

Icyakora ku rutonde rw’abantu 10 ba mbere bafite umutungo munini ku Isi ntihakigaragara Bill Gates, wahoze ari umwe mu baherwe bayoboye isi mu myaka myinshi ishize. Yavuye muri uru rutonde mu Ukwakira 2024 nyuma y’uko Forbes ibonye amakuru mashya yatumye umutungo we ugaragara ko wagabanutse cyane.

Imibare igaragaza ko abantu 8 muri 10 bafite umutungo munini ku Isi ari Abanyamerika, mu gihe abadakomoka muri Amerika ari babiri gusa: Umufaransa Bernard Arnault uyobora sosiyete y’ibicuruzwa by’akataraboneka ya LVMH, ndetse n’Umunya-Espagne, Amancio Ortega washinze ikigo cy’imyambaro cya Zara.

Abantu 10 ba mbere ku Isi bafite umutungo ubarirwa hamwe muri miliyari 2.6 z’amadolari, kandi buri umwe muri bo afite nibura miliyari 148$. Bill Gates wigeze kuba umukire wa mbere ku Isi, kuri ubu ntari mu bantu 10 ba mbere bafite umutungo munini ku Isi, nyuma y’amakuru mashya agaragaza ko umutungo we wagabanutse.

Abasesenguzi bavuga ko abantu benshi ku Isi bari gukurikiranira hafi niba Elon Musk ashobora kuzaba umuntu wa mbere mu mateka uzagera ku mutungo wa tiriyari imwe y’amadolari ($1 trillion), cyane cyane mu gihe biteganyijwe ko sosiyete ye SpaceX ishobora kujya ku isoko ry’imari n’imigabane (IPO) mu mpera z’uyu mwaka.

Elon Musk ni umwe mu bashoramari n’abahanga mu ikoranabuhanga bazwi cyane ku Isi. Azwi cyane kubera ibigo yashinze cyangwa ayoboye byahinduye byinshi mu ikoranabuhanga, ingufu n’ingendo zo mu kirere.

Musk amaze imyaka ayoboye urutonde rw’abaherwe ku Isi. Umutungo we ukomoka cyane ku migabane afite mu bigo birimo Tesla na SpaceX. Yashinze cyangwa agira uruhare rukomeye mu bigo byinshi by’ikoranabuhanga birimo:

1.Tesla – ikora imodoka zikoresha amashanyarazi.

2.SpaceX – ikora ibyogajuru n’ingendo zo mu kirere.

3.Neuralink – ikora ubushakashatsi ku buryo ubwonko bw’umuntu bushobora guhuza na mudasobwa.

4.The Boring Company – yubaka imihanda yo munsi y’ubutaka.

5.X Corp. – urubuga nkoranyambaga yaguze rwahoze rwitwa Twitter.

Musk yavukiye i Pretoria muri Afurika y’Epfo mu 1971. Nyuma yimukiye muri Canada, hanyuma ajya muri Amerika aho yateje imbere ibikorwa bye byinshi.

Kimwe mu byo akunze kuvuga cyane ni gahunda yo kohereza abantu ku mubumbe wa Mars, akoresheje ikoranabuhanga rya SpaceX, agamije ko abantu bazabasha gutura ku yindi mibumbe.

Elon Musk akunze kuvugwaho gukora ibintu bitandukanye bituma avugwa cyane ku Isi, nko kugerageza imodoka zitwara ubwazo, ibyogajuru bisubira ku isi bigakoreshwa inshuro nyinshi, ndetse no kugura urubuga X (Twitter).

Musk akunze gutangaza ibitekerezo bye ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane kuri X, aho amagambo ye akenshi akurura impaka n’ibiganiro ku Isi.

Elon Musk yongeye gushyiraho amateka mashya ku rutonde rw’abaherwe ku Isi, umutungo we urenga miliyari 839$ bituma asiga intera nini abakurikiyeho

Bill Gates ntakiri mu bantu 10 ba mbere bafite umutungo munini ku Isi, nyuma y’amakuru mashya agaragaza ko umutungo we wagabanutse



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...