Elon Musk yaciwe ihazabu ya Miliyoni 1.5$ kubera amakosa yakoze agura ‘X’

Ubukungu - 05/05/2026 10:29 AM
Share:

Umwanditsi:

Elon Musk yaciwe ihazabu ya Miliyoni 1.5$ kubera amakosa yakoze agura ‘X’

Umuyobozi mukuru wa Tesla, Elon Musk, yemeye kwishyura ihazabu ya miliyoni 1.5 z’amadolari ya Amerika ($1.5M) mu bwumvikane yagiranye n’ikigo gishinzwe kugenzura isoko ry’imari n’imigabane muri Amerika “Securities and Exchange Commission (SEC)”. Ibi bije nyuma y’aho ashinjwe kurenga ku mategeko agenga imigabane ubwo yaguraga imigabane ya Twitter (ubu yise X).

SEC ivuga ko mu 2022, Elon Musk yaguze imigabane irenga 5% muri Twitter ariko ntiyahita abitangaza ku gihe nk’uko amategeko abiteganya. Mu busanzwe, umuntu ugeze kuri uwo mubare agomba kubitangaza mu gihe kitarenze iminsi 10.

Ariko Musk we yabikoze atinzeho umunsi umwe (iminsi 11), ibintu byamuhaye inyungu. Nk’uko SEC ibivuga, uku gutinda kwatumye ashobora gukomeza kugura imigabane ku giciro kiri hasi, kuko isoko ritari ryamenya ko ari gukusanya imigabane myinshi.

SEC ivuga ko kubera kudatangaza amakuru ku gihe, Musk yazigamye agera kuri miliyoni 150 z’amadolari ($150M). Impamvu ni uko iyo ayo makuru aza kujya hanze hakiri kare, igiciro cy’imigabane ya Twitter cyari kuzamuka vuba, bikamugora kuyigura ku giciro gito.

Ubwo yaje gutangaza ko afite 9% by’imigabane ya Twitter, igiciro cy’iyo migabane cyahise gisimbuka kigera kuri 27%.

Nyuma yo kuba umwe mu bafite imigabane myinshi, Musk yaje gutekereza kujya mu buyobozi bwa Twitter, ariko biza kurangira atanze icyifuzo cyo kuyigura yose.

Yaje kumvikana n’ubuyobozi bwa Twitter kuyigura miliyari 44 z’amadolari ($44B), ariko nyuma agerageza kwisubiraho. Ibi byaje kurangira urukiko rumutegetse gukomeza uwo mwanzuro, arayigura, ayihindurira izina ayita “X”.

N’ubwo yemeye kwishyura ihazabu, Elon Musk ntiyemeye icyaha. Ibi bisanzwe bibaho mu masezerano nk’aya, aho umuntu yemera kwishyura ariko atemera ku mugaragaro ko yakoze amakosa.

Icyakora, aya masezerano agomba kubanza kwemezwa n’urukiko kugira ngo atangire gushyirwa mu bikorwa nk’uko The Washington Post ibivuga.

Ibi bibaye mu gihe Musk akomeje kugaragara mu manza zitandukanye. Mu minsi ishize, yanatanze ubuhamya mu rubanza aregamo abayobozi ba OpenAI (ikigo kiri inyuma ya ChatGPT), abashinja kutubahiriza amasezerano bagiranye ubwo batangizaga icyo kigo nk’ikitari kigamije inyungu.

Amakuru yagiye hanze muri uru rubanza agaragaza ubutumwa bw’ibanga (emails na messages) hagati y’abanyembaraga mu ikoranabuhanga, ibintu byatumye iri rubanza rukurura amaso y’abatari bake.

Ibi bigaragaza uburyo imyitwarire ya Elon Musk mu kugura imigabane ya Twitter yakomeje guteza impaka n’ibibazo by’amategeko.

Nubwo yaje gutsinda urugamba rwo kuyigura akanayihindura X, inzira yanyuzemo yaranzwe n’ibirego, imanza n’amasezerano nk’aya aherutse kugirana na SEC.

Elon Musk yemeye kwishyura ihazabu ya Miliyoni 1.5$ nyuma yo gushinjwa gutinda gutangaza imigabane yaguze muri X, ibintu bivugwa ko byamuhesheje inyungu ya Miliyoni 150$ ku isoko ry’imari


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...