Element yavuye i Huye yerekeza muri Uganda mu gitaramo

Imyidagaduro - 20/03/2026 1:06 PM
Share:

Umwanditsi:

Element yavuye i Huye yerekeza muri Uganda mu gitaramo

Umuhanzi nyarwanda wubatse izina mu muziki ndetse no mu gutunganya indirimbo, Element Eleeh, yamaze kugera mu Mujyi wa Kampala aho agiye kwitabira igitaramo gikomeye cy’urwenya n’umuziki kizwi nka ‘Comedy Store’, kizahurirana no kwizihiza Umunsi Mukuru wa Eid.

Uyu musore wageze ku kibuga mpuzamahanga cya Entebbe International Airport mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Werurwe 2026, yerekeje muri Uganda avuye mu Karere ka Huye, aho yari yitabiriye iserukiramuco rya Siga Art Festival ryari rimaze iminsi ribera muri aka gace.

Element Eleeh ategerejwe kuririmba muri iki gitaramo kizabera ahazwi nka UMA Showgrounds guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. Iki gitaramo gifite umwihariko wo guhuza urwenya n’umuziki, kikaba cyanahuriranye n’ibirori byo kwizihiza Eid al-Fitr, isoza ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan.

Ni igitaramo gitegerejwe n’imbaga y’abantu benshi, cyane cyane abatuye mu murwa mukuru wa Uganda ndetse n’abifuza kwizihiza Eid mu buryo bw’imyidagaduro.

Element Eleeh azahurira ku rubyiniro n’abahanzi bakomeye muri Uganda barimo Sheebah Karungi, Rema Namakula, King Saha, Maddox Ssematimba ndetse na Hajj Haruna Mubiru, Mesach Semakula n’abandi benshi barimo Laika Music, Kapeke na Myko Ouma.

Si abahanzi gusa bazitabira iki gitaramo, kuko hazaba harimo n’abanyarwenya bagezweho muri Uganda barimo Madrat & Chiko, MC Mariachi, Amooti Omubalanguzi, Maulana & Reign, Sammie & Shawa, Raj Kabeja ndetse na Merry Heart Comedians n’abandi.

‘Comedy Store’ ni igitaramo kimaze kubaka izina rikomeye i Kampala, aho kizwiho gutanga imyidagaduro ihuza urwenya n’umuziki mu buryo budasanzwe. Gitegurwa na Alex Muhangi afatanyije na Kalela Daniel, kikaba kimaze kuba kimwe mu bitaramo bikurura imbaga nyamwinshi muri iki gihugu.

Kwitabira iki gitaramo kwa Element Eleeh ni indi ntambwe igaragaza uko umuziki nyarwanda ukomeje kwaguka ku rwego mpuzamahanga, aho abahanzi nyarwanda bagenda babona amahirwe yo kuririmba ku rubyiniro rumwe n’ibyamamare byo mu bindi bihugu, bigafasha mu kumenyekanisha impano zabo no guteza imbere umuziki w’u Rwanda ku isoko mpuzamahanga.

Element yageze i Kampala aho agiye gutaramira muri ‘Comedy Store’, igitaramo gihurirana n’ibirori bya Eid byitezwe n’imbaga y’abakunzi b’imyidagaduro muri Uganda

Avuye muri Siga Art Festival i Huye, Element Eleeh akomereje imyidagaduro i Kampala aho azahurira ku rubyiniro n’ibyamamare byo muri Uganda mu gitaramo cya ‘Comedy Store’



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...