Element Eleéeh agiye gutaramira muri imwe muri Sitade zo muri Uganda

Imyidagaduro - 11/10/2025 6:31 AM
Share:

Umwanditsi:

Element Eleéeh agiye gutaramira muri imwe muri Sitade zo muri Uganda

Umuhanzi akaba na Producer, Element Eleéeh agiye kongera gutaramira muri Uganda mu gitaramo gikomeye cyateguwe n’umuhanzi ukunzwe muri icyo gihugu, Ray G kizabera muri Sitade ya Kakyeka iri mu Mujyi wa Mbarara.

Iki gitaramo cyiswe ‘Ray G Live in Concert 2025’, kizaba ku wa 1 Ugushyingo 2025, kikazabera muri imwe muri sitade zifite amateka muri Uganda, izwiho kwakira ibitaramo n’ibirori bikomeye birimo n’icyitwa Ekinihiro Kya Radio West, gitegurwa na 100.2 FM Radio West.

Ray G uzwi mu ndirimbo nka yakoranye na Bruce Melodie, yatangaje ko yateguye iki gitaramo kugira ngo yishimire hamwe n’abafana be urugendo rwe rw’imyaka irenga icumi amaze mu muziki, ndetse akanerekana ko umuziki ukorerwa mu Burengerazuba bwa Uganda ushobora guhuza abantu benshi nk’uko biba mu bindi bice by’igihugu.

Mu bandi bahanzi bazaririmba muri iki gitaramo barimo Artemia Ambroy, Gravity Omutujju n’abandi bazatangazwa mu minsi iri imbere. Kwinjira muri iki gitaramo bizaba bihagaze amafaranga atandukanye bitewe n’imyanya:

Platinum: miliyoni 2 z’amashilingi ya Uganda, Gold: miliyoni 1, VIP: ibihumbi 50, n’aho mu myaya isanzwe ‘Ordinary’ n’ibihumbi 20

Kuri ubu, Element ari mu bihugu byo mu karere aho amaze iminsi akorera ibikorwa bya muzika. Yari muri Tanzania, aho yafatiye amashusho y’indirimbo yakoranye n’abahanzi barimo Marioo mu ndirimbo yitwa Jozi.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira 2025, yanagiranye ibiganiro n’Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Gen Patrick Nyamvumba, bigamije gushimangira umubano n’ubufatanye mu guteza imbere umuziki nyarwanda muri Afurika y’Uburasirazuba.

Sitade ya Kakyeka aho iki gitaramo Element yatumiwemo kizabera, iherereye mu burengerazuba bwa Uganda mu Mujyi wa Mbarara.

Ifite ubushobozi bwo kwakira abantu bagera ku 1,500, ikaba ari n’ikibugo cy’imikino n’ibitaramo by’imyidagaduro. Ni naho ikipe ya Mbarara City FC isanzwe yakirira imikino yayo.

Uyu ni undi murongo ukomeye wiyongera ku rugendo rwa Element ruri kurushaho gufata indi ntera mu karere, aho ibikorwa bye bikomeje kumufungurira imiryango yo gukorana n’abahanzi bo mu bindi bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba. 

Element Eleéeh agiye kuririmbira muri Uganda mu gitaramo cya Ray G kizabera muri sitade ya Kakyeka i Mbarara

 
Ray G yavuze ko iki gitaramo kizaba umwanya mwiza kuri we wo gutaramira abafana be bakunze ibihangano bye


KANDA HANO UREBE IMWE MU NDIRIMBO YA RAY G WO MURI UGANDA

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘TOMBE’ YA ELEMENT


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...