Iki
gitabo kizashyirwa ahagaragara ku wa 25 Mata 2026, kikaba ari umuzingo ugizwe
n’ibisigo n’ibyivugo byubakiye ku nkuru z’ukuri zishingiye ku buhunzi, ubuzima
bw’impunzi n’icyizere cyo kubaka ejo hazaza heza.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Rubungira yavuze ko iki gitabo gifite intego
yo guhugura, gukebura no gukangurira urubyiruko rw’impunzi gutekereza ku
bisubizo birambye by’ibibazo byabateye ubuhunzi, anabibutsa ko igihe kigeze cyo
gushyira hamwe bagashakira umuti ibibazo bibugarije.
Yagize
ati: “Ni igitabo cyibanda cyane ku rubyiruko rw’impunzi, kibereka ko nubwo
banyuze mu bihe bikomeye, bagifite amahirwe yo kwiyubaka no gutanga umusanzu ku
bihugu bakomokamo.”
Rubungira
ubwe ni umwe mu bagizweho ingaruka n’ubuhunzi. Yavutse mu 1994 mu Burasirazuba
bwa RDC, mu gihe mu Rwanda habaga Jenoside yakorewe Abatutsi. Nyuma y’imyaka
ibiri gusa, ubuzima bwe bwahindutse ubwo yatangiraga urugendo rw’ubuhunzi.
Mu
1996, yahungiye mu Rwanda, aho yabaye mu nkambi zitandukanye zirimo Mubano,
Mudende na Gihembe. Ni naho yakuriye anahigira amashuri abanza n’ayisumbuye
mbere yo kwimurirwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2018, aho akomeje
ubuzima bwe ndetse n’amasomo.
Avuga
ko nubwo atuye mu mahanga, atigeze yibagirwa igihugu akomokamo, ari na yo
mpamvu yiyemeje gukoresha ubuhanzi nk’inzira yo gutanga umusanzu mu gushaka
ibisubizo by’ibibazo by’ubuhunzi.
Igitabo
“Impuruza Mpunzi” gifite impapuro 200, kikaba gitegerejweho gufasha urubyiruko
kongera icyizere, kubaka imyumvire mishya no gushishikarira kwishakamo
ibisubizo aho gutegereza ubufasha buhoraho.
Iki
gitabo kizasohorwa binyuze mu muryango udaharanira inyungu washinzwe na
Rubungira witwa Kivu Art Initiative, ugamije kuzamura no guteza imbere impano
zituruka mu karere ka Kivu.
Uyu
muryango ufite icyicaro muri Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za
Amerika, ukaba ugiye gutangira ibikorwa byawo ku mugaragaro unyuze kuri uyu
mushinga w’iki gitabo.
Rubungira
avuga ko afite intego yo kujya asohora nibura igitabo kimwe buri mwaka, mu
rwego rwo gukomeza gutanga umusanzu mu kubaka sosiyete isobanukiwe kandi
ishoboye kwikemurira ibibazo.
Yasoje
ashimangira ubutumwa bukubiye muri iki gitabo agira ati: “Urugamba turwana si
urwa none cyangwa ejo, ahubwo ni urw’ibihe byose n’abazadukomokaho.”
Iyi mvugo, iri no mu butumwa bw’ingenzi bw’iki gitabo, igaragaza ko urugendo rwo gushaka ibisubizo ku buhunzi ari urusaba ubufatanye bw’igihe kirekire, by’umwihariko ku rubyiruko rugomba kuba ku isonga mu guhindura amateka.

Rubungira wakuriye mu nkambi zirimo Gihembe, agaruka ku rugendo rw’ubuhunzi mu gitabo cye cya mbere yise 'Impuruza Mpunzi'

Igitabo cya El Dushime gifite impapuro 200, kikaba kigamije kongerera urubyiruko rw’impunzi icyizere no kubaka imyumvire yo kwishakira ibisubizo

Igitabo ‘Impuruza
Mpunzi’ kigiye gusohorwa binyuze muri Kivu Art Initiative, umuryango ugamije
kuzamura impano za benshi
