Edy Kenzo agiye guhesha Afurika ishema muri Aziya

Imyidagaduro - 17/07/2023 4:37 PM
Share:

Umwanditsi:

Edy Kenzo agiye guhesha  Afurika ishema  muri Aziya

Umuhanzi Edy Kenzo wo mu gihugu cya Uganda yashyizwe ku rutonde rw'abahanzi bazataramira mu gitaramo cyiswe African Food and Music Festival kizabera mu gihugu cy'Ubuyapani mu Mujyi wa Tokyo.

Umuhanzi Edrisah Kenzo Musuuza uzwi ku mazina ya Edy Kenzo akomeje kuryoherwa n'umwaka wa 2023 nyuma y'uko ashyizwe ku rutonde rw'abahanzi bazagaragaza imico y'Africa mu mahanga.

Edy Kenzo watumiwe muri iki gitaramo , intego ari ukugaragza imico yo muri Afurika  ndetse n'imibereho y'abanyafurika.

Muri iki gitaramo, umuhanzi Edy Kenzo azahurira ku rubyiniro na Uuju Ssyma Nnann ukomoka mu gihugu mu Buyapani , Bishop XL ukomoka mu gihugu cya Nigeria ndetse na Zion TMZ n'abndi benshi.

Iki gitaramo cya African Food and Music kizaba  kuva tariki  28 kugeza ku ya  30 Nyakanga 2023.

Muri iki gitaramo, ikiba kigamijwe ni ukugaragaza umuco wa Afurika  harimo imitekere  ndetse no gusangira hakazamo kandi no gushishikariza abanyamahanga gusura no gushora imari muri Afurika.

Uyu mwaka wabereye mwiza Edy Kenzo nyuma yo kujya mu bahataniro ibihembo bya Grammy Awards, yaje no gutorerwa kuyobora ihuriro ry'abahanzi mu gihugu cya Uganda.

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...