Eddy Kenzo yasubiye ku ntebe y’ishuri

Imyidagaduro - 13/01/2026 10:17 AM
Share:

Umwanditsi:

Eddy Kenzo yasubiye ku ntebe y’ishuri

Umuhanzi mpuzamahanga w’umunya-Uganda, Eddy Kenzo yagaragaje igice cy’ubuzima bwe abantu benshi batari bazi, atangaza ko ubu yasubiye ku ntebe y’ishuri binyuze mu mashuri y’abakuze, aho ari kwiga muri kaminuza.

Kenzo, wakuriye mu mihanda ya Kampala, yemeje ko ibihe by’ubwana bwe bitamuhaye amahirwe yo kubona uburezi buhamye. Yavuze ko yagiye anyura mu mashuri atarangije amasomo amwe n’amwe cyangwa atabona impamyabumenyi zimwe na zimwe, ibintu ubu abona mu buryo butandukanye kuko amaze gukura.

Ku birebana n’amakuru y’aho bamwe bavugaga ko kwiga kwe bifitanye isano na politiki, Kenzo yabihakanye rwose, atangaza ko “Siniteguye gukora politiki na gato,”

Akomeza agira ati “Abantu ntibagomba kubyitega kuri jye. Nasubiye ku ishuri, nanditse binyuze mu buryo bwo kwinjira ku bantu bakuru, natsinze, ubu ndi muri kaminuza.”

Uyu muhanzi w’indirimbo nka “Sitya Loss” yavuze ko icyatumye asubira ku ishuri ari inshingano ze nk’umubyeyi n’umushoramari.

Ashaka ko abana be bamenya agaciro k'uburezi kandi abyumva ko ari uburyo bwo kwitegura neza ubuzima nyuma y’ibihe by’ubwamamare.

Kenzo yongeyeho ko nubwo umuziki ukiri urukundo rwe rukomeye, asobanukiwe ko gukora ibitaramo bitazahoraho iteka ryose.

Uburezi, avuga, ni kimwe mu bimufasha kwinjira mu kindi cyiciro cy’ubuzima, yibanda ku buyobozi, guha abandi inama, no guteza imbere ibikorwa by’ubucuruzi.

Abajijwe ku bijyanye n’amasomo yiga, Kenzo yahisemo kugira ayo makuru ibanga, ashimangira ko icy’ingenzi ari urugendo rwo gusubira ku ishuri.

Si Eddy Kenzo wenyine wagaragaje ko gusubira ku ishuri bishobora kugirira umumaro abahanzi bamaze kumenyekana. Isi yuzuyemo abahanzi n’abandi bazwi ku rwego mpuzamahanga bahisemo kongera ubumenyi no kurangiza amashuri yabo nyuma yo gutangira kumenyekana.

Urugero, DJ Cuppy, umukobwa w’umushoramari w’umuhanga mu muziki, yarangije Master’s mu bijyanye n’Ubushakashatsi kuri Afurika (African Studies) muri Oxford University, nyuma yo kuba yararangije indi Master’s muri muzika muri New York University.

Davido, umuhanzi ukomeye wo muri Nigeria, yize Business Administration muri Oakwood University mbere yo kumenyekana, ariko yasubiye ku mashuri maze arangiza amasomo ye muri muzika muri Babcock University.

Megan Thee Stallion, umuraperi w’icyamamare muri Amerika, yasoje amasomo ye ya kaminuza mu Health Administration muri Texas Southern University mu 2021, nubwo yari amaze kumenyekana cyane ku rwego mpuzamahanga.

N’abakinnyi ba filime nka Natalie Portman na America Ferrera nabo basubiye mu mashuri nyuma yo kumenyekana, barangiza kaminuza zabo mu masomo atandukanye arimo Psychology na International Relations.

Ibi byose bigaragaza ko uburezi bugifite agaciro gakomeye, kandi ko gusubira ku ishuri ari intambwe y’ingenzi mu gutegura ubuzima burambye, kwagura ubumenyi no gucengera imitekerereze y’isi, nubwo uba uri mu mwuga w’icyamamare. 

Nyuma yo kumenyekana, Eddy Kenzo yahisemo gusubira ku ntebe y’ishuri, yiga kugira ngo ategure neza ubuzima we n’ahazaza h’abana be


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...