Eddy Kenzo yashyize umucyo ku byo guhagurutswa iruhande rw’umugore we mu irahira rya Museveni

Imyidagaduro - 13/05/2026 6:36 AM
Share:

Umwanditsi:

Eddy Kenzo yashyize umucyo ku byo guhagurutswa iruhande rw’umugore we mu irahira rya Museveni

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yashyize umucyo ku mafoto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yavugaga ko yahagurukijwe mu muhango w’irahira rya Perezida Yoweri Museveni, aho yari yicaye iruhande rw’umugore we, Phiona Nyamutoro.

Aya mafoto yatangiye gucicikana ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Gicurasi 2026, agaragaza Kenzo asa n’uhagurutswa n’abashinzwe umutekano cyangwa ‘protocole’, mu gihe umugore we agaragara nk’ugerageza kubabuza kumujyana.

Kwamamara kw’aya mafoto byakuruye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru byo muri Uganda, bamwe bibaza niba koko uyu muhanzi yaba yarakuwe mu mwanya yari yicayemo muri uwo muhango ukomeye wa Leta.

Gusa, Eddy Kenzo yahise anyomoza ayo makuru, avuga ko amafoto yasakaye yakozwe hifashishijwe ubwenge buhangano (AI), kandi ko nta na rimwe yahagurukijwe cyangwa ngo agirirwe ikibazo muri uwo muhango.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko we n’umugore we bicaye neza bakurikira umuhango wose nta kibazo na kimwe bahuye na cyo.

Yagize ati: “Mwibagirwe amafoto yakozwe na AI ari gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga! Twicaye neza dukurikije amabwiriza ya protocole ishinzwe abanyamahanga kandi twakurikiranye neza uwo muhango w’amateka. Twifurije ishya n’ihirwe Mzee wa Kazi, Yoweri Kaguta Museveni.”

Uyu muhango wari uwo kurahira kwa Perezida Yoweri Museveni nyuma yo kongera gutorerwa kuyobora Uganda muri manda ya karindwi, ibintu bikomeje kuvugisha benshi bitewe n’igihe kinini amaze ku butegetsi.

Mu ijambo rye, Museveni yagarutse ku rugendo rw’ishyaka rye rya NRM mu myaka 40 rimaze ku butegetsi, agaragaza ibikorwa bitandukanye igihugu cye cyagezeho birimo iterambere ry’ibikorwaremezo, ubukungu ndetse n’umutekano.

Yavuze kandi ko kimwe mu bibazo bikomeye Uganda igifite ari ruswa, aburira abayobozi bayishoramo ko agiye kubafatira ingamba zikomeye.

Perezida Museveni w’imyaka 81 yanavuze ko igihugu cye gikomeje gushyira imbaraga mu kubaka inganda zitunganya umusaruro w’ibikomoka ku mutungo kamere birimo zahabu, ikawa na peteroli, aho yavuze ko Uganda igomba guhagarika kohereza ibintu bidatunganyije mu mahanga

Yatanze urugero rwa zahabu ati “Ikilo kimwe cya zahabu idatunganyije baduha ibihumbi 60 by’amadolari, ariko ikilo kimwe cya zahabu yatunganyijwe kigura ibihumbi 168 by’amadolari ku isoko mpuzamahanga. Nimwumve itandukaniro rihari.”


Eddy Kenzo yahakanye amakuru yavugaga ko yahagurukijwe mu irahira rya Yoweri Museveni, avuga ko amafoto yasakaye yakozwe na AI

 

Eddy Kenzo yavuze ko yicaye neza ari kumwe n’umugore we Phiona Nyamutoro mu muhango w’irahira rya Yoweri Museveni

 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...