Eddy Kenzo watewe imijugujugu n'abanya-Uganda muri Grammy Awards ntiyarenze umutaru

Imyidagaduro - 02/02/2026 9:22 AM
Share:

Umwanditsi:

Eddy Kenzo watewe imijugujugu n'abanya-Uganda muri Grammy Awards ntiyarenze umutaru

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Eddy Kenzo yongeye gutsindwa ku nshuro ye ya kabiri mu bihembo bya Grammy Awards, ariko izina rye riracyagaragara ku rwego mpuzamahanga mu muziki.

Kenzo yari ahatanye mu cyiciro cya Best African Music Performance ku ndirimbo ye “Hope & Love,” yakozwe ari kumwe n’umuhanzi wo mu Buhinde, Mehran Matin. Ariko igihembo cyegukanywe n’umuhanzikazi wo muri Afurika y’Epfo, Tyla, ku ndirimbo ye “Push 2 Start.”

Mu cyiciro cyari gikomeye, Eddy Kenzo yahanganye n’abahanzi bakomeye bo muri Afurika barimo Davido, Omah Lay, Burna Boy, Wizkid, na Ayra Starr, bigaragaza ko amarushanwa yari ateye imbere cyane kuri iyi nshuro.

Ni ku nshuro ya kabiri, Eddy Kenzo yari ahatanye muri Grammy, nyuma yo kuba yarabaye umwe mu bahatanye mu 2022 mu cyiciro cya Best Global Music Performance ku ndirimbo “Gimme Love” yakoranye na Matt B, ariko ntiyabona igihembo.

N’ubwo atabonye Grammy, Kenzo aracyari umwe mu bahanzi bazwi cyane muri Uganda ku rwego mpuzamahanga, kandi izina rye ryo ku rwego rwa Grammy rikomeza kwerekana ko umuziki we ufite agaciro n’ubudasa.

Mu gusubiza abavuga ko atari akwiye kuba mu bahatanye, Kenzo yavuze ko ibyo yagezeho biterwa no gukora umuziki w’umwimerere, uharanira ubutumwa n’agaciro kurusha gushaka kwamamazwa gusa.

Yavuze ibi nyuma y’uko hari bamwe mu banya-Uganda bagaragaje ko batiyumvisha uburyo yabashije kuboneka ku rutonde rw’abahataniye Grammy Awards.

Yavuze ati: “Itandukaniro riri hagati yanjye n’abandi bahanzi b’Abanya-Uganda ni uko ndi umwimerere. Ntabwo nigeze njya kure mu mashuri ngo mbe umunyabwenge wibwira ko azi byose, ibyo byatumye nkomeza kuba uwo ndi we.

Urebye uko nkora indirimbo, uko ntegura injyana n’amagambo yayo, byose ni njye. Iyo ushaka umuziki wihariye, ureba Eddy Kenzo muri Uganda,"

Uyu muhanzi w’imyaka 35 yavuze ko yahisemo gutanga indirimbo ye “Hope & Love” muri Grammy kubera ubutumwa burimo, bujyanye n’ibihe isi irimo gucamo: intambara, imyuzure n’ibindi bibazo byinshi.

Yongeyeho ati: "Ubutumwa buri muri iyi ndirimbo ni bwo butuma ifite agaciro. Urebye uko isi imeze, dukeneye urukundo n’icyizere kugira ngo tubashe kubaho mu bumwe nk’abantu b’isi imwe,"

Nyuma yo gutangazwa ku rutonde rwa Best African Performance, bamwe mu Banya-Uganda bagaragaje gushidikanya ku buryo Kenzo yabigezeho, bavuga ko indirimbo ye itazwi.

Ariko Kenzo yasubije abashidikanya, asobanura ko Grammy itareba izina ry’umuhanzi cyangwa umubare w’abayikurikira, ahubwo ireba ubuziranenge bw’indirimbo, ubutumwa n’ubuhanga bujyanye n’injyana.

Ati: "Abantu benshi ntabwo bakunda gukora ubushakashatsi. Ndasaba buri wese gusura urubuga rwa Grammy bakisomera ibisabwa. Grammy ireba ireme ry’umuziki, si isura cyangwa izina,"

Kenzo yanibukije abahanzi n’abafana ko ubuhanzi atari ukuririmba gusa ngo ushimishe abantu, ahubwo ari ubugeni bushimangira umuco n’indangagaciro z’abantu.

Asobanura ati "Icyo nagiye menya ni uko ugomba gukorera indirimbo ifite ubutumwa n’agaciro, atari iy’imyidagaduro gusa. Iyo ushyize umutima ku mwimerere wawe, isi yose irakwumva,"

Mu myaka irenga icumi ishize, Eddy Kenzo yakomeje kuba umwe mu bahanzi b’Abanyafurika bazwi ku budasa n’umuco wo gukunda igihugu.

Indirimbo ye “Hope & Love” yamuhesheje ikuzo rishya, kandi ishobora kuzamugira umunya-Uganda wa mbere wegukanye Grammy mu mateka, igihe kizagera.


Eddy Kenzo yongeye gutsindwa ku nshuro ye ya kabiri muri Grammy Awards, ariko izina rye rikomeza kumenyekana ku rwego rw’isi

 

Eddy Kenzo yibukije Abanya-Uganda ko Grammy ireba ireme ry’indirimbo, si izina ry’umuhanzi cyangwa umubare w’abayireba


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...