Eddy Kenzo n’umugore we bibarutse umwana wa Kabiri

Imyidagaduro - 05/05/2026 10:01 AM
Share:

Umwanditsi:

Eddy Kenzo n’umugore we bibarutse umwana wa Kabiri

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo n’umugore we Phionah Nyamutooro usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ishinzwe Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro, bibarutse umwanabo wabo wa kabiri, w’umukobwa.

Galaxy FM Uganda yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Gicurasi 2026, aho yemeje ko uyu muryango wibarutse umwana w’umukobwa, uje akurikira umuhungu wabo wavutse mbere y’uko aba bombi basezerana.

Eddy Kenzo amaze kubyara abana bane muri rusange. Barimo babiri, umuhungu n’umukobwa yabyaranye n’umugore we Phionah Nyamutooro.

Afite kandi abandi bakobwa babiri: Amaal Musuuza yabyaranye na Rema Namakula wahoze ari umugore we, ndetse na Maya Musuuza yabyaranye na Tracy Nabatanzi bakundanye mbere y’uko arushinga na Rema.

Urukundo rwa Eddy Kenzo na Phionah Nyamutooro rwatangiye kujya ahagaragara mu buryo bweruye mu mwaka wa 2024. Muri Kamena uwo mwaka, Nyamutooro yamweretse ababyeyi be mu muhango wabereye i Kampala, mu gace ka Buziga ku ivuko rye.

Muri uwo muhango wubahirije umuco gakondo w’Abagande, Eddy Kenzo yaje no kumwambika impeta, agaragaza icyemezo cyo kumugira umugore.

Kugeza ubu, uyu muryango uri mu byishimo byo kwakira uyu mwana mushya, mu gihe abakunzi babo bakomeje kubifuriza ishya n’ihirwe muri uru rugendo rushya rwo kurera no kwagura umuryango.

Eddy Kenzo ni umwe mu bahanzi bakomeye baturuka muri Uganda wubatse izina mpuzamahanga binyuze mu rugendo rutoroshye ariko rwuzuye intsinzi.

Yatangiye umuziki mu buryo butari bworoshye, akorera ku muhanda no mu bikorwa byoroheje, ariko impano ye itangira kugaragara mu ndirimbo zakundwaga mu gihugu imbere. Icyamuhesheje itandukaniro rikomeye ni uko yakomeje gukora umuziki we nubwo yari ahanganye n’ubuzima bukomeye.

Kwamamara ku rwego mpuzamahanga byatangiye kumuzamura cyane mu 2014 ubwo yasohoraga indirimbo “Sitya Loss,” yamuhesheje kwamamara ku isi hose, ndetse imugira umwe mu bahanzi ba mbere bo muri Afurika y’Iburasirazuba bagiye bakundwa cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Nyuma yaho yakomeje gushyira hanze indirimbo zakunzwe nka “Bolingo,” “Stamina,” n’izindi nyinshi zamugize ikimenyabose mu njyana ya Afrobeat na dancehall.

Mu 2015, yegukanye igihembo gikomeye cya BET Award cy’umuhanzi mwiza ukomoka muri Afurika y’Iburasirazuba, bikomeza kumwugurira imiryango ku rwego mpuzamahanga.

Kugeza ubu, Eddy Kenzo ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye muri Afurika, akaba n’umwe mu bashinze n’abayobora irerero rya muzika rifasha impano nshya, bikagaragaza ko atari umuhanzi gusa ahubwo ari n’umuyobozi mu ruganda rw’imyidagaduro.

 

Eddy Kenzo na Hon. Phionah Nyamutooro bibarutse umwana wa Kabiri ‘ubuheta'



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...