Ebola itwibutsa ko ibibazo by'ubuzima rusange bitubahiriza imipaka - Minisitiri w'Intebe Dr. Nsengiyumva

Amakuru ku Rwanda - 21/06/2026 8:54 PM
Share:

Umwanditsi:

Ebola itwibutsa ko ibibazo by'ubuzima rusange bitubahiriza imipaka - Minisitiri w'Intebe Dr. Nsengiyumva

Minisitiri w'Intebe w'u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva, yahagarariye Perezida Paul Kagame mu nama y'abakuru b'ibihugu na za Guverinoma bo muri Afurika hamwe n'abafatanyabikorwa batandukanye, baganiriye ku buryo bwo guhangana n'icyorezo cya Ebola gikomeje kwibasira bamwe mu baturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga rya video, yatumijwe n'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ku wa 16 Kamena 2026, yari iyobowe na Perezida w'u Burundi, Évariste Ndayishimiye.

Minisitiri w'Intebe w'u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva, yavuze ko kugeza ubu mu Rwanda nta murwayi wa Ebola urahagaragara, ashimangira ko ibyo biterwa n'ishoramari rikomeye igihugu cyashyize mu rwego rw'ubuzima no mu bikorwa byo kwitegura ibibazo by'ibyorezo.

Yagize ati: "Twakajije ingamba zo kugenzura no gukurikirana indwara ku mipaka yose yinjira mu gihugu. Twongereye ubushobozi bwa laboratwari zipima Ebola, tunoza uburyo bwo gutabara byihuse no gukomeza ubukangurambaga bugamije kwigisha abaturage."

Yakomeje agaragaza ko ibyorezo bidakurikiza imipaka y'ibihugu, bityo ko ibisubizo byo kubirwanya na byo bidakwiye kuba iby'igihugu kimwe gusa. Ati: "Icyorezo cya Ebola kitwibutsa ko ibibazo by'ubuzima rusange bitubahiriza imipaka. Igisubizo cyacu rero ntigikwiye kuba gicagase, gitinze cyangwa gishingiye gusa ku gutabara ikibazo cyavutse."

Dr Nsengiyumva yanibukije ko Afurika imaze imyaka mike ihura n'ibyorezo bikomeye birimo Ebola, COVID-19 na Mpox, asaba ko umugabane wakomeza gushora imari mu nzego z'ubuzima kugira ngo urusheho kwitegura ibibazo bishobora kuzaza.

Muri iyi nama, Perezida wa Komisiyo y'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Mahmoud Ali Youssouf, hamwe n'Ikigo Nyafurika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara (Africa CDC), bagejeje ku bakuru b'ibihugu amakuru mashya ku miterere y'icyorezo ndetse n'ingaruka gishobora kugira ku bihugu by'akarere.

Amakuru aturuka muri DRC agaragaza ko icyorezo cya Ebola kimaze kugera mu turere tw'ubuzima 31 two mu ntara za Ituri, Kivu y'Amajyaruguru na Kivu y'Amajyepfo.

Imibare iheruka kugeza ku wa 14 Kamena 2026 yerekana ko abantu 808 bamaze kwandura Ebola, barimo 26 bagaragaye mu masaha 24 gusa. Abamaze guhitanwa n'iyi ndwara ni 192, mu gihe 48 bamaze gukira.

Intara ya Ituri ni yo yibasiwe cyane kuko irimo abarenga 91% by'abanduye bose bamaze kubarurwa. Abashinzwe ubuzima bavuga ko umutekano muke ndetse no kwimuka kw'abaturage ari bimwe mu bikomeje kudindiza ibikorwa byo gukurikirana abanduye n'abahuye na bo.

Kugeza ubu, abantu bakurikiranywe nyuma yo guhura n'abarwayi bari ku kigero cya 63.1%, kikiri hasi cyane ugereranyije n'intego ya 95% isabwa kugira ngo icyorezo kigenzurwe neza.

N'ubwo bimeze bityo, ibihugu bya Afurika bikomeje gushimangira ubufatanye mu gukurikirana iki cyorezo, gukingira abaturage no gusangira amakuru, mu rwego rwo gukumira ko Ebola yakwira mu bindi bice by'umugabane.

Ubutumwa bwagarutsweho cyane muri iyi nama ni uko kurwanya Ebola bisaba ubufatanye bw'ibihugu byose bya Afurika, kuko umutekano w'ubuzima bw'abaturage b'umugabane ari inshingano ihuriweho.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...