Imibare mishya ya Leta ya RDC igaragaza ko kugeza ku wa 16 Kanama 2026, abantu 2,325 bamaze guhitanwa na Ebola, mu gihe abanduye bose bageze kuri 4,945. Uyu mubare w’abapfuye urenze 2,299 bahitanywe n’icyorezo cyabaye hagati ya 2018 na 2020.
Iki cyorezo ni icya 17 cya Ebola cyagaragaye muri RDC, kandi cyamaze kuba icya mbere mu mubare w’abanduye. Mu masaha 24 yari yabanje gutangaza iyi mibare, honyine hagaragaye abandi bantu 101 banduye.
Icyorezo cyatangajwe ku mugaragaro ku wa 15 Gicurasi 2026, ariko mu gihe kitarenze amezi atatu, abantu barenga 2,000 bari bamaze gupfa.
Reuters ivuga ko ibi bitandukanye n’icyorezo cya Ebola cyabaye muri Afurika y’Iburengerazuba hagati ya 2014 na 2016, kuko cyo cyafashe hafi amezi atanu kugira ngo kigere ku bantu 1,000 bapfuye.
Ebola ya Bundibugyo nta rukingo cyangwa umuti byemewe ifite
Iki cyorezo cyatewe na Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, ubwoko budafite urukingo cyangwa umuti byemewe byabugenewe.
Umubare w’abapfa mu banduye wageze hafi kuri 46%, bivuze ko hafi umuntu umwe muri babiri banduye ari we upfa. Icyakora, abahanga bavuga ko ibi bidahita bisobanura ko virusi yarushijeho gukomera.
Ahubwo bishobora kuba bifitanye isano n’ibibazo byo kumenya abarwayi hakiri kare, kubakurikirana no kubona ubuvuzi ku gihe.
Thomas Parisch, inzobere mu buzima rusange uri mu itsinda rya Médecins Sans Frontières muri RDC, yavuze ko abarwayi benshi bakomeza kumenyekana batinze, ndetse bamwe bakamenyekana ari uko bamaze gupfira mu baturage. Ibi bituma amahirwe yo kubavura no kubarokora agabanuka.
Harimo kugeragezwa inkingo n’imiti
Kugeza ubu, hari inkingo n’imiti mike iri kugeragezwa, mu gihe inzego mpuzamahanga z’ubuzima zikomeje gusuzuma niba imiti yari isanzwe ikoreshwa mu kurwanya Ebola ishobora no gufasha abarwaye ubu bwoko bwa Bundibugyo.
Nubwo hari ubushakashatsi burimo gukorwa, ibimenyetso bihari kugeza ubu biracyari bike kandi bishingiye ahanini ku bushakashatsi bwakorewe ku nyamaswa.
Ebola yageze no muri Uganda
Iki cyorezo kandi cyigeze gukwira mu gihugu gituranyi cya Uganda. Abategetsi baho bashoboye kugabanya ubukana bwacyo, aho abantu 20 ari bo bonyine bemejwe ko banduye, muri bo babiri barapfa, mbere y’uko Uganda itangaza ko icyorezo cyarangiye mu kwezi gushize.
Ebola ikwirakwira cyane binyuze mu gukorana cyangwa gukorakora ku matembabuzi y’umubiri w’umuntu wanduye, yaba ukiri muzima cyangwa yapfuye. Mu bimenyetso byayo harimo umuriro, kuruka, impiswi ndetse no kuva amaraso imbere cyangwa hanze y’umubiri mu gihe indwara ikomeye.
Kugeza ubu, icyorezo cya Ebola muri RDC ni cyo cya kabiri gikomeye ku isi mu mateka y’iyi ndwara, gikurikiye icyorezo cyibasiye Afurika y’Iburengerazuba mu 2014–2016, aho abantu 28,616 banduye, 11,310 bakahasiga ubuzima muri Guinea, Liberia na Sierra Leone.
