Easter Jubilee: Akari ku mutima wa Alicia na Germaine bataramiye bwa mbere muri BK Arena - VIDEO

Imyidagaduro - 06/04/2026 7:51 PM
Share:

Umwanditsi:

Easter Jubilee: Akari ku mutima wa Alicia na Germaine bataramiye bwa mbere muri BK Arena - VIDEO

Nyuma kuririmba bwa mbere muri BK Arena mu gitaramo “Easter Jubilee” batumiwemo na Ben na Chance, abahanzikazi bagezweho mu muziki wa Gospel bagize itsinda Alicia na Germaine bishimiye intambwe nshya bateye mu murimo wo kuririmbira Imana, aho basanze ibihangano byabo bihembura benshi.

Kuri iki Cyumweru tariki ya 05 Mata 2026 bwo hizihizwaga umunsi mukuru wa Pasika, muri BK Arena habaye igitaramo gikomeye “Easter Jubilee” cyateguwe na Ben na Chance kigamije kwizihiza umunsi mukuru wa Pasika.

Bamwe mu bahanzi bari batumiwe muri iki gitaramo ngo bafatanye na Ben na Chance kubwiriza ijambo ry’Imana binyuze mu ndirimbo, harimo Alicia na Germaine bari baririmbiye bwa mbere muri BK Arena ndetse akaba ari nacyo gitaramo cya mbere baririmbyemo.

Nyuma yo kuririmba muri iki gitaramo cyari cyitabiriwe n’abantu benshi aho muri BK Arena yari yakubise yuzuye, Alicia na Germaine baririmbye indirimbo eshatu: "Ndashima Umusaraba", "Uriyo" na "Ibendera", bavuze ko ari umugisha ukomeye cyane kuba baririmbye muri BK Arena isanzwe ari inzozi za benshi.

Alicia Ufitimana yabwiye inyaRwanda ati: “Kuririmba muri BK Arena byaraturenze, na n'ubu ntiturabyiyumvisha kuko nkeka ari inzozi za buri muhanzi. By'umwihariko uburyo abantu batwakiriye neza, bakishimira indirimbo zacu, zigahembura imitima yabo, byadukoze ku mutima.”

Barashima Imana ku bwo kubashoboza kuba bari guhembura imitima ya bensho. Bati “Turashimira Imana yadushoboje kandi ikaba ikomeje kutwigaragariza, tukanashimira Ben na Chance baduhaye aya mahirwe yo kuririmbira Imana kuri stage nini cyane mu Rwanda.”

Bashimangira ko uko bakiriwe ndetse n’uko bishimiwe ku rubyiniro byabateye imbaraga nyinshi cyane ku buryo abantu bategereza ko isaha n’isaha, umunsi n’umunsi Imana ishobora kubafasha gutegura igitaramo cyabo.

Bati: “Ni byo ni ubwa mbere twari turirimbye mu gitaramo by'umwihariko kinini nka kiriya. Rero byaduteye imbaraga nyinshi bityo abantu bakwitega igitaramo cyacu bwite, nubwo tutamenya ngo ni ryari, ariko Imana izadushoboza.”

Bashimangira ko kuririmbira muri BK Arena byabongereye imbaraga nyinshi ku buryo ibihangano byabo biri imbere n’ibikorwa byabo by’umuziki bizaba bitandukanye n’ibyo bakoraga.

Bati: “Kuririmba muri BK Arena byatumye turushaho gukunda ibyo dukora kuko twabonye imbonankubone ko ibihangano byacu bihembura imitima ya benshi.”

Alicia na Germaine kandi bashimira Ben na Chance babahaye amahirwe yo kuririmba mu gitaramo cyabo bavuga ko babareberaho kandi babigiraho byinshi bizatuma bakomeza kunoza ibyo bakora banabareberaho.

Alicia na Germaine baririmbye bwa mbere muri BK Arena mu gitaramo "Easter Jubilee"

Alicia na Germaine bashimiye Ben na Chance babatumiye mu gitaramo "Easter Jubilee"

BK Arena yari yakubise yuzuye mu gitaramo cya Pasika "Easter Jubilee"

Reba uko Alicia na Germaine bitwaye ku rubyiniro



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...