Muri abo harimo Victor Rukotana, watangije
ibitaramo yise ‘Dutarame u Rwanda’, ubu akaba amaze kwiha umuhigo wo kubikora
buri cyumweru cya nyuma cy’ukwezi.
Rukotana avuga ko iki gikorwa atagifata
nk’igitaramo gisanzwe, ahubwo ko ari umusanzu we mu guteza imbere umuco
nyarwanda, cyane cyane binyuze mu muziki wa gakondo, imbyino n’ubutumwa
bushimangira indangagaciro nyarwanda.
Victor Rukotana avuga ko nyuma yo gutangira
gahunda ya Dutarame u Rwanda, yafashe umwanzuro wo kuyihindura igikorwa
gihoraho, ku buryo buri wa Gatanu wa nyuma w’ukwezi uzajya uba umwanya wo
guhura, gutarama no kwishimira umuco.
Ati: “Dutarame u Rwanda namaze kwiha umuhigo
w’uko buri wa Gatanu wa nyuma w’ukwezi tuzajya tugira igitaramo.”
Kuri iyi nshuro, iki gitaramo giteganyijwe kuba
ku wa 25 Nzeri 2026.
Nubwo Rukotana ari we watangije kandi akaba ari
na we uhagarariye iki gitaramo, avuga ko atari igikorwa kigenewe umuhanzi umwe
gusa.
Buri gihe hatumirwa abandi bahanzi ndetse
n’abakora ibijyanye n’imyidagaduro ya gakondo, kugira ngo basangire urubyiniro
n’abitabiriye.
Ati: “Ni njye utegura iki gitaramo, ariko haba
hari abahanzi bagenzi banjye batandukanye. Buri gihe tugenda dutumira abandi
bahanzi dukorana mu bihe bitandukanye.”
Ibi bituma Dutarame u Rwanda iba urubuga
ruhuriramo abantu batandukanye bakunda umuco, aho umuhanzi ataba ari we wenyine
ugomba kuba nyir’igitaramo.
Mu myaka ishize, ibitaramo byinshi bikomeye mu
Rwanda byagiye byibanda ku njyana zigezweho, abahanzi bakomeye ndetse
n’imyidagaduro ikurura cyane urubyiruko.
Ariko uko imyaka ishira, ibitaramo bishingiye
ku muco na gakondo nabyo bigenda bigira umwanya mu myidagaduro, bamwe mu
bahanzi bakabihindura gahunda zihoraho aho kuba ibirori bibaho rimwe na rimwe.
Rukotana abona ko Dutarame u Rwanda nayo iri
muri uru rugendo, kandi ko intego ari ukugera ku rwego ibindi bitaramo
ngarukakwezi bimaze kugeraho.
Ati: “Ni itafari rikomeye. Ubu biracyari ‘Gala
Night’, ariko mu gihe cya vuba tuzabishyira hanze, maze abantu bose bajye
babona amakuru ya Dutarame u Rwanda Gala Night.”
Ibi bivuze ko gahunda iri gutegurwa mu buryo
bwo kwaguka, ku buryo mu gihe kiri imbere abantu benshi bazajya babona amakuru
ajyanye n’ibi bitaramo kandi bakabasha kubitabira.
Kuri ubu, Dutarame u Rwanda Gala Night
iracyakorera mu buryo bwihariye, ariko Rukotana avuga ko hari gahunda yo
kuyishyira ahagaragara ku buryo abantu benshi bazajya bayimenya kandi bakayitabira.
Intego ni ukubaka igikorwa gihoraho, abantu
bamenya ko iyo ugeze ku wa Gatanu wa nyuma w’ukwezi, hari aho bashobora kujya
gutaramira hamwe, bakumva gakondo ndetse bakishimira umuco w’u Rwanda.
Rukotana avuga ko iki gitaramo gifite
umwihariko wacyo kuko kidashaka gusa gutanga imyidagaduro, ahubwo kigamije no
guhuza umuco n’indirimbo zo guhimbaza Imana.
Ati: “Abantu bakunda gutarama gakondo no
gutaramira Imana ni bo bireba cyane, kuko ari wo mwihariko wabyo. Dusingiza
umuco gakondo wacu, tunasingiza Imana.”
Ni ubutumwa bugaragaza ko Dutarame u Rwanda
ishaka kwihagararaho nk’igikorwa kirenze imipaka y’igitaramo cy’umuziki gusa.
Mu buryo bwagutse, ibitaramo ngarukakwezi
bifite umwanya ukomeye mu kubaka umuco wo gutaramana. Iyo gahunda iba izwi
kandi igakorwa buri gihe, abakunzi bayo batangira kuyifata nk’igikorwa basanzwe
bateganyiriza umwanya.
Ni na byo Rukotana yifuza kuri Dutarame u
Rwanda.
Ibi bishobora no gutuma gakondo irushaho kubona
umwanya mu myidagaduro y’u Rwanda, cyane cyane mu gihe urubyiruko rwinshi
rukurikirana injyana n’imyidagaduro bituruka hirya no hino ku Isi.
Rukotana we asanga nta mpamvu gakondo
itakwitabirwa n’abantu benshi mu gihe ikozwe neza kandi igashyirwa mu buryo
bujyanye n’igihe.
Ati: “Dutarame u Rwanda ni igikorwa tugamije guteza imbere gakondo, ariko tunifuza ko abantu baza bakidagadura, bagatarama kandi bakumva ko umuco wacu ushobora kuba isoko y’imyidagaduro ikomeye.”

Kimwe mu bintu bituma 'Dutarame u Rwanda' ikomeza gukura ni uko Rukotana atayubakiye ku izina rye gusa

Nyuma y’ibikorwa byabanje, "Dutarame u Rwanda
Gala Night" izongera kuba ku wa 25 Nzeri 2026, ari na wo wa Gatanu wa nyuma
w’ukwezi


Mu gihe ibitaramo nka Gen-Z Comedy n’ibindi
bikorwa ngarukakwezi bimaze kwigarurira umwanya ukomeye mu myidagaduro y’u
Rwanda, '

Ku bwa Rukotana, urugendo ruracyari rushya, ariko umuhigo wo kuzajya “Dutarama u Rwanda” buri wa Gatanu wa nyuma w’ukwezi wamaze gufatwa

Umunyamakuru wa Kiss Fm, Tanganyika Elisabeth akaba Mushiki wa Rukotana [Ubanza iburyo], ni umwe mu bitabira ibi bitaramo cyane

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Nyambo Jessica ni umwe mu bashyigikiye Victor Rukotana muri ibi bitaramo



