Izo
Album zirimo Iceman, Habibti na Maid of Honour. Zose hamwe zikubiyemo indirimbo
43. Muri zo harimo n’imikoranire n’abandi bahanzi bakomeye barimo Central Cee,
21 Savage n’abandi.
Izi
album nshya ni zo za mbere asohoye kuva amakimbirane ye n’umuraperi Kendrick
Lamar yarushaho gukara mu 2024.
Drake
yagaragaje imiterere itandukanye muri buri album. Iceman yibanda cyane kuri rap
na hip-hop, Habibti igendera cyane ku njyana ya R&B, naho Maid of Honour
ikaba igaruka ku njyana ya dance music.
Ikibazo
benshi bibazaga ni ukumenya niba Drake azagaruka ku ntambara y’amagambo amaze
igihe ari hagati ye na Kendrick Lamar.
Mu
ndirimbo zimwe, Drake yazikoze asa n’utunga agatoki Lamar, amushinja gukoresha
aho avuka i Compton nk’aho agaragaza ibikorwa by’ubugiraneza, ariko nyuma
agasubira mu buzima bw’ibyamamare.
Mu
ndirimbo imwe agira ati “Gutanga inkeri imbere ya camera mu gace kanyu, hanyuma
ugasubira mu misozi.”
Mu
yindi ndirimbo ifungura album Iceman yise Make Them Cry, Drake agaragaza
amarangamutima ye mu gihe amakimbirane yari akomeye, aho avuga ko yahisemo
gukora wenyine kubera ubuzima bwe bwo mu mutwe.
Hari
aho avuga ati “Iyi album yagombye kuba ifite abashyitsi benshi bakomeye… ariko
mbabwije ukuri, ndi jyenyine kubera ubuzima bwanjye bwo mu mutwe.”
Drake
yanagaragaje ko hari abandi bahanzi n’ibyamamare batandukanye bagaragaye
bashyigikiye Kendrick Lamar, harimo n’umukinnyi wa basketball LeBron James wari
witabiriye igitaramo cya Lamar ubwo ayo makimbirane yari akomeye.
Izi
album nshya zije nyuma y’uko Drake amaze iminsi akoresha uburyo butandukanye
bwo kuzamura isohoka ryazo, harimo kuyimurika ku mbuga nkoranyambaga, aho
yagiye atangaza indirimbo nshya, agaragaza abahanzi bakoranye na we ndetse
akagenda asiga ubutumwa bwihariye bujyanye n’izi album.
Mu
gice cya nyuma cya ‘episode’ ya kane ya livestream, Drake yagaragaje ishusho
y’udushumi dutatu twa ‘hard drive’, asa n’utangaza ko ari zo album eshatu.
Yanagaragaye
kandi asenya imashini zifashishwa mu kwiyongera kwa ‘views’ zagaragazaga
indirimbo ya Kendrick Lamar Not Like Us, ibintu byakomeje kugaragaza ubushyamirane
hagati y’aba bahanzi bombi.
BBC
yanditse ko nubwo nta sesengura riratangazwa ku rwego rw’abasesenguzi, bivugwa
ko izi album zateye impagarara ku mbuga zicuruza umuziki, aho zimwe
zahungabanye kubera abafana benshi bahise bifashisha serivisi zitandukanye
bashaka kumva izi ndirimbo nshya.
Drake
kandi yakomeje kwifashisha ibikorwa binini byo kwamamaza, birimo nko gutaka
stade ya Toronto Raptors ku ntebe ye y’uburyo bwa “ice”, ndetse no guhindura CN
Tower iri Toronto ibara ry’ubururu mu gihe cya ‘livestream’ ye.
Drake asohoye Album eshatu icyarimwe, agaruka ku makimbirane ye na Kendrick Lamar mu ndirimbo nshya zakuruye impaka ku Isi
