Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Gicurasi 2026 ni
bwo hakinwe umukino wa nyuma wa UEFA Champions League ya 2025/2026 wahuje
Arsenal na Paris Saint-Germain kuri Puskas Arena i Budapest muri Hungary.
Iminota 90 isanzwe y’umukino yarangiye amakaipe
yombi anganya 1-1,hitabazwa iminota 30 y’inyongera nabwo rubura gica bituma
hitabazwa penariti.
Byarangiye PSG itwaye igikombe itsinze penariti 4
kuri 3. Iki ni igikombe cya kabiri cya Champions League iyi kipe yamamaza Visit
Rwanda yegukanye yikurikiranya
Kuba iminota 90 y’umukino yarangiye ari 1-1
byatumye Drake ahomba Miliyoni 1 y’Amadorali aho yari yayiteze muri ‘betty’ ko
Arsenal ariyo iratsinda.
Uyu muraperi asanzwe avugwaho kugira umuvumo dore ko mu myaka ishize yagiye agaragara inshuro nyinshi atega amafaranga menshi ku makipe cyangwa abakinnyi bazwi, ariko kenshi bikarangira ibintu bitagenze nk'uko yabitekerezaga.
Urugero ruzwi cyane ni urwo mu 2022 ubwo yategaga ko
Argentine iri butsinde u Bufaransa ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi.
Nubwo Argentine yaje gutwara igikombe iyobowe na
Lionel Messi, Drake yarahombye kuko yari yateze ko intsinzi iba yabonetse mu
minota 90 isanzwe. Umukino warangiye ugiye mu nyongera ndetse no muri penaliti,
bituma atabona amafaranga yari yizeye.
Yanahombye kandi mu yandi marushanwa akomeye arimo umukino w'iteramakofe Tyson Fury yatsinzwemo na Oleksandr Usyk, ibintu byakomeje kongera imbaraga ku bavuga ko Drake agira uruhare mu mahirwe mabi y'abo ashyigikiye.

