Dr. Murangira yasabye ibyamamare byamamaje inzoga zitujuje ubuziranenge gukoresha izina bafite mu kuzirwanya

Imyidagaduro - 13/08/2026 4:16 PM
Share:

Umwanditsi:

Dr. Murangira yasabye ibyamamare byamamaje inzoga zitujuje ubuziranenge gukoresha izina bafite mu kuzirwanya

Hari ibyamamare bimara imyaka byubaka izina, bikagira ijambo rikomeye ku bakunzi babyo, ku buryo iyo byambaye ikirango runaka, abantu benshi bahita bakizera. Iyo bitangaje ko ahantu runaka ari heza, benshi barahagana; iyo byamamaje igicuruzwa, bamwe bagihaha batabanje no kwibaza byinshi.


Ariko se bigenda bite iyo igicuruzwa wigeze kwamamaza kimenyekanye ko gishobora kugira ingaruka ku buzima bw’abagikoresha?.

Iki ni cyo kibazo cyongeye gushyirwa ku meza nyuma y’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, na Polisi y’Igihugu batangaje ibikorwa byo gukurikirana abakekwaho kugira uruhare mu itangwa ry’ibyangombwa ku nganda zikora ibiribwa n’ibinyobwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Kuri uyu wa Kane tariki 13 Kanama 2026, RIB na Polisi berekanye abantu 17 barimo abakozi 10 ba Rwanda FDA, abakozi batatu ba RSB ndetse n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze bo mu Turere twa Gisagara na Karongi.

Abakozi b’ibigo byavuzwe bakurikiranyweho gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu zabo bwite, mu gihe bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bakekwaho kuba ibyitso ku cyaha cyo guha umuntu ikintu gishobora kwica cyangwa gushegesha ubuzima.

Ni muri uwo murongo w’urugamba rwo kurwanya ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yahamagariye ibyamamare n’abakoresha imbuga nkoranyambaga kudahagarara ku ruhande.

Ibyamamare byigeze kubyamamaza birasabwa gukoresha izina bifite mu kubirwanya

Mu biganiro by’ubukangurambaga, usanga ibyamamare bifite ijambo rikomeye kurusha ubutumwa busanzwe butangwa n’umuntu utazwi.

Umuhanzi cyangwa undi muntu uzwi ashobora gushyira ifoto cyangwa video yamamaza igicuruzwa, abantu ibihumbi bakayibona mu gihe gito. Bamwe bakagura icyo gicuruzwa kubera gusa ko babonye umuntu bakunda akivuga neza.

Ni na yo mpamvu Dr. Murangira asanga izo mbaraga zidakwiye gukoreshwa mu kwamamaza gusa, ahubwo zikwiye no gukoreshwa mu kurinda ubuzima bw’abaturage igihe hamenyekanye ko igicuruzwa runaka kitizewe.

Asubiza umunyamakuru wa InyaRwanda, yavuze ko hari ibyamamare byigeze kuba “Brand Ambassadors” b’ibicuruzwa by’inzoga ubu bivugwa ko zitujuje ubuziranenge.

Yabasabye ko, niba barakoresheje ijambo n’izina bafite mu kwamamaza ibyo bicuruzwa, bakwiye no gukoresha izo mbaraga mu kubwira rubanda ko ibyo bicuruzwa bitagikwiriye kunyobwa.

Ati: “(Barazamamaje) bamwe bitwa ba ‘Brand Ambassadors’, harageze ubu ngubu ko inzira baciye bamamaza ibintu byica abantu bongera bayice, turabasabye tujyane nabo. Bongere babice bavuga ngo rwose ‘hehe n’icyuma’.”

Kwamamaza si cyo cyonyine: hari n’inshingano nyuma y’ubutumwa

Kwamamaza ni akazi. Umuhanzi cyangwa icyamamare ashobora guhabwa amafaranga kugira ngo amenyekanishe ikirango cyangwa igicuruzwa.

Ariko ku ruhande rw’umuguzi, isura y’icyamamare iba ari nk’ingwate y’icyizere.

Iyo umuntu azwi kandi abantu bakamwizera, ubutumwa bwe bushobora kugira ingaruka ku myitwarire y’ababukurikira.

Ni yo mpamvu Dr. Murangira avuga ko ibyamamare bidakwiye kugira isoni zo gusubira ku butumwa bwabyo igihe byamenye ko ibyo byamamaje bifite ikibazo.

Ati: “Ntabwo ari igisebo pe. Tuvuge ko babikora batabizi, ariko ubu noneho barabimenye, ubutwari bwabo rero kuri uru rugamba nibwo dukeneye, bwa bukaka bwabo, bwa budahangarwa bwabo, nibabukoreshe bace icyuma mu gihugu, kuko n’abo n’ababyeyi, nabo bafite abana bararera muri iki gihugu.”

Mu gihe umuntu yari yarabwiye abantu ati “gura iki gicuruzwa”, birumvikana ko nyuma yo kumenya ko gifite ikibazo ashobora gutinya ko gusubira inyuma byamugira igisebo.

Ariko Dr. Murangira asanga atari byo. Ahubwo avuga ko icy’ingenzi ari ugufasha Abanyarwanda kwibagirwa igicuruzwa cyashoboraga kubagiraho ingaruka.

Ati: “Ntugirengo, yego urahare wagize ubyamamaza bikanyobwa ibyo ng’ibyo turabyibagirwa, ariko Abanyarwanda bakeneye kwibagirwa wowe wamamaje kiriya cyuma, kigomba kwibagirana mu mitwe y’abantu usibiye inyuma ukavuga uti rwose naribeshye, Banyarwanda hehe n’icyuma.”

Kandi ubutumwa bwabo bushobora kugira uburemere bwihariye ku rubyiruko, kuko ari rwo rukunze gukurikira abahanzi, abakinnyi, aba-influencers n’abandi bantu bafite amazina akomeye ku mbuga nkoranyambaga.

Iyo icyamamare kibwiye umufana wacyo kureka igicuruzwa runaka, ubutumwa bushobora kugera kure mu buryo ubutumwa bw’inzego bumwe na bumwe butagera.

RIB na Polisi byashimiye abaturage bakomeje gutanga amakuru ku hantu hakigaragara ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, banasaba Abanyarwanda kwirinda kubinywa.

Dr. Murangira yasabye ko ibyamamare bitagira ipfunwe ryo kujya muri uru rugamba, kabone nubwo bamwe muri bo baba barigeze kugira uruhare mu kwamamaza ibicuruzwa biri kuvugwaho ikibazo.

Yabibukije ko na bo ari ababyeyi, bafite abana kandi batuye muri iki gihugu. Ati: “Turabasabye, nabo iyo nzira baciye bongere bayice. Kuko ntituzajye tubabona basoroma amatunda, mu gihe cyo kubaka u Rwanda ngo tubabure.”


Umuvugizi wa RIB, Dr, Murangira B. Thierry, yibukije ibyamamare ko bakwiye kugira uruhare mu guca no kwamagana inzoga zitujuje ubuziranenge


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...