Dr Higiro na Miss Fiona mu kanama kemeza abakobwa 20 bazavamo Miss Rwanda 2022-AMAFOTO

Imyidagaduro - 26/02/2022 7:13 PM
Share:

Umwanditsi:

Dr Higiro na Miss Fiona mu kanama kemeza abakobwa 20 bazavamo Miss Rwanda 2022-AMAFOTO

Dr Higo Pierre na Fiona Muthoni Ntarindwa wahatanye muri Miss Rwanda 2015 ni bamwe muri batanu bagize Akanama Nkemurampaka kagiye kwifashishwa mu guhitamo abakobwa 20 bazavamo Nyampinga w’u Rwanda 2022.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Gashyantare 2022, kuri Expo Ground hagiye kubera igikorwa cyo gutangaza abakobwa 20 bazavamo Miss Rwanda 2022.

Abakobwa 70 nibo banyura imbere y’akanama nkemurampaka, hanyuma hatangazwe 20 bagomba kujya mu mwiherero ari nabo bazavamo Miss Rwanda 2022.

Ibyo wamenya ku kanama Nkemurampaka kagizwe n’abantu 5:

1.Ntazinda Marcel asanzwe ari umukozi mu kigo gishinzwe guhererakanya amakuru ku myenda (Transunion Rwanda) yahoze yitwa CRB Credit Reference Bureau.

Asanzwe afite imivugo myinshi yagiye akora muri gahunda zo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Kuwa 07 Mata 2011 yavuze umuvugo witwa “Ihurizo " mu muhango wabereye kuri Stade Amahoro, hari n’undi yakoze witwa “Imfumbyi ".

Ntazinda yanakinnye mu makinamico nk’iyitwa “Impano n’Impamba ".  Yanditse kandi indirimbo “1/4 cy’Ikinyejana " umuhanzi Jules Sentore yasohoye umwaka ushize.

Muri iki gihe akora ikiganiro ‘Umurage’ cyubakiye ku muco gitambuka kuri Televiziyo Rwanda.

2.Fiona Muthoni Ntarindwa:

Fiona Muthoni Ntarindwa w’imyaka 27, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu itangazamakuru yakuye muri kaminuza y’u Rwanda.

Guhera mu mwaka wa 2018 yatangiye gukorera televiziyo ya CNBC Africa ifite icyicaro mu mujyi wa Johannesburg mu gihugu cya Afrika y'Epfo.

Ni umukobwa utewe ishema cyane no kuba umunyafurika ndetse ajya avuga ko Afrika imuri mu maraso. Mu mabyiruka ye, yari umukobwa ugira amatsiko kugeza n'ubu, aharanira kugira iterambere n’ibikorwa byivugira.

Muri Kaminuza kandi, Muthoni Fiona yari mu banyeshuri 4 bahawe buruse yo kujya gukomereza amasomo yabo muri Sueden mu itangazamakuru.

Yitabiriye amarushanwa y’ubwiza anyuranye, mu mwaka wa 2015 ni bwo yitabiriye bwa mbere amarushanwa ya Nyampinga w’u Rwanda yegukanamo ikamba ry'igisonga cya 3, hanyuma mu mwaka wa 2017 yitabira irushanwa rya Miss Africa ayo yitwaye neza cyane yegukana ikamba ry'igisonga cya mbere.

3.Dr Higiro si mushya muri Miss Rwanda

Dr Higiro Jean Pierre si ubwa mbere yinjiye mu kanama nkemurampaka kuko yaherukaga kugaragaramo muri Miss Rwanda 2018 no mu 2020.

Uyu mugabo afite amateka yihariye mu marushanwa y’ubwiza mu Rwanda kuko ari we wateguye bwa mbere Miss Campus 2004 muri Kaminuza y’u Rwanda.

4.Ingabire Egidie Bibio: Ni umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, ukora ibiganiro binyuranye ndetse akavuga n’amakuru kuri Televiziyo. Imyaka ibaye myinshi ari mu mwuga w’itangazamakuru.

Uyu mugore akora ikiganiro cy’umuco kuri Televiziyo y’u Rwanda. Ni we ukuriye akanama Nkemurmapaka.

Yavuze ko bitoroshye ‘kuza guhitamo abakobwa 20 bazavamo Miss Rwanda 2022’. Avuga ko nk’akanama nkemurampaka baza kugendera ku bwiza, ubwenge n’umuco. Avuga ko buri mukobwa yahawe amasegonda 45’ kugera ku munota umwe asubiza ibyo abajijwe n’akanama.

5. Irizabimbuto Fidele

Ni umunyamakuru umaze imyaka 10 muri uyu mwuga, asobanura ururimi rw’amarenga kuri Televiziyo Rwanda.

Amafoto y’akanama Nkemurampaka kagizwe n’abantu batanu bagiye kwemeza Miss Rwanda


1.Ingabire Egidie Bibio [Ni we ukuriye akanama]


2.Judge Marcel Ntazinda


3.Dr. Jean Pierre Higiro


4.Fiona Muthoni Ntarindwa


5.Irizabimbuto Fidele


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...