Dr. Biruta yaganiriye n'Umuyobozi Mukuru w'Umutekano Rusange w'Ubwami bwa Yorodaniya

Amakuru ku Rwanda - 06/08/2026 6:35 AM
Share:

Umwanditsi:

Dr. Biruta yaganiriye n'Umuyobozi Mukuru w'Umutekano Rusange w'Ubwami bwa Yorodaniya

Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta, yagiranye ibiganiro n'Umuyobozi Mukuru w'Umutekano Rusange w'Ubwami bwa Yorodaniya, Maj. Gen. Obeidallah Abedrabbuh Maaitah, byibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y'ibihugu byombi mu rwego rw'umutekano, kongerera ubushobozi inzego zibishinzwe no gusangizanya ubunararibonye.

Ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 5 Kanama 2026, ku cyicaro cya Minisiteri y'Umutekano mu Gihugu i Kigali, mu ruzinduko rw'ubusabane Maj. Gen. Maaitah yagiriye mu Rwanda ari kumwe n'intumwa ayoboye.

Nk'uko tubikesha Polisi y'u Rwanda, Dr. Biruta yavuze ko u Rwanda na Yorodaniya bisanzwe bifitanye umubano mwiza, by'umwihariko mu rwego rw'umutekano, kandi ko impande zombi ziyemeje kuwushimangira no kuwagura.

Yagize ati: "Twemeranyije gushimangira ubufatanye bwacu no kwagura ibyo tuzakora, birimo kongerera ubushobozi inzego z'umutekano ndetse n'ibindi by'ingenzi. Twanasanze ari ngombwa kwihutisha isinywa ry'amasezerano y'ubufatanye mu by'umutekano na serivisi zijyanye na wo, tukaba twizeye ko azasinywa mu Kwakira 2026."

Yakomeje avuga ko uru ruzinduko ruzarushaho gukomeza umubano hagati y'ibihugu byombi no guteza imbere ubufatanye mu kubungabunga umutekano n'ituze rusange.

Ku ruhande rwa Yorodaniya, Maj. Gen. Obeidallah Abedrabbuh Maaitah yashimiye Guverinoma y'u Rwanda uburyo yakiriwe ndetse anashima intambwe igihugu kimaze gutera mu kubaka inzego z'umutekano.

Yavuze ko we n'intumwa ayoboye bungukiye byinshi mu ruzinduko bagiriye ku Cyicaro Gikuru cya Polisi y'u Rwanda, mu mashuri atangirwamo amahugurwa y'abapolisi no mu bindi bigo basuye.


Yagize ati: "Gusangizanya ubumenyi n'ubunararibonye ni ingenzi mu gushimangira ubufatanye, guteza imbere udushya no kongera ubushobozi bw'inzego zacu, bikagirira akamaro ibihugu byombi."

Maj. Gen. Maaitah yongeye gushimangira ubushake bwa Yorodaniya bwo gukomeza gukorana n'u Rwanda binyuze mu gusangizanya ubumenyi, ubunararibonye no guteza imbere imikoranire y'inzego z'umutekano.

Yanashimye gahunda yo kuzasinya amasezerano mashya y'ubufatanye mu by'umutekano, avuga ko azarushaho gushimangira imikoranire hagati y'inzego z'umutekano z'ibihugu byombi.

U Rwanda na Yorodaniya bikomeje gushyira mu bikorwa amasezerano y'ubufatanye yasinywe hagati ya Polisi y'u Rwanda n'Urwego rushinzwe Umutekano Rusange mu Bwami bwa Yorodaniya ku wa 2 Nzeri 2024, agamije guteza imbere ubufatanye mu kubungabunga umutekano no kongerera ubushobozi inzego zombi.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...