Dore ubwoko 6 bw’imiti ishobora kukwica gahoro gahoro

Ubuzima - 23/04/2018 3:55 PM
Share:

Umwanditsi:

Dore ubwoko 6 bw’imiti ishobora kukwica gahoro gahoro

Burya imiti yose nubwo ivura ariko iba inafite izindi ngaruka zihishe inyuma yo kuvura indwara imwe, bivuze ko hari ubwo umuti ushobora kukuvura indwara imwe ariko ukaba watuma urwara n’izindi zidahita zigaragara ako kanya

Amakuru dukesha umwarimu Henri Joyeux, avuga ko hari ubwo umubiri w’umuntu ushobora kwirwanaho ukarwanya ibishaka kuwuca intege nta bundi bufasha buturutse hanze bubayeho, gusa nanone hari imiti ndetse n’inkingo zihabwa abana zishobora gutera ingaruka zitandukanye ku buzima.

Urukingo rw’indwara ya Rubeole: uru rukingo ngo nubwo hari ibyo r.urinda bikomeye ariko ngo rushobora gutera ibibazo bitandukanye ku bwonko bw’umwana

 Urukingo rw’indwara ya varicelle cyangwa ibihara: uru rukingo narwo ngo rufite zimwe mu ngaruka mbi kuko muri raporo y’umuryango w’abibumbye wita ku

bavuga ko uru rukingo rushobora gutera indwara z’umwijima, n’izindi zitandukanye

Imiti ya antibiotique: ubushakashatsi bw’abahanga bo mu bufaransa bwakozwe mu mwaka ushize wa 2017 bwasanze gufata imiti ya antibiotique bishobora kwangiza amara, bigatuma umuntu ashobora kugira isesemi ihoraho ndetse ngo byangiza zimwe muri bacteria nziza ziba mu mubiri w’umuntu

Urukingo rwa kanseri y’inkondo y’umura: kanseri y’inkondo y’umura iterwa n’agakoko kitwa papiloma virus kakaba bibanda kuri nyababyeyi y’igitsina gore maze kakahangiza bikomeye, amakuru dukesha raporo yakozwe n’umunyamakuru w’umushakashatsi Heidi Stevenson, ivuga ko urukingo rw’iyi kanseri rurimo ibishobora kwangiza imwe mu myanya myibarukiro y’umugore

Src: santepubliquefrance.fr


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...