Mu
ijambo yagejeje ku bitabiriye ibi birori byabereye muri White House ku wa 18
Gashyantare 2026, Trump yagaragaje urukundo n’icyubahiro afitiye Minaj, amwita
“mwiza cyane” ndetse anashimangira ko asobanukiwe politiki.
Yagize
ati: “Tuvuge kuri Nicki Minaj se? Turamukunda? Njye ndamukunda. Yari hano mu
byumweru bibiri bishize. Ni mwiza cyane. Namubwiye nti ‘Nicki, uri mwiza
cyane.’”
Yakomeje
agaruka ku nzara ndende za Minaj, avuga ko yamubajije niba ari ize bwite, ariko
undi ntiyifuze kubisobanuraho. Trump yongeyeho ko icy’ingenzi ari uko Minaj
“abyumva” mu bya politiki.
Ku
wa 16 Gashyantare 2026, ubwo Amerika yizihizaga ‘President’s Day’ umunsi
wizihizwa buri mwaka ku wa gatatu w’icyumweru cya kabiri cya Gashyantare,
ugamije guha icyubahiro abakuru b’igihugu b’abanyamerika, cyane cyane George
Washington na Abraham Lincoln; Nicki Minaj yasangije abamukurikira ku mbuga
nkoranyambaga ifoto yakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga rya AI, imugaragaza
ari kumwe na Trump mu modoka ya cabriolet, bari kubara amafaranga.
Iyi
foto yongeye kuzamura impaka ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bayifata
nk’ikimenyetso cy’urukundo rudasanzwe Minaj afitiye Trump, abandi bayibonamo
uburyo bwo gukomeza kugaragaza aho ahagaze muri politiki.
Muri
uwo munsi nyine, Minaj yanitabiriye inama ya World Liberty Forum ishyigikiwe na
Trump, aho yari umwe mu batumiwe nk’abatanga ibiganiro by’ingenzi ku kiganiro
cyiswe “Owning the Culture: The Business of Music in a Creator-Led Economy.”
Iyi
nama yagaragayemo abantu batandukanye bo mu nzego za politiki n’ubucuruzi,
igamije kugaragaza uruhare rw’abahanzi n’abaremye ibihangano mu bukungu
buyobowe n’abahanzi ubwabo.
Nicki
Minaj yahuriye bwa mbere na Trump mu nama yabereye i Washington muri Mutarama
2026, aho yahagaze iruhande rwe maze atangaza ko ari “umufana wa mbere wa
Perezida.”
Yagize
ati: “Birashoboka ko ndi umufana wa mbere wa Perezida. Kandi ibyo
ntibizahinduka. Ibyo abantu bavuga ntibingiraho ingaruka. Ahubwo bintera
imbaraga zo kumushyigikira kurushaho.”
Yakomeje
avuga ko atazemera ko Trump “atotezwa” cyangwa akorerwa ubukangurambaga bwo
kumusebya, ashimangira ko afite imbaraga nyinshi zimushyigikiye kandi ko “Imana
imurinda.”
Mu
kiganiro aherutse kugirana n’umunyamakuru Katie Miller, Minaj yavuze ko uburyo
Trump yakomeje kunengwa ari bwo bwatumye arushaho kumushyigikira ku mugaragaro.
Yagize
ati: “Ubwisanzure mu myemerere y’idini ni ingenzi kuri njye. Ariko niba ndi
inyangamugayo, ni uburyo Perezida Trump yakomeje gufatwa nabi inshuro nyinshi.
Sinashoboye kubyihanganira.”
Mu
mezi ashize, Nicki Minaj yakomeje kugaragaza ko adatinya kuvuga aho ahagaze
muri politiki, n’ubwo ibyo byagiye bitera impaka n’ukutavugwaho rumwe mu
bakunzi b’umuziki.
Uko
bigaragara, umubano we na Trump ukomeje gukomera, ibintu bishobora gukomeza
gukurura impaka haba mu ruhando rwa politiki no mu myidagaduro.

Nicki
Minaj yongeye kugaragara mu ruhando rwa politiki, aho Perezida Donald Trump yamushimye
ku mugaragaro mu birori bya Black History Month, amubwira ko ari ‘mwiza cyane’
kandi ashimangira ko asobanukiwe politiki
