Donald Trump avuga ko Amerika “izava” muri Irani mu
“byumweru bibiri cyangwa bitatu” igihe izaba izi neza ko ubutegetsi bwa Irani
buzamara “imyaka” budashobora gukora igisasu kirimbuzi cya nikleyeri.
Mu kiganiro n’abanyamakuru mu cyumba cyitwa Oval
Office cyo mu biro bye White House, Trump yavuze ko Irani irimo “kwingingira
kugera ku masezerano” ariko ko niba ibyo bizabaho cyangwa bitazabaho “nta cyo
bivuze”
Yavuze ko Amerika “izava muri Irani vuba aha cyane”
kandi ko igikorwa cy’ingabo z’Amerika muri Irani gishobora kurangira mu
“byumweru bibiri cyangwa bitatu”.
Mbere yaho, Perezida wa Irani Masoud Pezeshkian
yavuze ko igihugu cye gifite bucyenewe bwo kurangiza intambara, ko icyangombwa
gusa ari uko abanzi bayo bizeza ko intambara itazongera kubyuka.
Trump yavuze ko Amerika yageze ku ntego yari yihaye mbere yuko ibitero byo mu kirere kuri Irani bitangira mu mpera y’ukwezi kwa Gashyantare (2) uyu mwaka, ifatanyije na Israel.
Avuga ko intego nkuru yo
kugabanya ubushobozi bwa Irani bwo kugira intwaro kirimbuzi ya nikleyeri
yagezweho ndetse ko ubu Amerika “irimo kurangiza umurimo”.
Muri icyo kiganiro kandi, Trump yavuze ko ubu
Amerika yiganje mu kirere cya Irani ndetse ko yatumye habaho ihinduka
ry’ubutegetsi nyuma y’iyicwa ry’abategetsi bo hejuru muri politike no mu
gisirikare.
Avuga ko abayobozi bashya bariho i Tehran ari “abahezanguni
gacye cyane” ndetse ko bashyira mu gaciro kurushaho agereranyije n’abababanjirije.
Trump yongeyeho ko intambara ishobora kurangira nta
masezerano agezweho hagati y’impande zombi.
