Dolly Parton yasize indirimbo izasohoka mu 2046: Inkuru y’umurage w’umugore wahinduye amateka ya Country Music

Imyidagaduro - 26/08/2026 3:24 PM
Share:

Umwanditsi:

Dolly Parton yasize indirimbo izasohoka mu 2046: Inkuru y’umurage w’umugore wahinduye amateka ya Country Music

Mu gihe isi y’umuziki ikomeje kwibuka no kunamira Dolly Parton witabye Imana afite imyaka 80, hari kimwe mu bintu byongeye gutuma izina rye rikomeza kuvugwa no mu myaka iri imbere. Uyu muhanzikazi wamamaye ku rwego mpuzamahanga yasize yanditse kandi afata amajwi y’indirimbo yihariye itazumvwa n’abafana be kugeza mu mwaka wa 2046.


Ni inkuru isa n’iyavuye muri filime, ariko ni ukuri. Mu bubiko bwihariye buri muri Dollywood DreamMore Resort, ahantu hafitanye isano ya hafi n’ubuzima n’umurage wa Dolly Parton, harimo agasanduku k’imbaho gafunze neza karimo indirimbo yise “My Place in History”. Iyi ndirimbo yayanditse ayitekereza nk’ubutumwa bwa nyuma yagombaga gusigira isi.

Iyo sanduku ntabwo rizafungurwa mbere y’umwaka wa 2045, ubwo Dollywood izaba yizihiza imyaka 30 imaze ishinzwe. Nyuma yaho ni bwo iyi ndirimbo izashyirwa hanze ku mugaragaro, bivuze ko abafana bazategereza imyaka irenga 20 nyuma y’urupfu rw’uyu muhanzikazi kugira ngo bayumve.

Mu kiganiro Dolly Parton yatanze mu myaka yashize, yigeze kuvuga ko nawe atazi neza uwagize igitekerezo cyo gufungirana iyo ndirimbo igihe kirekire gutyo.

Yari yavuze ko yashyize iyo ndirimbo mu gasanduku hamwe na CD Player ndetse na Cassette Player kugira ngo abazafungura iyo vault bazashobore kuyumva uko yayisize.

Nubwo icyo gitekerezo cyamusekeje, yanagaragaje impungenge z’uko iyo ndirimbo ishobora kuzangirika mbere y’uko igihe cyo kuyifungura kigera.

Yagize ati: "Sinzi uwagize icyo gitekerezo rwose. Nta n’ubwo bari biteze ko nzaba nkiriho icyo gihe. Ahari nzaba nkiriho cyangwa se nzaba ntakiriho. Ikintu kinteye impungenge ni uko ishobora kuzabora cyangwa ikangirika ku buryo nta muntu uzigera ayumva."

Aya magambo yagarutse cyane nyuma y’itangazwa ry’urupfu rwe, kuko yerekana uburyo yari azi neza ko umurage we uzakomera no mu gihe azaba atakiri ku Isi.

Dolly Parton yitabye Imana ku wa 25 Kanama 2026, amakuru yemezwa n’umuryango we ndetse n’itsinda ryari rimufasha mu bikorwa bye bya buri munsi.

Umwishywa we Bryan Seaver ni umwe mu batangaje aya makuru, agaragaza ko nubwo umuryango wababajwe no kubura umuntu wari inkingi ikomeye, bishimira ubuzima budasanzwe yabayeho.

Yagize ati: "Ni icyubahiro kuvuga kuri Dolly muri aka kanya. Twuzuye ishema ariko kandi twuzuye agahinda. Icyakora agahinda ni akacu, si ake."

Abamukurikiraga hafi bavuga ko yari amaze igihe gito ahanganye n’uburwayi bwa kanseri. Mu kiganiro cye cya nyuma cyatanzwe mbere y’iminsi mike ngo yitabe Imana, yari yatangaje ko afite ibibazo by’ubuzima byatumye anasubika imwe mu gahunda yari afite muri pariki ye ya Dollywood.

Yavugaga ko kimwe mu byatumye ubuzima bwe buhungabana ari uko yari yarahugiye mu kwita ku mugabo we Carl Thomas Dean witabye Imana muri Werurwe 2025 afite imyaka 82.

Umukobwa wakuriye mu bukene ahinduka icyamamare ku Isi

Inkuru ya Dolly Parton ni imwe mu nkuru zitanga isomo rikomeye ku muntu wese urota kugera kure.

Yavukiye mu muryango ukennye cyane muri Tennessee, aba umwana wa kane mu bana 12. Yakuriye mu nzu nto y’icyumba kimwe, aho ubuzima bwari bugoye ariko inzozi ze zikaba nini.

Indirimbo ye yamenyekanye cyane yitwa “Coat of Many Colors” yayanditse yibuka uburyo nyina yamudoderaga imyenda avanze ibitambaro bitandukanye kuko nta bushobozi bwo kugura indi yari afite.

Yatangiye kuririmba mu rusengero, aza kujya agaragara kuri televiziyo zo mu gace yavukiyemo afite imyaka 10 gusa. Ku myaka 13 yari amaze no gusohora indirimbo ze za mbere ndetse anahabwa amahirwe yo kuririmba muri Grand Ole Opry, kimwe mu bibuga by’ingenzi mu muziki wa Country Music.

Nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye mu 1964, yimukiye i Nashville, umujyi ufatwa nk’umurwa mukuru wa Country Music, aho yatangiriye urugendo rwamuhinduriye ubuzima.

Mu myaka isaga irindwi y’uduce tw’ibihe (seven decades) yamaze mu muziki, Dolly Parton yabaye umwe mu bahanzi bakoze amateka akomeye kurusha abandi muri Amerika.

Yanditse kandi aririmba indirimbo zakunzwe cyane zirimo “Jolene”, “I Will Always Love You”, “9 to 5”, “Coat of Many Colors” n’izindi nyinshi.

Abahanga mu muziki bavuga ko kimwe mu bitangaza bye ari uko yanditse “Jolene” na “I Will Always Love You” ku munsi umwe, nyamara zombi zikaba zarahindutse zimwe mu ndirimbo zikomeye kurusha izindi mu mateka ya muzika.

“I Will Always Love You” yaje kwamamara kurushaho nyuma yo kongera kuririmbwa na Whitney Hoston muri filime The Bodyguard, iba imwe mu ndirimbo zagurishijwe cyane kurusha izindi zose z’umuhanzikazi mu mateka.

Dolly Parton yanaciye agahigo ko kugira indirimbo nyinshi zabaye iza mbere ku rutonde rwa Country Music muri Amerika ndetse aba umugore wamaze igihe kirekire kurusha abandi afite album ziza ku mwanya wa mbere.

Ntabwo yari umuhanzi gusa

Nubwo benshi bamwibukira ku ndirimbo ze, Dolly Parton yari n’umugiraneza udasanzwe.

Yashoye amafaranga menshi mu burezi, cyane cyane binyuze muri gahunda ya Imagination Library yafashije abana babarirwa muri za miliyoni kubona ibitabo byo gusoma ku buntu.

Yanagize uruhare mu gutera inkunga ubushakashatsi bwafashije mu iterambere ry’inkingo za Covid-19 ndetse afasha ibikorwa byinshi by’abatishoboye muri Amerika no hanze yayo.

Ibi byatumye afatwa nk’umwe mu bantu bafite umutima mwiza kandi bakunzwe cyane mu ruganda rw’imyidagaduro.

Mu gihe abakunzi ba Dolly Parton bakomeje kwibuka indirimbo ze zakomeje guhindura ubuzima bwa benshi, hari amatsiko menshi ku ndirimbo “My Place in History” yasize ifunze mu bubiko.

Abenshi bibaza ubutumwa buzaba buri muri iyo ndirimbo, amagambo azaba ayigize ndetse n’icyo yashakaga gusigira isi nk’ijambo rye rya nyuma.

Icyakora ikizwi ni uko n’iyo yaba atakiriho, ijwi rya Dolly Parton rizongera kumvikana ku Isi mu mwaka wa 2046, imyaka 20 nyuma y’urupfu rwe.

Ni ikimenyetso gikomeye cy’uko bamwe mu bahanzi batava mu mitima y’ababakunda. Bavuye ku Isi, ariko umurage wabo ugakomeza kubaho.

Kuri Dolly Parton, amateka ye ntiyarangiranye n’umunsi yitabye Imana. Hari indi ndirimbo imwe isi igitegereje, kandi ishobora kuzaba ari yo butumwa bwa nyuma bw’umwe mu bagore bakoze amateka akomeye kurusha abandi mu muziki wa Country Music



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...