Dj Toxxyk yakatiwe umwaka n’igice usimbura igihano yari yarahawe n’urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge

Imyidagaduro - 22/05/2026 3:10 PM
Share:

Umwanditsi:

Dj Toxxyk yakatiwe umwaka n’igice usimbura igihano yari yarahawe n’urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwafashe umwanzuro ku rubanza ruregwamo Shema Arnaud de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk, rumukatira igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse n’ihazabu ingana na 1.050.000 Frw, nyuma yo kumuhamya ibyaha byose yari akurikiranyweho.

Ibyaha byamuhamye birimo ubwicanyi budaturutse ku bushake, ibikorwa bifitanye isano n’ibiyobyabwenge, guhunga nyuma yo gukora impanuka, ndetse no kwanga gupimwa niba yari yanyoye ibisindisha.

Ibi byose bifitanye isano n’impanuka yabaye mu rukerera rwa tariki ya 20 Ukuboza 2025 mu Karere ka Nyarugenge, yahitanye ubuzima bw’umupolisi wari uri mu kazi. Mu iperereza ryakurikiyeho, urugo rwa DJ Toxxyk rwaje no gusangwamo urumogi.

Nubwo yari akwiye guhanishwa igifungo kirimo imyaka ine n’amezi atandatu, nk’uko urukiko rwabisobanuye, igihano cyaragabanyijwe bitewe n’uko yemeye ibyaha byose ndetse agasaba imbabazi, kandi bikaba byari ubwa mbere agaragaye mu byaha.

Mbere y’iki cyemezo, Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwari rwamukatiye gukora imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atatu, isubitswe mu mezi atandatu, ndetse no gutanga ihazabu ya 1.050.000 Frw. Icyo cyemezo cyatumye arekurwa by’agateganyo, ariko Ubushinjacyaha ntibwacyishimiye.

Mu bujurire bwabaye tariki ya 15 Gicurasi 2026, Ubushinjacyaha bwagaragaje ko igihano cyari cyatanzwe n’urukiko rw’ibanze kidakwiye ugereranyije n’uburemere bw’ibyaha n’ingaruka zabyo, cyane cyane kuba haratakaye ubuzima bw’umupolisi wari uri mu kazi.

Bwasobanuye ko igihano kigomba kuba gifite intego yo guhana, kwigisha no gukumira abandi, ariko ko ibyari byatanzwe bitari kugera kuri izo ntego. Bwanagaragaje ko urukiko rw’ibanze rutubahirije ibiteganywa n’ingingo ya 49 y’itegeko rigena uko ibihano bitangwa, isaba ko harebwa uburemere bw’icyaha, ingaruka zacyo n’impamvu zagiteye.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko DJ Toxxyk yakatirwa igifungo cy’imyaka itanu ndetse agatanga ihazabu ya 2.210.000 Frw.

Ku ruhande rwe, DJ Toxxyk yemeye amakosa yakoze, agaragaza ko yicuza, anasaba imbabazi, ndetse avuga ko icyemezo cyari cyafashwe n’urukiko rw’ibanze yari abona gihwanye n’ibyo yakoze.

Icyakora, urukiko rwisumbuye rwanzuye rumuhamya ibyaha byose, rumuha igihano cy’igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse n’ihazabu ya 1.050.000 Frw, rushingiye ku mpamvu zirimo ukwemera ibyaha no kuba yari atarigeze akatirwa mbere.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...