DJ Spinny yimuriye igitaramo cye i Gahanga, ateguza umuhanzi ukomeye

Imyidagaduro - 06/06/2026 8:57 AM
Share:

Umwanditsi:

DJ Spinny yimuriye igitaramo cye i Gahanga, ateguza umuhanzi ukomeye

Umuhanga mu kuvanga imiziki, Joseph Kalisa wamamaye nka DJ Spinny, yatangaje ko igitaramo cye ngarukamwaka cya “Spinny and Friends” cyari giteganyijwe kuba tariki 8 Kanama 2026, cyimuriwe tariki 18 Nyakanga 2026 ndetse kikazabera ku kibuga cya Cricket giherereye i Gahanga.

Ibi byatangajwe binyuze mu itangazo ryashyizwe hanze na Spinny Events, risobanura ko impinduka zakozwe mu rwego rwo gutegura igikorwa kinini kizahuza imyidagaduro itandukanye ndetse kigatanga uburambe bwihariye ku bazacyitabira.

Abategura iki gitaramo bavuga ko bahisemo kukimurira ahagutse kandi hashobora kwakira neza umubare munini w’abakunzi b’umuziki bitezwe kuzacyitabira baturutse mu Rwanda no hanze yarwo.

Muri iri tangazo, banagaragaje ko hari umuhanzi ukomeye uzitabira iki gitaramo ariko amazina ye akaba ataratangazwa kugeza ubu.

Bagize bati: “Nyuma y'igitaramo cya mbere cyagenze neza kikitabirwa n'abantu benshi bo mu Rwanda no hanze yarwo, twafashe icyemezo cyo kubegera kurushaho no kugikorera ahantu hagutse hashobora kwakira neza abakunzi ba Spinny & Friends, tukabaha uburyohe butazibagirana.”

Iki gitaramo kigiye kuba ku nshuro ya kabiri, nyuma y’icyabaye mu 2025 ubwo DJ Spinny yizihizaga imyaka 10 yari amaze mu ruganda rw’umuziki.

Icyo gihe ibikorwa byo kwizihiza uwo munsi byabereye muri Uganda no mu Rwanda, aho igitaramo cyo mu Rwanda cyabereye muri Zaria Court.

Abategura “Spinny and Friends 2026” batangaje ko kuri iyi nshuro batazibanda ku muziki gusa, ahubwo bazongeramo ibikorwa bitandukanye birimo siporo n’indi myidagaduro igamije gutuma abazacyitabira bagira uburambe bwagutse.

Muri ibyo bikorwa harimo no guha abazitabira amahirwe yo kurebera hamwe umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu ndetse n’umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026, mu rwego rwo guhuza siporo, umuziki n’ubusabane.

Abategura iki gitaramo bavuga ko kwimura itariki ndetse n’aho kizabera bigamije kurushaho kucyamamaza no gutuma cyitabirwa n’umubare munini w’abakunzi b’imyidagaduro, mu gihe Kigali ikomeje kwiyubaka nk’umujyi wakira ibikorwa bikomeye by’imyidagaduro ku rwego mpuzamahanga.


Dj Spinny yagaragaje ko bahisemo gukorera iki gitaramo i Gahanga mu rwego rwo kwagura ibikorwa byabo no gushyira mu bikorwa ubusabe bw’abafana

 

Dj Spinny avuga ko kuri iyi nshuro iki gitaramo kizahuzwa no kureba imikino y’Igikombe cy’Isi

Dj Spinny ari kumwe na Dj Etania ubwo bari bitabiriye imikino ya nyuma ya BAL



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...