Mu
Rwanda, ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa kuri internet (Cyberbullying cyangwa
Digital Violence) gikomeje gufata indi ntera. Uko bwije n’uko bukeye, abantu
batandukanye bagenda bagaragaza ko bibasiwe n’ababaharabika, babatuka,
babakwirakwizaho ibihuha cyangwa bakabahimbira inkuru zigamije kubatesha
agaciro.
Kayitesi
Sonia wamamaye nka DJ Sonia ni umwe mu biyongereye ku rutonde rw’abavuga ko
bamaze imyaka bashaka ubutabera nyuma yo guhohoterwa ku mbuga nkoranyambaga.
Abarimo
umuhanzi Yago Pon Dat, Uwase Muyango Claudine, Keza Tresiky n’abandi
tutarondora, mu bihe bitandukanye batatse gukwizwaho ibihuha.
Mu
ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 8 Nyakanga 2026, Sonia yanyujije ubutumwa
burebure ku rubuga rwa X agaragaza ko amaze imyaka itatu yitabaza inzego
zitandukanye asaba ubutabera, ariko kugeza ubu akaba atarabubona.
Yagize
ati: "Ndatabaza. Maze imyaka 3 nsaba ubutabera simbuhabwe. Birababaje
binateye agahinda kumara imyaka 3 wiruka mu nzego usaba ubutabera ariko
ntubuhabwe."
DJ
Sonia yavuze ko ikibazo cyatangiye muri Nyakanga 2023, ubwo yagezaga ikirego mu
Rwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), avuga ko hari agatsiko k’abantu kamutotezaga
ku mbuga nkoranyambaga, kakamusebya, kakamuhimbira inkuru ndetse kakamwangiriza
isura mu bantu.
Avuga
ko yahamagajwe inshuro zitandukanye agatanga ibisobanuro, ariko ngo aho kugira
ngo ikibazo gikemuke, bamwe mu bo yaregaga bakomeje kumenya ibyo yatanze mu
iperereza, bigatuma bakomeza kumwibasira.
Nyuma
yo kubona ikibazo gikomeza gukomera, DJ Sonia yavuze ko yageze aho yitabaza
Minisitiri ufite urubyiruko mu nshingano, asaba ubufasha kuko ngo
abamuhohoteraga bari bamaze no kumuteranya n’abakoresha be ndetse baninjirira
umuryango we.
Avuga
ko yasubijwe ko ikibazo cye kigomba gukurikiranwa n’inzego z'ubugenzacyaha,
bityo asubira muri RIB ku wa 26 Nyakanga 2025 ari kumwe n'umunyamategeko we, Me
Ibambe Paul.
Muri
icyo kirego cya kabiri, yavuze ko ihohoterwa ryari rimaze gufata indi ntera,
aho abantu batangiye kumwitirira indwara zidakira, guhimba ibiganiro (Chats),
kubikwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga ndetse bamwe bakamwoherereza abantu
bamusaba amafaranga ngo bahagarike kumusebya.
Yavuze
ko hari ibimenyetso n’abatangabuhamya yatangiye, ariko akavuga ko kugeza ubu
ikibazo cye kigikomeje.
Ikibazo kiri
gufata indi ntera ku Isi no mu Rwanda
Inkuru
ya DJ Sonia ije yiyongera ku z'abandi bantu bamaze igihe bavuga ko bahura
n’ihohoterwa rikorerwa kuri internet.
Ubushakashatsi
bwa Cyberbullying Research Center bugaragaza ko 58% by’abanyeshuri bafite
imyaka iri hagati ya 13 na 17 bamaze guhura n’ihohoterwa rikorerwa ku
ikoranabuhanga nibura rimwe mu buzima bwabo, mu gihe 33% bavuga ko baryibasiwe
mu kwezi kwabanje ubushakashatsi.
Raporo
zitandukanye zigaragaza ko hagati ya 30% na 58% by’urubyiruko ku Isi bahura
n’ihohoterwa ryo kuri internet. Akenshi ririmo gutukwa, gusebanywa,
gukwirakwizwa ibihuha, kwibasirwa kubera igitsina cyangwa ibitekerezo ndetse no
kwangizwa izina ku mbuga nkoranyambaga.
Ku
ruhande rw’abagore, raporo za UN Women zerekana ko 38% byabo bamaze guhura
n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina cyangwa irindi hohoterwa rikorerwa kuri
internet.
Muri
Afurika, ubushakashatsi bwakorewe muri Kenya, Uganda na Afurika y'Epfo
bugaragaza ko nibura 28% by’abagore babajijwe bavuga ko bahuye n’ihohoterwa
rikorerwa ku mbuga nkoranyambaga.
Abahanga
bavuga ko imbuga nka TikTok, Instagram, Snapchat na YouTube ari zo zigaragaramo
cyane ibikorwa byo gutuka, guharabika no gukwirakwiza amakuru y’ibihuha, cyane
cyane ku rubyiruko n’ibyamamare.
Abanyamakuru
n'ibyamamare bari mu bibasirwa cyane
Nubwo
buri wese ashobora guhura n’ihohoterwa ryo kuri internet, ubushakashatsi bwa
UNESCO bugaragaza ko 75% by’abagore bakora umwuga w’itangazamakuru bamaze
guhura n’ihohoterwa rikorerwa ku ikoranabuhanga.
Ibyamamare
na byo biri mu byibasirwa cyane bitewe n'uko ubuzima bwabyo bukurikirwa
n'abantu benshi. Kenshi usanga bahura no gusebanywa, gutukwa, gukwirakwizwaho
ibihuha cyangwa amakuru atizewe agamije kubangiriza izina.
Abahanga
mu buzima bwo mu mutwe bagaragaza ko iri hohoterwa rigira ingaruka zikomeye
zirimo kwiheba, guhangayika, gutinya gukoresha imbuga nkoranyambaga, kwigunga
ndetse rimwe na rimwe rikaba ryagira ingaruka ku kazi no ku mibanire.
Raporo
za UNICEF zigaragaza ko hari abana n’urubyiruko bagera kuri 20% bavuga ko
bigeze guhagarika kujya ku ishuri kubera ubwoba bw’ihohoterwa bakorerwaga kuri
internet.
Mu
kiganiro na InyaRwanda, Dj Sonia yavuze ko ibyamubayeho mu gihe cy’imyaka itatu
ishize, byatumye atekereza impamvu yahisemo akazi ko kuvanga imiziki kamusigiye
kumenyekana ku mbuga nkoranyambaga.
RIB: Abakora ibi
byaha baba babizi kandi barahanwa
Mu
kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo y'Igihugu ku wa 12 Nzeri 2024, Umuvugizi
wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yibukije abakoresha imbuga nkoranyambaga ko
ibikorwa byinshi bikorerwaho ari ibyaha bihanwa n'amategeko.
Yagize
ati: "Abo bantu bose bakoresha imbuga nkoranyambaga nabi baba bazi neza
100% ko ibyo bakora ari icyaha. Iyo babikora bihisha inyuma y'utuzina biyita
ariko barafatwa kandi bagahabwa ibihano bitewe n'ibyo bakoze."
Yavuze
ko ibyaha birimo gukwirakwiza ibihuha, kwiyitirira umwirondoro w’undi, gukoresha
imvugo zibiba urwango, gukwirakwiza ibikorwa by’urukozasoni cyangwa ibindi
bikorwa bica amategeko bifite ibihano bishobora kugera ku gifungo kiri hagati
y'imyaka itanu n'icumi bitewe n'uburemere bw'icyaha.
Yanashimangiye
ko abakoresha imbuga nkoranyambaga bafite inshingano zo kubaha uburenganzira
bw’abandi no gushungura ibyo batangaza aho gukurikirana inyungu cyangwa
kwamamara.
Ingamba zirakazwa
Mu
rwego rwo kugabanya ihohoterwa rikorerwa kuri internet, Guverinoma y'u Rwanda
yakomeje gushyiraho ingamba zitandukanye zirimo kuvugurura amategeko ajyanye
n'ikoranabuhanga ndetse no gushyira imbaraga mu kurinda abana gukoresha nabi
imbuga nkoranyambaga.
Hari
kandi gahunda zigamije kugabanya ikoreshwa ry’imbuga zimwe na zimwe ku bana
batarageza ku myaka 16, mu gihe abantu bose bahohoterwa basabwa kwihutira
gutanga ibirego mu nzego zibishinzwe kugira ngo ababigizemo uruhare
bakurikiranwe.
Mu
gihe imibare mpuzamahanga ikomeje kugaragaza ko abarenga kimwe cya kabiri
cy’abakoresha internet bavuga ko bamaze guhura n’itotezwa, itukwa cyangwa
guharabikwa ku mbuga nkoranyambaga, ubuhamya bwa DJ Sonia bugaragaza ko iki
kibazo na cyo gikomeje kwigaragaza mu Rwanda.
Ni
ikibazo kidakwiye gufatwa nk’amagambo yo ku mbuga gusa, ahubwo ni imwe mu
mbogamizi zikomeje kugira ingaruka ku buzima bwo mu mutwe, ku kazi no ku
mibereho y’abantu, bityo kikaba gisaba ubufatanye bw’inzego zose, abakoresha
imbuga nkoranyambaga n’abaturage muri rusange kugira ngo internet ibe ahantu
hatekanye kuri buri wese.

Dj Sonia yatangaje ko amaze imyaka 3 ashaka ubutabera ariko ntabuhabwe. Yavuze ko yatanguwe no kubona abantu yareze muri RIB, bamwigambaho
